Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Incamake Ya Raporo Y’U Rwanda Ku Ruhare Rw’U Bufaransa Muri Jenoside Yakorewe Abatutsi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Kwibuka27

Incamake Ya Raporo Y’U Rwanda Ku Ruhare Rw’U Bufaransa Muri Jenoside Yakorewe Abatutsi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 April 2021 3:04 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Raporo yatangajwe kuri uyu wa Mbere ku ruhare rwa Leta y’u Bufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi yanzuye ko u Bufaransa bwayigizemo uruhare rufatika(significant) kuko rwateye ingabo mu bitugu Guverinoma yateguye ikanashyira mu bikorwa iriya Jenoside.

Ibiro ntaramakuru by’Abanyamerika( Associated Press) byabonye iyi raporo bivuga ko iriya raporo yanzura ivuga ko Leta y’u Bufaransa yateye ingabo mu bitugu(enabling) Guverinoma yateguraga Jenoside mu Rwanda kandi ko byagaragaraga(foreseeable) ko icyari kuzaba ari Jenoside.

Raporo yasohotse kuri uyu wa Mbere tariki 19, Mata, 2021 ifite paje 600.

Ivuga ko u Bufaransa ntacyo bwakoze ngo buhagarike ubwicanyi bwakorerwaga Abatutsi guhera muri Mata kugeza muri Gicurasi, 1994 kandi ko kuva icyo gihe bwakoze uko bushoboye kugira ngo buhishe kandi bukingire ikibaba abayigizemo uruhare.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere nibwo iriya raporo yagejejwe ku Nama y’Abaminisitiri mu Rwanda.

Bimwe mu bika byayo, byerekana mu buryo bwumvikana ko mbere y’uko Jenoside nyirizina itangira, ubutegetsi bwa François Mitterand bwari buzi kandi bubona neza ko hari Jenoside iri gutegurwa.

Ibi ngo ntibyabubujije gukomeza gutera inkunga iriya Leta.

Abanditse iriya raporo hari aho  bagize bati: “ Guverinoma y’u Bufaransa yabonaga kandi mu buryo budasubirwaho ko hari Jenoside yategurwaga.”

Muri rusange hari ikizere ko ziriya raporo zishobora kuba intandaro y’umubano mwiza hagati y’u Rwanda n’u Bufaransa.

- Advertisement -

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda Dr Vincent Biruta yabwiye AP  ko kuba ziriya raporo zisohotse ari ikintu kiza gishobora guha ibihugu byombi uburyo bwo ‘guhindura umubano ukarushaho’ kuba mwiza.

Jenoside yakorewe Abatutsi yemewe na UN

Raporo y’u Rwanda yakozwe n’ikigo kigenga kitwa Levy Firestone Muse kiri i Washington.

Yatangiye gukorwa muri 2017, ikorwa binyuze mu kumva ubuhamya bw’abantu ku giti cyabo, abahoze bakora n’abagikora muri Guverinoma z’u Bufaransa cyangwa iz’u Rwanda, abahanga muri za Kaminuza, filimi mbara nkuru, inyandiko z’intiti n’izatangajwe mu binyamakuru.

Humviswe kandi abatangabuhamya 250.

Mu myaka yabanjirije Jenoside nyirizina, iriya raporo ivuga ko Guverinoma y’u Bufaransa yatoje, iha intwaro Interahamwe, igira n’inama za gisirikare ubutegetsi bwa Habyarimana n’ibindi.

Ibi ngo byateye akanyabugabo abategetsi bo muri iriya Guverinoma babona ko kwanga Umututsi, kumwambura ubumuntu no kumwica ari cyo cyari gikwiye.

Ubwo Jenoside yari itangiye ndetse igeze kure ni ukuvuga hagati ya Mata na Gicurasi, 1994, abategetsi b’u Bufaransa ntibigeze babuza ab’u Rwanda kuyikora.

Opération Turquoise yaje ikererewe kuko yaje tariki 22, Kamena, 1994, hakaba hari hasigaye Abatutsi bake, abandi barishwe.

Ku rundi ruhande, abanditse buriya bushakashatsi bavuga ko batabonye icyemeza ko hari ‘abategetsi b’u Bufaransa ubwabo’ bagize uruhare muri Jenoside.

Basanze kandi u Bufaransa bwaranze nkana kwemera uruhare urwo ari rwo rwose muri iriya Jenoside, ubu hakaba hashize imyaka 27.

Ikindi basanze cyerekana ko u Bufaransa bwagize uruhare rufatika(significant) muri iriya Jenoside n’ uko bwashyize imbaraga nke mu gukurikirana, gufata no kuburanisha abayigizemo uruhare.

Kuri iki hiyongeraho ko u Rwanda rwasabye kenshi u Bufaransa kwemerera abahanga kugera ku nyandiko zivuga k’umubano wabwo na Guverinoma ya Habyarimana ariko bukavunira ibiti mu matwi.

TAGGED:AbatutsifeaturedJenosideRaporo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rwatangaje Raporo Y’Uruhare Rw’U Bufaransa Muri Jenoside Yakorewe Abatutsi
Next Article MTN Rwanda Igiye Kwinjira Ku Isoko Ry’Imari n’Imigabane
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?