Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Indege Ya Rwandair Yakiranywe Yombi Igeze i Paris
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Indege Ya Rwandair Yakiranywe Yombi Igeze i Paris

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 June 2023 1:25 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abanyarwanda n’inshuti zabo baba mu Bufaransa bazindukiye ku kibuga Charles de Gaulle kwakira indege ya Rwandair yari ihageze bwa mbere.

Umwe mu baje kuyakira n’ Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’ibihugu bivuga Igifaransa, Louise Mushikiwabo.

Yanditse kuri Twitter ko ari ibintu abantu bari bishimiye.

Iyi ndege yageze i Paris saa tatu za mu gitondo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ni indege ya Airbus A330-300 yiswe Umurage ikaba indege nini kandi iri muzigezweho niyo yakoze uru rugendo rwa mbere ruhuza Kigali na Paris nta handi hantu yigeze inyura..

Mushikiwabo yanditse ati: “Nagira ngo mbasangize ibyishimo byo kwakira ya nyoni yacu isesekaye mu Bufaransa bwa mbere mu mateka, ubu irimo guparika ku kibuga cy’indege mpuzamahanga Roissy Charles de Gaulle! Nka passagère régulière wa @FlyRwandAir nifurije ikaze yihariye UMURAGE!!”

Uru rugendo rwashimishije abacuruzi benshi.

Abacuruzi n’abikorera mu bihugu byombi bavugaga ko igiciro cy’ingendo cyari kiri hejuru ubu kigiye kugabanuka kuko batazajya batega kabiri.

Ikindi bagaragazaga nk’imbogamizi kigiye gukemuka ni ukwangirika kw’ ibicuruzwa kubera urugendo rurerure rwaterwaga no guhagarara ku indege ku bibuga bitandukanye.

- Advertisement -

Urugendo rwa Rwandair rwafunguye amarembo ahuza Kigali n’Ubufaransa ndetse n’ibindi bihugu byo mu karere ibi bihugu byombi biherereyemo.

U Bufaransa  n’ibihugu bikoresha Igifaransa bihuriye mu muryango witwa Organisation Internationale de la Francophonie, OIF’, bigira uruhare rungana na  20% ry’isoko ry’ubucuruzi ku isi.

Ubusanzwe Rwandair ikora ingendo ebyiri z’imbere mu gihugu ndetse na 24 mpuzamahanga zerekeza mu byerekezo bitandukanye ku Isi.

Ku mugabane w’Uburayi ijya Brussels mu Bubiligi n’i Londres mu Bwongereza.

Urugendo rw’i Paris ruje ari urwa gatatu mu Burayi, rukaba urwa 25 mu ngendo zose Rwandair ikorera hanze y’u Rwanda.

TAGGED:featuredIndegeMushikiwaboRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umunyarwanda Ukekwaho Jenoside Mu Bufaransa Yasabiwe Gufungwa Burundu
Next Article Perezida Wa Tunisia Yongeye Kwanga Ko Abirabura Binjira Mu Gihugu Cye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?