Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Indege Ya Rwandair Yakiranywe Yombi Igeze i Paris
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Indege Ya Rwandair Yakiranywe Yombi Igeze i Paris

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 June 2023 1:25 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abanyarwanda n’inshuti zabo baba mu Bufaransa bazindukiye ku kibuga Charles de Gaulle kwakira indege ya Rwandair yari ihageze bwa mbere.

Umwe mu baje kuyakira n’ Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’ibihugu bivuga Igifaransa, Louise Mushikiwabo.

Yanditse kuri Twitter ko ari ibintu abantu bari bishimiye.

Iyi ndege yageze i Paris saa tatu za mu gitondo.

Ni indege ya Airbus A330-300 yiswe Umurage ikaba indege nini kandi iri muzigezweho niyo yakoze uru rugendo rwa mbere ruhuza Kigali na Paris nta handi hantu yigeze inyura..

Mushikiwabo yanditse ati: “Nagira ngo mbasangize ibyishimo byo kwakira ya nyoni yacu isesekaye mu Bufaransa bwa mbere mu mateka, ubu irimo guparika ku kibuga cy’indege mpuzamahanga Roissy Charles de Gaulle! Nka passagère régulière wa @FlyRwandAir nifurije ikaze yihariye UMURAGE!!”

Uru rugendo rwashimishije abacuruzi benshi.

Abacuruzi n’abikorera mu bihugu byombi bavugaga ko igiciro cy’ingendo cyari kiri hejuru ubu kigiye kugabanuka kuko batazajya batega kabiri.

Ikindi bagaragazaga nk’imbogamizi kigiye gukemuka ni ukwangirika kw’ ibicuruzwa kubera urugendo rurerure rwaterwaga no guhagarara ku indege ku bibuga bitandukanye.

Urugendo rwa Rwandair rwafunguye amarembo ahuza Kigali n’Ubufaransa ndetse n’ibindi bihugu byo mu karere ibi bihugu byombi biherereyemo.

U Bufaransa  n’ibihugu bikoresha Igifaransa bihuriye mu muryango witwa Organisation Internationale de la Francophonie, OIF’, bigira uruhare rungana na  20% ry’isoko ry’ubucuruzi ku isi.

Ubusanzwe Rwandair ikora ingendo ebyiri z’imbere mu gihugu ndetse na 24 mpuzamahanga zerekeza mu byerekezo bitandukanye ku Isi.

Ku mugabane w’Uburayi ijya Brussels mu Bubiligi n’i Londres mu Bwongereza.

Urugendo rw’i Paris ruje ari urwa gatatu mu Burayi, rukaba urwa 25 mu ngendo zose Rwandair ikorera hanze y’u Rwanda.

TAGGED:featuredIndegeMushikiwaboRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umunyarwanda Ukekwaho Jenoside Mu Bufaransa Yasabiwe Gufungwa Burundu
Next Article Perezida Wa Tunisia Yongeye Kwanga Ko Abirabura Binjira Mu Gihugu Cye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nick Ngendahayo Ari Gutegura Igitaramo Kirangiza Umwaka Kizabera I Kigali 

Perezida Wa Madagascar Yuhunze Igihugu 

Netanyahu Ati: ‘Abanzi Bacu Bamenye Ko Tutujya Twibagirwa’

U Rwanda Rugiye Kubaka Icyanya Cy’Inganda Kizatunganya Impu

Inzitizi Abo Muri DRC Babona Mu Kwambura FDLR Intwaro

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ingingo Z’Ingutu Zitegereje Trump Mu Kumvikanisha Hamas Na Israel 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Abakozi Ba RBC Bafunzwe Bazira Ruswa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Abanya Israel Ba Mbere Batwawe Na Hamas Barekuwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Israel: Baritegura Kwakira Trump Nk’Umwami

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?