Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Indonesia: Umutingito Wishe Abantu 34, Abandi 600 Barakomereka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Indonesia: Umutingito Wishe Abantu 34, Abandi 600 Barakomereka

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 January 2021 12:45 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abaturage bo mu gace ka Sulawesi bari mu gahinda kenshi nyuma y’umutingito ufite ubukana bwa 6.2 ku gipimo cya Richter wishe abantu 34, abandi 600 bagakomereka.

Uwo mutingito wasenye inzu nyinshi, uteza inkangu.

Inzu zasenyutse zirimo iz’ubucuruzi n’izituwemo.

Kugeza ubu kandi hari abandi bantu barengeweho n’ibinonko byabagwiriye Polisi  na Croix Rouge bakaba bari gukora uko bashoboye ngo babakuremo bagihumeka.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ikigo cya Indonesia gishinzwe iby’imitingito kivuga ko izingiro (epicenter) y’uriya mutingito riri mu bilometero 18 kugeza muri kariya gace wakozemo ishyano.

Abavanywe mu byondo ari bazima bajyanywe mu bitaro bya Mamuju.

Ikindi kibazo gihari ni uko uriya mutingito wasenye umuhanda wahuzaga Mamuju na Majene, bityo ubutabazi bukaba bugoye.

Nta gihe kinini cyari gishize habaye undi mutingito ufite ubukana bwa Richter bungana na 5.9, ariko wo nta bantu wahitanye keretse gusenya inzu zidakomeye.

Indonesia ni igihugu gituye hejuru y’inyenga y’umuriro…

- Advertisement -

Iyo urebye ku ikarita y’isi, ukareba aho Indenesia iherereye usanga ari ikirwa gituye hejuru y’itanura.

Indonesia iherereye mu gace abahanga mu by’ubumenyi bw’si bita ‘umukandara w’umuriro, ceinture de feu, Ring of Fire.

Aka gace niko gace ka mbere kabamo imitingito no kuruka kw’ibirunga biba kenshi kurusha ahandi ku isi.

Muri 2018 habaye umutingito ufite ubukana bwa 7.5 uteza umwuzure wazamuye amazi arenga inkombe yica abantu 4000.

Uyu mwuzure niwo abahanga bita Tsunami, iri rikaba ari ijambo ry’Ikiyapani.

Mu Ukuboza, 2004 Indonesia yagushije ishyano ubwo mu gace ka Sumatra habaga umutingito ufite igipimo cya Richter cya 9.1 wateye umwuzure witwa Tsunami yica abantu 230 000 biganjemo abo muri Indonesia

TAGGED:featuredIndonesiaTsunamiUmutingito
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abavugwaho Kwangiza Amapiloni Bafashwe, Igihombo Bateza Leta Ni Kinini
Next Article Umunyemari Aloys Rusizana yarekuwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?