Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ingabo Za Kenya Ziravugwaho Kugera i Bunagana Kwirukana M23
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ingabo Za Kenya Ziravugwaho Kugera i Bunagana Kwirukana M23

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 September 2022 6:49 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Amakuru atangwa n’umunyamakuru wo muri Kenya uri mu bakomeye witwa Mwangi Maina avuga ko itsinda ry’ingabo zidasanzwe za Kenya zamaze kugera i Bunagana muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo aho zahawe inshingano yo kuhavana inyeshyamba za M23 zagiye kuhamara hafi amezi ane.

Mwangi Maina asanzwe yandikira The Standard.

Iby’uko zihagaze bivuzwe nyuma gato y’ikiganiro Perezida Tshisekedi aherutse guha France 24 agatangaza ko ingabo za kiriya gihugu[Kenya] ari zo zizahangana na M23 muri Bunagana.

Amakuru avuga  ko ingabo za Uganda zageze i Bunagana ziciye muri Uganda.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mwangi avuga ko n’ingabo za SADC nazo ziri mu zigomba kujya muri kariya gace ariko ngo zo zizaba zifite inshingano zizahabwa na MONUSCO .

Yanditse ati: “ Ingabo za SADC zizaba zifite inshingano zo gufasha iza MONUSCO mu kugaba ibitero simusiga ku barwanyi bagize imitwe myinshi y’inyeshyamba imaze iminsi yarazengereje abatuye u Burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo.”

JUST IN: #Kenya Defense Special Force entered #DRCongo on Friday as part of the @jumuiya standby army aimed at wiping out the negative rebels operating in eastern #CONGO. The contingent entered through #Bunagana, border city of UG/DRC, that has been occupied by M23. pic.twitter.com/MHlWsRGbpU

— Mwangi (@MwangiMaina_) September 25, 2022

Izi ngabo zose zizajya yo mu rwego rwo gushyira mu bikorwa ibikubiye mu masezerano yemerejwe i Nairobi avuga ko hakwiye gushyirwaho umutwe uhuriweho n’ingabo zo mu Karere  zigomba kujya kwirukana imitwe y’inyeshyamba imaze igihe yarazengereje abatuye u Burasirazuba bwa DRC n’ibihugu biyituriye harimo n’u Rwanda.

Icyo gihe ubuyobozi bwa DRC bwavuze ko budashaka ko muri ziriya ngabo hazabonekamo iz’u Rwanda.

- Advertisement -

Perezida Kagame yatangarije kuri Radio na Televiziyo by’u Rwanda ko ibyo ntacyo bitwaye u Rwanda.

Icyangombwa kuri rwo ngo ni uko umutekano ugaruka muri kiriya gice kandi ibihungabanya u Rwanda bigahagara.

Ku rundi ruhande, u Rwanda ruvuga ko rutazarebera umuntu wese uzashaka kuruhungabanyiriza umutekano.

Tugarutse k’ukuba abasirikare ba Kenya bageze muri Bunagana, amafoto yashyizwe kuri Twitter na Mwangi Maina agaragaza ko ziriya ngabo za Kenya  zakiriwe n’ingabo zisanzwe zirinda Perezida Tshisekedi.

TAGGED:featuredIntambaraKagameKenyaM23Tshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rurashaka Kubaka Ahakinirwa Umukino Wo Koga Hagezweho Mu Karere
Next Article Gasabo: FPR-Inkotanyi Muri Rutunga Ivuga Ko Igihanganye N’Uko Abana Bata Ishuri
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Perezida Wa Guinea Conakry Yaraye Yakiriwe N’Abaturage Be Baba Mu Rwanda

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?