Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ingabo Za Ukraine Hagati Y’Urupfu N’Umupfumu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

Ingabo Za Ukraine Hagati Y’Urupfu N’Umupfumu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 August 2024 10:36 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Intambara y’Uburusiya na Ukraine irabura igihe gito ngo yuzuze imyaka itatu. Icyakora zimwe mu ngabo za Ukraine ziri mu bibazo nyuma y’uko intwaro zari zarahawe n’Amerika  zigabanutse ndetse zimwe muri izi ngabo zikaba zaragotewe mu Burusiya.

Zageze mu Burusiya mu gitero ziherutse kugaba yo zitunguye iz’Uburusiya zibikora mu rwego rwo kwereka Putin ko nawe ashobora guterwa ku butaka bwe!

Nyuma yo kwinjira mu Burusiya, izi ngabo zakomeje kwicuma zigera ahantu hahagije ku buryo bigoye ko zasubira inyuma.

Abazigize ubu bagotewe muri icyo gice ku buryo badashobora gusubira inyuma kandi no kubona umusada uturutse iwabo bikaba ari ihurizo.

Ingabo z’Uburusiya zamaze kubona ko intera abo basirikare binjiyemo ari ngari bihagije, zahise zibagota impande zose.

Kubagota byakurikiwe n’ibitero byabagabweho bikoresheje indege haba ku butaba abo basirikare ba Ukraine bari bafashe haba no ku butaka bwa Ukraine ubwayo.

Abagaba b’ingabo za Ukraine bashobora kuba barategekereje ko Uburusiya nibubona ko bwatewe ku butaka bwabwo buzasaba ingabo zabwo ziri muri Ukraine gusubira inyuma zigatabara ariko siko byagenze.

Abarusiya bahisemo kureka izo ngabo zikinjira ubundi zikagoterwa  mu gihugu imbere.

Iyi ngingo iravugwa mu gihe Perezida wa Ukraine Volodymyr Zelensky aherutse gutangaza ko hari umugambi ( plan) w’amahoro hagati ye na Putin ashaka kugeza kuri Perezida Biden na Donald Trump.

Biden niwe uyobora Amerika muri iki gihe ariko na Trump arashaka kuzayiyobora muri Manda itaha.

Ntiharamenyekana iby’ingenzi bikubiye muri iyo plan ya Ukraine yiswe Victory Plan ariko uko bigaragara ishobora kuba irimo ibyifuzo byayo mu kurangiza iyi ntambara kuko iri kuyihombya byinshi.

Uburusiya bwashegeshe Ukraine kuko bwayiteye ku butaka bwayo, intambara ibera ku butaka bw’iki gihugu gito cyane ugereranyije n’Uburusiya.

Kuba Amerika n’inshuti zayo ziha Ukraine intwaro nabyo nta kintu kinini biyifasha kuko bitabuza ko abaturage bayo bakomeza kugwa muri iyi ntambara.

Hari n’abavuga ko Ukraine yabaye ahantu Amerika iri kugeragereza intwaro zayo.

Muri uyu mujyo kandi hari indege z’intambara Ukraine iherutse guhabwa na OTAN/NATO ngo ihangane n’Uburusiya binyuze mu kuyirasaho zitwa F-16.

Imwe muri zo yahanuwe n’ingabo z’Uburusiya nk’uko BBC ibyemeza.

Niyo ndege ya mbere yo muri ubu bwoko mu ziherutse guhabwa Ukraine ihanuwe n’Uburusiya.

Izi ndege zatanzwe mu ntangiriro za Kanama, 2024.

Umupilote wayo yahasize ubuzima ariko ashimirwa ko yatumye hari missiles eshatu zo mu Burusiya zahanuwe zitageze muri Ukraine nubwo zamuhitanye.

Perezida wa Ukraine aherutse gutangaza ku mugaragaro ko hari indege zo mu bwoko bwa F16 zamaze kwinjizwa mu ntambara kugira ngo zihanure missiles z’Uburusiya.

Aherutse no gusaba ibihugu by’inshuti ze kumwemerera agakoresha missiles ziraswa kure agatangira kurasa mu Burusiya yibereye iwe.

Nta gisubizo gifatika baramuha  ariko hagati aho Minisitiri w’ingabo z’Ubuholandi witwa Gen Onno Eichelsheim yemeje ko igihugu cye kizaha Ukraine indege 24 za F16 zizaza ziyongera ku zindi ntwaro ihabwa.

Bivuze ko abafatanyabikorwa ba Ukraine bari kuyiha imbunda zikomeye yazakoresha irasa mu Burusiya mu buryo bweruye.

BBC yanditse ko kugeza ubu hari indege 65 zo muri buriya bwoko zamaze guhabwa Ukraine, zitangwa nyuma y’uko Perezida Biden ahaye uburenganzira ibihugu bigize OTAN/NATO  bwo guha Ukraine ziriya ndege za karahabutaka.

Ni icyemezo yafashe muri Kanama, 2023.

TAGGED:BidenBurusiyaF16IndegeIntambaraUkraine
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ambasaderi W’Uburusiya Mu Rwanda Ashima Politiki Yarwo Mu Guhuza Afurika
Next Article Huye: Abana Batatu Barokotse Inkuba
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?