Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ingabo Za Ukraine Zatangiye Gutoza Abaturage Imbunda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ingabo Za Ukraine Zatangiye Gutoza Abaturage Imbunda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 February 2022 10:13 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu gihe bivugwa ko hasigaye amasaha macye ngo u Burusiya butangize intambara kuri Ukraine, amakuru ava i Kyiv avuga ko ingabo za Ukraine zitangiye gutoza abaturage imbunda no kuzibaha ngo bazitabare ubwo Abarusiya bazaba baje.

Ubu muri Ukraine bashyizeho umutwe w’abasore, inkumi, abagabo n’abagore basanzwe ari abasivili, uyu mutwe ukaba uri gutozwa ibya gisirikare ngo uzatere ingabo mu bitugu abasirikare ba kiriya gihugu nibasumbirizwa.

Uyu mutwe mu Cyongereza bawise ‘Territorial defense’.

Hagati aho kandi, Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza Boris Johnston yaraye ahamagaye Perezida w’Amerika Joe Biden baganira ingingo z’uburyo bakora uko bashoboye bagahosha umujinya w’u Burusiya.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image
Abaturage bari gutozwa imbunda vuba na bwangu ngo bazitabare kuko bugarijwe n’u Burusiya

Boris ariko we yavuze ko u Burusiya nibutangiza intambara nk’uko bimaze iminsi byitezwe, bizaba ngombwa ko Amerika n’Abanyaburayi babufatira ibyemezo birimo ko gazi yabwo bareka kuyigura kandi ngo iki kizaba ari igihano cy’ubukungu gikomeye bazaba babuhaye.

Ku rundi ruhande ariko u Burayi nabwo buzakubitika kuko gazi nyinshi bucyenera mu bihe by’ubukonje buyikura mu Burusiya.

Kubona ahandi izava ari nyinshi kandi ihoraho bizabahenda.

Perezida wa Ukraine witwayatangaje ko yifuza ibiganiro n’u Burusiya, Amerika n’u Burayi kugira ngo abaturage be batazakubitika kubera intambara bivugwa ko iri hafi kurota.

Perezida wa Ukraine Volodymyr Zelensky

N’ubwo hari ibiri gukorwa ngo harebwe uko iyi ntambara yaburizwamo, hari icyizere gito kuko n’ibiganiro Biden aherutse kugirana na Putin kuri telefoni nta gisubizo gitanga icyizere cyakivuyemo!

- Advertisement -

Intambara izatangira ejo…

Raporo ibigo by’ubutasi by’u Bwongereza byagejeje ku Biro bya Minisitiri w’Intebe mu Cyumweru gishize ivuga ko kuri uyu wa Gatatu taliki 16, Gashyantare, 2022 aribwo ingabo z’u Burusiya zateguye kuzatangiza intambara kuri Ukraine.

Abongereza baba muri Ukraine no mu Burusiya ndetse no bihugu bituranye cyane n’iki  gihugu , basabwe gutaha iwabo.

Leta zunze ubumwe z’Amerika nazo zasabye abaturage bazo gutaha. Abanyaburayi bakora mu Biro by’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi bakorera muri Ukraine nabo basabwe gutaha.

Ubwoba bw’uko u Burusiya bwarasa Ukraine vuha aha bwatumye Amerika yongera abasirikare yohereje muri Pologne.

Yoherejeyo abandi 3,000 basanga abandi 1,700 bari bahasanzwe.

Iby’uko Putin ateganya kuzatangiza intambara kuri Ukraine ku wa Gatatu taliki 16, Gashyantare, 2022 byatangajwe bwa mbere n’ikinyamakuru cyo mu Budage cyitwa Der Speigel kikavuga ko cyayakuye ku bakora ubutasi bo mu Bwongereza bayagisangije nyuma yo kuyageza mu Biro bya Minisitiri w’Intebe.

Ni amakuru kandi yabonywe n’izindi nzego z’ubutasi harimo na CIA akaba asobanura neza uko Abarusiya bateganya kuzatangiza urugamba ndetse yerekana n’imihanda bateganya kuzacamo.

Muri Ukraine naho ubwoba ni bwinshi kuko Meya wa Kiev yasabye abaturage gutangira kwitegura akaga gashobora kubageraho kuko bishoboka ko murandasi ishobora kuvaho, ibintu bigakomera ndetse n’ubucuruzi bukazahara, bityo ko ‘bagombye kumenya ko amazi atakiri yayandi bakoga magazi.’

Uyu Meya w’Umurwa mukuru Kiev witwa Vitali Klitschko yatangarije ubu butumwa kuri Telegram.

Mu Bwongereza n’aho ubwoba ni bwinshi.

Boris Johnson avuga ko ibintu bikomereye Abanyaburayi kuko u Burusiya bwambariye urugamba.

Muri iki cyumweru kandi biteganyjijwe ko ba Minisitiri b’ingabo z’ibihugu 30 bigize Umuryango wo gutabarana witwa OTAN/NATO bazahura bakemeranya icyo bagomba gukora ku kibazo cy’u Burusiya ibi bihugu bikomeje gufata nk’umushotoranyi ushotora Ukraine.

Inama ya ba Minisitiri b’ibihugu bigize OTAN/NATO izabera i Brussels mu Bubiligi, bikaba biteganyijwe ko izitabirwa n’Umunyamabanga w’Amerika ushinzwe umutekano Gen  Lloyd Austin.

Iby’iyi nama byatangajwe na Lt Gen John Deedrick umwe mu basirikare bakuru ba Amerika bakorera muri OTAN/NATO.

TAGGED:AmerikaBurusiyaBwongerezafeatuedfeaturedUkraine
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Impamvu ‘Zikomeye’ Ziri Gutera Ibiciro Kuzamuka
Next Article U Burusiya Buravugwaho Gucyura Zimwe Mu Ngabo Ziteguraga Gutera Ukraine
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?