Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ingabo Z’u Rwanda Muri Centrafrique Zubakiye Ababyeyi 
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Ingabo Z’u Rwanda Muri Centrafrique Zubakiye Ababyeyi 

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 May 2024 7:45 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ingabo z’u Rwanda zigize batayo ikorera muri Centrafrique mu kuharinda amahoro, zatashye inzu zubakiye ababyeyi b’aho babaga muzishaje.

Zubatswe ahitwa Yapele, kandi mu buryo bushya bugezweho.

Ababyeyi bubakiwe ni abagize itsinda ryitwa iry’intore za Centrafrique ryitwa Reseau des Femmes Elues Locale de Centrafricaine).

Leontine Y.W BONNA uzihagarariye yashimye uko ingabo z’u Rwanda zifasha mu iterambere.

Yavuze ko iyo nzu y’ababyeyi izagira uruhare rukomeye mu buvuzi bw’abagore batwite n’ababyara, bikagabanya umubare w’abapfa babyara kubera kubura ahantu heza ho kubyarira.

Umuyobozi w’amatsinda y’ingabo zose zoherejwe muri MINUSCA i Bangui (JTFB) Brig Gen Jean QUEDRAOGO niwe wahagarariye intumwa ya Loni akaba n’Umuyobozi Mukuru wa MINUSCA Valentine RUGWABIZA muri uyu mu muhango wo gutaha iyo nyubako.

Yashimiye batayo y’ingabo z’u Rwanda (RWABATT12) zikorera muri kiri gice ubunararibonye n’ubunyamwuga zigaragaza mu kurangiza uyu mushinga ku gihe kandi neza.

Lt Col Joseph Gatabazi uyobora ingabo z’u Rwanda muri iki gihugu yashimye MINUSCA ko yabashyigikiye mu kunoza uyu mushinga wo kuvugurura inzu y’ababyeyi.

Yasabye abaturage gufata neza izo nyubako bazitaho buri gihe kandi baharanira ko zatanga serivisi no ku bisekuru biri imbere.

Izi nyubako zatwaye amadolari y’Amerika 50,000, ni ukuvuga miliyari zisaga Frw 65.

Zigizwe n’ibyumba umunani byakozwe mu buryo bwihariye mu kwakira ababyeyi, bikaba byarubatswe mu buryo birinda umubare mwinshi w’ababyeyi bahurira hamwe mu gihe cyo kubyara bikabangamira serivisi bahabwa

TAGGED:CentrafriquefeaturedIngaboRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Inganda Zirasabwa Gukomeza Kwimakaza Uburinganire
Next Article Rusizi: Akarere Kabonye Umuyobozi Mushya Ushinzwe Ubukungu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Polisi Irashakisha Abantu Bahohoteye Umugore Bikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Kabila Arasomerwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?