Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ingabo Z’u Rwanda Muri Centrafrique Zubakiye Ababyeyi 
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Ingabo Z’u Rwanda Muri Centrafrique Zubakiye Ababyeyi 

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 May 2024 7:45 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ingabo z’u Rwanda zigize batayo ikorera muri Centrafrique mu kuharinda amahoro, zatashye inzu zubakiye ababyeyi b’aho babaga muzishaje.

Zubatswe ahitwa Yapele, kandi mu buryo bushya bugezweho.

Ababyeyi bubakiwe ni abagize itsinda ryitwa iry’intore za Centrafrique ryitwa Reseau des Femmes Elues Locale de Centrafricaine).

Leontine Y.W BONNA uzihagarariye yashimye uko ingabo z’u Rwanda zifasha mu iterambere.

Yavuze ko iyo nzu y’ababyeyi izagira uruhare rukomeye mu buvuzi bw’abagore batwite n’ababyara, bikagabanya umubare w’abapfa babyara kubera kubura ahantu heza ho kubyarira.

Umuyobozi w’amatsinda y’ingabo zose zoherejwe muri MINUSCA i Bangui (JTFB) Brig Gen Jean QUEDRAOGO niwe wahagarariye intumwa ya Loni akaba n’Umuyobozi Mukuru wa MINUSCA Valentine RUGWABIZA muri uyu mu muhango wo gutaha iyo nyubako.

Yashimiye batayo y’ingabo z’u Rwanda (RWABATT12) zikorera muri kiri gice ubunararibonye n’ubunyamwuga zigaragaza mu kurangiza uyu mushinga ku gihe kandi neza.

Lt Col Joseph Gatabazi uyobora ingabo z’u Rwanda muri iki gihugu yashimye MINUSCA ko yabashyigikiye mu kunoza uyu mushinga wo kuvugurura inzu y’ababyeyi.

Yasabye abaturage gufata neza izo nyubako bazitaho buri gihe kandi baharanira ko zatanga serivisi no ku bisekuru biri imbere.

Izi nyubako zatwaye amadolari y’Amerika 50,000, ni ukuvuga miliyari zisaga Frw 65.

Zigizwe n’ibyumba umunani byakozwe mu buryo bwihariye mu kwakira ababyeyi, bikaba byarubatswe mu buryo birinda umubare mwinshi w’ababyeyi bahurira hamwe mu gihe cyo kubyara bikabangamira serivisi bahabwa

TAGGED:CentrafriquefeaturedIngaboRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Inganda Zirasabwa Gukomeza Kwimakaza Uburinganire
Next Article Rusizi: Akarere Kabonye Umuyobozi Mushya Ushinzwe Ubukungu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?