Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ingabo Z’u Rwanda Na Polisi Bari Mu Butumwa Bibutse Jenoside Yakorewe Abatutsi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Kwibuka 28

Ingabo Z’u Rwanda Na Polisi Bari Mu Butumwa Bibutse Jenoside Yakorewe Abatutsi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 April 2022 9:03 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abapolisi n’abasirikare b’u Rwanda boherejwe kugarura amahoro muri Repubulika ya Centrafrique na Sudani y’Epfo nabo bifatanyije n’Abanyarwanda n’Isi yose kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi. Ni igikorwa bakoze taliki 07, Mata, 1994.

Muri Centrafrique iki gikorwa cyabereye mu Murwa mukuru, Bangui, n’aho muri Sudani y’Epfo kibera mu murwa mukuru, Juba.

Muri Centrafique, Perezida Faustin Archange Touadera yari ahari ari kumwe  n’Abanyarwanda batuye cyangwa  bakorera muri iki gihugu.

Polisi y’u Rwanda ifite amatsinda atatu y’abapolisi bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri Centrafrique, buzwi ku izina rya MINUSCA, amatsinda abiri muri yo akaba abarizwa mu mujyi wa Bangui.

Umuhango wo kwibuka ukaba wararanzwe no gucana urumuri  rw’icyizere, hafatwa umunota umwe wo guceceka mu rwego rwo guha icyubahiro abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwana wa 1994.
Hari n’abasanzwe bahagarariye ibihugu byabo muri biriya bihugu bigabiriye uyu muhango.

Hatanzwe kandi n’ubuhamya bwa bamwe mu barokotse Jenoside, babasobanurira inzira y’umusaraba banyuzemo, n’ uko bafashe inshingano zo kurera bagenzi babo kandi bose bari bakiri bato.

Ambasaderi w’u Rwanda muri Centrafrique Bwana Olivier Kayumba yashimiye Perezida Touadera kubera ko yifatanije n’Abanyarwanda mu gikorwa cyo kwibuka.

Ati: “Iki ni ikimenyetso gishimingira umubano ukomeye uri hagati y’ibihugu byombi, amateka Abanyarwanda banyuzemo yari ashingiye ku rwango, ivangura, kwambura abandi ubumuntu bikaba byaranagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, aho abarenga miliyoni bishwe.”

Yasobanuye ko Jenoside itabaye kuko habaye ihanurwa ry’indege  yari itwaye Perezida Habyarimana nk’uko bamwe mu bayihakana  bakunze kubivuga,.

Kayumba yavuze ko Jenoside yateguwe kandi iranigishwa, abagombaga kuyikora bigishijwe urwango, ivangura no gutesha agaciro Umututsi.

Yahamagariye ibihugu bicumbikiye abakekwaho uruhare rwa  Jenoside gukora ibishoboka byose bagafatwa bakanyuzwa imbere y’ubutabera.

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga muri Centrafrique, Madamu Sylvie Baïpo-Temon,  wavuze mu izina rya Guverinoma ya Centrafrique, yashimiye Leta y’u Rwanda imbaraga yakoresheje mu kunga Abanyarwanda, bakaba babanye neza.

Kuri we, ibi byaturutse mu bushake bwa politiki ndetse no gukora cyane bya Perezida Paul Kagame ufite icyerekezo cy’imiyoborere myiza n’iterambere ry’ubukungu ndetse  n’imibereho myiza y’abaturage.

Kwibuka byanabereye mu kigo cy’abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro baba ahitwa  Kaga-Bandoro mu bilometero 400 uvuye mu Murwa mukuru wa Bangui.

Perezida Touadera na Ambasaderi Olivier Kayumba batsa urumuri rwo kwibuka
Abayobozi b’ingabo z’u Rwanda na Polisi yarwo bari bahari

SUDANI Y’EPFO

Muri Sudani y’Epfo, hari amatsinda abiri y’abapolsi b’u Rwanda ari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro nayo yifatanyije n’Abanyarwanda n’isi muri rusange kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi.

Byabereye mu Murwa mukuru w’iki gihugu ari wo Juba. Abanyacyubahiro bawitabiriye barimo na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga  Dr. Martin Lomuro.

Witabiriwe kandi umuyobozi  mukuru w’abapolisi ba Loni bari muri Sudani y’Epfo, Madamu Christine Fossen, abasirikare bakuru mu ngabo za  Sudani y’Epfo, n’abandi bayobozi muri UN.

Minisitiri Deng yashimiye intambwe u Rwanda rwateye, avuga ko byose byaturutse ku miyoborere myiza ya Perezida Paul Kagame.

Yongeye ho ko kuba u Rwanda ruri mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo ari iby’agaciro kandi ari isomo abaturage b’iki gihugu bakwiye kwigira ku Rwanda.

Abapolisi b’u Rwanda 240 bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro  (FPU-1) mu Ntara ya  Upper Nile, mu gace ka Malakal nabo bifatanyije n’Abanyarwanda ndetse n’inshuti z’u Rwanda mu gikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.

Abayobozi b’ingabo na Polisi muri kiriya gihugu ndetse n’aba UN bari baje kwifatanya n’Abanyarwanda kwibuka ku nshuro ya 28 Abatutsi bazize Jenoside mu mwaka wa 1994
Bacanye urumuri rwo kwibuka
Abayobozi muri UN bahavugiye ijambo rishima intambwe y’ubumwe Abanyarwanda bamaze kugeraho
TAGGED:AbatutsiCentrafriquefeaturedIngaboJenosidePolisiSudani y'Epfo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Yacyebuye Bagenzi Be Bayobora EAC Ku Mishinga Idindira
Next Article Umugore W’Umuyobozi Mu Rwego Rw’Uburezi Abera Urugero Umukobwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?