Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ingorane Za DJ Ukizamuka!
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Ingorane Za DJ Ukizamuka!

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 January 2023 3:31 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Ni akazi akora agakunze n'ubwo hari abamutenguha
SHARE

Izina rye ry’akazi ni Selekta Kuno, ariko asanzwe yitwa Anaclet Rukundo. Ni umusore uvanga umuziki, abazwi ku izina rya DJ (disc jockey). Avuga ko imwe mu mbogamizi ahurira nayo mu kazi ari uko hari ubwo akora ijoro ryose ariko yakwishyuza bucyeye bw’aho bakamutera utwatsi cyangwa bakamukerereza.

Avuga ko ikibabaje ari uko ibi atangiye kubibona ataramara igihe kinini atangiye uyu mwuga!\

Icyakora yanze gucika intege.

Yatangiye uyu mwuga muri Nzeri, 2021.

Selekta Kuno avuga ko akazi akora kamutunze ndetse kamufasha kwishyura inzu abamo mu Mujyi wa Kigali mu Murenge wa Niboye mu Kagari ka Nyakabanda.

Hejuru yabyo kandi amafaranga akuramo amufasha no mu bindi bikorwa bimuteza imbere.

Yabwiye Taarifa ati: “  Aka kazi kamaze kungeza ku bintu nishimira kubera ko kantunze, kakamfasha  kwishyura inzu, imyambaro, ibyo kurya ndetse hari n’ibindi nkora mbikuye muri aka kazi.”

Kubera ko akora neza, atumirwa henshi ngo abashyuhirize abakiliya.

Rukundo Anaclet avuga ko yatangiye umwuga w’ubu DJ  akiri mu mashuri yisumbuye.

Inzozi ni ukuba mpuzamahanga…

Afite umugambi wo kuzagira ku rwego mpuzamahanga

Avuga ko Imana nimufasha akazamura intera, azakomeza akazi yiyemeje ndetse akagera ku rwego mpuzamahanga.

Yifuza kugera ku rwego mpuzamahanga ariko nanone akavuga bizamusaba gukomeza gukora cyane no kwiyigisha kugira ngo yunguke ubumenyi bugezweho muri uwo mwuga.

Selekta Kuno avuga ko akora agamije kuzagwiza ubushobozi buzamufasha kuzatunga iduka ry’ibikoresho bya ba DJs kuko kubikura hanze bihenda.

N’ubwo akiri muto haba mu myaka no mu kazi, agira inama urubyiruko rwifuza kuba DJ ko rwajya rurangwa n’ikinyabupfura, ntirwice gahunda y’abakiliya cyangwa ngo rujye mu kazi rwasinze.

Asaba ko buri wese yagombye kurangwa no gukora akazi neza adaharanira kuba icyamamare gusa ngo birangirire aho!

Ashima Imana n’ababyeyi be bamufasha muri kariya kazi.

Mu bbakora umwuga nk’uwe, avuga ko abo afatiraho urugero ari DJ Lucky.

Mu mahanga afana DJ  Bash,  DJ Kym na DJ Joe.

TAGGED:DJUmurimoUmuzikiUmwuga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ivuguruye: Abapfiriye Mu Ndege Yo Muri Nepal Bamaze Kuba 67
Next Article I Nyamagabe Huzuye Igororero Ry’Abagore
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Imyidagaduro

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbyamamareImyidagaduro

Sandra Teta Yarekuwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbyamamareImyidagaduroMu Rwanda

The Ben Yacuranze Gitari Na Piyano Atari Abizwiho

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbyamamareImyidagaduroMu Rwanda

Bwiza Aritegura Igitaramo Kizahura N’Isabukuru Ye Y’Amavuko

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?