Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Inkuru Y’Agahomamunwa Ivugwamo Perezida Wa Mozambique
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Inkuru Zihariye

Inkuru Y’Agahomamunwa Ivugwamo Perezida Wa Mozambique

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 September 2021 3:00 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Muri Mozambique haherutse gutangizwa urubanza bivugwa ko ibirukubiyemo bivugwa ku bantu bakomeye barimo na Perezida wayo Filip Nyusi ndetse n’umuhungu w’undi mugabo wayoboye kiriya gihugu witwa Armando Ndambi Guebuza.

Iyi  nkuru ivugwa muri Mozambique ni imwe mu nkuru z’agahomamunwa zikomeye zabaye ku mugabane w’Afurika.

Hashize imyaka itanu iki kibazo gitangiye kuvugwa muri Mozambique kuko ubwa mbere cyavuzwe mu mwaka wa 2016.

Muri uyu mwaka wa 2021( muri Kanama) nibwo abantu 19 batangiye kwitaba umucamanza witwa Efigenio Baptista, aba bakaba barimo n’umuhungu w’uwahoze ayobora Mozabique witwa Armando Ndambi Guebuza.

Umucamanza Efigenio Baptista n’abo bafatanyije muri uru rubanza batangiye kumva ibisobanuro bya bariya bantu baregwa kandi ngo kubumva bizarangira tariki 02, Ukuboza, 2021.

Inteko iburanisha ikurikirana uru rubanza

Imwe mu mpamvu ituma uru rubanza rukomera cyane ni uko ruvugwamo na Perezida wa Mozambique akaba n’Umugaba w’ikirenga w’ingabo Filip Nyusi ndetse na Minisitiri we w’ingabo aruvugwamo.

Perezida Nyusi ahakana ibyo bamuvugwaho byose.

Ibigo by’ubucuruzi byahawe umwenda bidakurikijwe amategeko

Bijya gucika, byatangiye ubwo hashingwaga ibigo by’ubucuruzi mu buryo bidakurikije amategeko, ibyo bigo bikoreherezwa kubona umwenda w’akayabo ka Miliyari 2.7 $.

Ibi ni ibyemezwa n’Urukiko ruri kuburanisha kiriya kirego.

Aya mafaranga yishyuwe hagati y’umwaka wa 2012 n’umwaka wa 2013, akaba yari agenewe kubaka ubwato bwo kwifashisha mu burobyi no kugura ibikoresho byagombaga gufasha Polisi ya kiriya gihugu gucunga amazi y’Inyanja y’Abahinde gikoraho.

Ikigo cy’ubucuruzi cyatsindiye iri soko ni icyo mu Bufaransa kitwa CMN (Mechanical constructions of Normandy) kiyoborwa n’ikindi cy’abanya Liban kitwa Privinvest Holdings.

Mu mwaka wa 2015, ibintu byabaye bibi, ndetse n’Inteko ishinga amategeko ntiyabwirwa iby’iryo shoramari.

Uko bigaragara, aho kugira ngo uriya mushinga uze ari uwo guteza imbere abaturage, waje ahubwo ufite isura ya gisirikare.

Ba nyiri ibigo ntibigeze batangiza ibikorwa bijyanye n’icyo bakiye amafaranga, ahubwo basabye ko hakongerwaho n’andi angana na miliyoni 713 $kandi aratangwa hatanerekanywe umusaruro azatanga.

Hejuru y’abantu bamaze gushyirwa mu majwi muri kariya gahomamunwa, harimo n’ibigo bikomeye mu by’imari by’i Burayi n’ahandi.

Harimo za banki zo mu Busuwisi n’abakomisiyoneri bo muri Liban.

Muri Guverinoma ya Mozambique harimo abandi bayobozi bakuru bagera kuri 15 bavugwaho gusaranganya miliyoni 200$ ya ruswa.

Kuba abayobozi barafashe amafaranga angana kuriya bakayigabanya kandi bazi ko Mozambique ari kimwe mu bihugu bicyennye cyane kurusha ibindi ku isi, ubwabyo biragayitse!

Bivugwa ko ubaze uhereye mu mwaka wa 2013 kugeza ubu, ingaruka z’ibyo bariya bantu bakoze zatumye Mozambique ihomba agera kuri miliyari 11$.

Umwe mu bahanga bo mu kigo Chr. Michelsen Institute yavuze ko kiriya gihombo cyatumye abaturage bangana na miliyoni ebyiri bajya mu kiciro cy’abakene.

TAGGED:featuredMozambiqueNyusiPerezidaRuswa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Muri Kicukiro Barakoresha Kajugujugu Bakangurira Abaturage Kwirinda COVID-19
Next Article Perezida Kagame Yoherereje Ubutumwa Abasirikare b’u Rwanda Muri Mozambique
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?