Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Inkuru y’Umunyarwandakazi urinda First Lady wa Centrafrique
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Inkuru y’Umunyarwandakazi urinda First Lady wa Centrafrique

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 January 2021 9:31 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Lieutenant Scovia Gwizimpundu ni Umunyarwandakazi urinda Umufasha wa Perezida wa Centrafrique witwa Tina Touadera. Gwizimpundu ari mu basirikare b’Abanyarwanda bakora mu mutwe w’Umuryango w’Abibumbye bagiye kugarura amahoro muri Centrafrique.

Avuga ko mbere yo kuba umusirikare yumvaga azaba umu IT(Information Technology Expert) ariko aza guhindura ajya mu ngabo z’u Rwanda kubera gukunda Inkotanyi.

Izi nkotanyi avuga nizo zabohoye u Rwanda muri 1994 kandi zarimo n’abagore b’intwari, ari nabo bakanguye ibiterezo bya Gwizimpundu yiyemeza kujya mu ngabo z’u Rwanda ntawe abibwiye.

Avuga ko yaje kubibwira ababyeyi be nyuma y’uko yarangije kwiyandikisha ku murenge.

Ubu ashinzwe kuyobora itsinda ry’abasirikare bari hagati ya 20 na 50 bagize icyo bita platoon.

Ashinzwe kandi umutekano wa bugufi w’Umufasha w’Igihugu cya Centrafrique

Iyo umubonye yambaye imyenda y’akazi, yashyize pistolet ku itako, ubona aberewe kandi yihagazeho nk’umusirikare koko!

Lt Scovia Gwizimpundu avuga ko akazi akora kamusaba imbaraga no kwitanga kandi akaba agomba guhora ari maso, arinze umuntu UKOMEYE.

Aba afite pistolet irimo amasasu kandi ihora yuzuye.

Nta guhuga ngo abe yarangara kuko azi neza ko umwanzi ashobora  kuva ahantu ahari ho hose kandi igihe icyo aricyo cyose.

Bisanzwe bizwi ko abarinda abayobozi baba bagomba guhora baryamiye amajanja biteguye gukora igikirwiye cyose kugira ngo batabara abantu bafitiye abandi akamaro ko hejuru.

Lt Gwizimpundu ibi arabizi cyane kandi ahora yiteguye.

Yabwiye The New Times ati: “ Iyo Umufasha w’Umukuru w’Igihugu atubwiye ko ari bujye ahantu runaka, dutegura inzira, kandi tukaba twiteguye gukora uko dushoboye ngo agereyo kandi agaruke amahoro. Umutekano we uri mu biganza byacu. Akazi kacu gakorwa bitewe n’uko ake kameze.”

Mu mibanire ye n’abandi, avuga ko nta kibazo gihari ariko ko hari ubwo bahura n’ikibazo cyo kumvikana n’abaturage kuko badahuje imico.

Lt Gwizimpundu avuga ko ikindi kibazo kigora Abanyarwanda ari ikirere cyo muri Centrafrique kuko gishyuha kandi kikabamo umuyaga mwinshi.

Yishimira akazi akora, akavuga ko aba yiyumvamo ubutwari nk’ubwa Ndabaga, uyu akaba yari umukobwa wabaye intwari ajya gucungura Se wari ugiye gusazira ku rugamba yarabuze umuhungu wajya kumukura kuko ntawe yari yarabyaye.

Hari Abanyarwandakazi berekanye ko ubutwari bwa Ndabaga nabo babugira kandi bikagirira akamaro igihugu.

Lieutenant Scovia Gwizimpundu avuga ko azakomeza akazi ke kandi agaharanira kugakora neza, akazamuka mu ntera.

Gucungira umutekano abantu bakomeye ni akazi gakomeye
Agomba guhora acunga

Photos@The New Times

TAGGED:CentrafriquefeaturedGwizimpunduInkotanyi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amoko 36 y’ibinyabuzima yacitse ku isi muri 2020
Next Article Ibiri Muri Uganda Ni Revolution Y’Urubyiruko- Umushakashatsi Dr Buchanan
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hari Impamvu Zitera Polisi Y’u Rwanda Kudatesha Agaciro Abaturage Ishinzwe

Perezida Trump Arashaka Manda Ya Gatatu Uko Byagenda Kose

Abasirikare N’Abapolisi B’u Rwanda Bari Muri UN 

Guverinoma Ya DRC Irashaka Kwisubiza Uvira Mu Buryo Bwuzuye

Hari Kwigwa Uko Amakipe Yajya Akinira Mu Amahoro Stadium ‘Ku Giciro Kimwe’

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

Ese Intambara Ya Amerika N’Uburayi Irashoboka

ICPAR Yishimira Aho Igeze Iteza Imbere Umwuga W’Ibaruramari

Hatangijwe Ubufatanye Mu Kuzamura Ubwinshi N’Ubwiza Bw’Imbuto 

Uko RDF Yakiriwe Muri Jamaica

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

FERWAFA Yamaganye Abafana Ba APR FC 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Abasenateri Barashaka Kumenya Uko Ubworozi Bw’u Rwanda Bubungabunzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Gari Ya Moshi Zagonganye Hapfa Abantu 21

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Yajyanywe Kuri RIB Nyuma Yo Gushaka Kwiyahura Bikanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?