Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Intambara Muri Kivu Ya Ruguru Igeze He?
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Umutekano

Intambara Muri Kivu Ya Ruguru Igeze He?

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 April 2021 8:13 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu masaha ashyira ay’ijoro kuri iki Cyumweru tariki 11, Mata, 2021 imirwano hagati y’ingabo za DRC n’inyeshyamba za FDLR na Maï Maï Nyatura yari irimbanyije. Ingabo za DRC zari zashoboye kwigarurira uduce twa Kitchanga na Muheto.

N’ubwo ari uko bimeze ariko, hari ibindi bice byinshi bikiri mu maboko ya ziriya nyeshyamba kuko rwagati mu Cyumweru gishize zari zigaruriye ibice bya Nyataba, Muheto, Karongi, Butare, Kimoka, Gahongore, Busihe, Mpanamo, Kahira, Kalongi n’ahandi.

Mu rwego rwo gukomeza urugamba rwo gukura bariya barwanyi muri biriya bice, umugenzuzi mukuru w’ingabo za DRC witwa Général Amisi Kumba Gabriel uzwi ku izina rya Tango Four, ejo hashize yageze i Goma mu ruzinduko rwo kuganira n’abasirikare bakuru bo muri kariya gace.

Ibiganiro byabo bigamije kurebera hamwe ibikenewe kugira ngo ingabo za DRC zirukane ‘burundu’ bariya barwanyi.

Gen Amisi Kumba Gabriel bita TANGO FOUR

Général Amisi Kumba Gabriel narangiza kumenya ibyo ingabo z’igihugu cye zikeneye azabigeza ku buyobozi bukuru bwazo.

Major Guillaume Ndjike akaba umuvugizi w’ingabo zo mu karere ka 34  ka gisirikare (la 34e région militaire) yabwiye 7sur7 ati: “ Umugenzuzi mukuru mu ngabo zacu ari inaha mu ruzinduko rw’akazi rugamije gusuzuma ibyo ingabo zacu zikeneye kugira ngo zikubite inshuro abarwanyi bo muri Kivu ya ruguru.”

Hari hashize igihe abakora mu burenganzira bwa muntu banenga ubuyobozi bukuru bw’ingabo za DRC ko budaha abasirikare bayo bakorera muri kariya gace ibikoresho bakeneye kugira ngo bakore akazi kabo.

Intara za Kivu zombi zabaye isibaniro ry’abarwanyi n’ingabo za Leta

Hari n’abadatinya kuvuga ko amafaranga yari yarohererejwe ingabo ngo zikore akazi kazo yagiye mu mifuka y’abaziyobora n’abandi bategetsi bo mu mujyi wa Beni, uyu ukaba ari umurwa mukuru w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Ese u Rwanda rushobora gufasha DRC muri uru rugamba?

Birashoboka! N’ikimenyimenyi ni uko abayobozi b’ingabo, ububanyi n’amahanga n’ubutasi ku mpande zombi bamaze guhura inshuro ebyiri bakaganira k’ubufatanye hagamijwe guhashya iriya mitwe.

Muri Werurwe, 2021 Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda General Jean Bosco Kazura yakoreye  uruzinduko muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, aganira ku ishyirwa mu bikorwa rya gahunda ihuriweho mu guhangana n’ibibazo by’umutekano.

Ni  inama yabereye i Kinshasa ku wa 15-19 Werurwe 2021, ikurikiye iyabereye i Kigali ku wa 12 – 14 Gashyantare 2021.

Ibinyamakuru byo muri DRC icyo gihe byatangaje ko intumwa ziyobowe na Gen Kazura zagiranye ibiganiro n’uruhande rwa DRC  ruyobowe na François Beya, umujyanama wihariye wa Perezida Tshisekedi mu by’umutekano.

Ikinyamakuru Actualité.Cd cyatangaje ko ibihugu byombi birimo gutegura gahunda yo kugaba ibitero bihuriweho ku mitwe yitwaje intwaro irimo FDLR, ikorera ku butaka bwa RDC kuva mu 1994.

Amakuru cyabonye avuga ko “hatanzwe ibyifuzo by’ingenzi birimo ishyirwaho rya gahunda ihuriweho y’ibikorwa bigamije kurandura burundu ibibazo by’umutekano muke mu Burasirazuba bwa DRC, biterwa na FDLR, CNRD, RUD-URUNANA, abahoze muri M23 n’indi mitwe yose y’inyeshyamba; ariko kandi, no kongerera imbaraga uburyo bwo kugenzura imipaka.”

Gen Kazura na Francois Beya basinye amasezerano yo guhashya abarwanyi

Icyo kinyamakuru cyatangaje ko Gen Kazura yashimangiye ko “nta kibazo kidashobora kubonerwa umuti igihe abantu bakoreye hamwe.”

Si ubwa mbere u Rwanda na DRC byaba bifatanyije mu guhangana n’imitwe yitwaje intwaro. Kimwe mu bikorwa biheruka ni “Umoja wetu” cyo mu 2009 cyari kigamije kurwanya FDLR.

TAGGED:AbarwanyiAmajyaruguruDRCFDLRfeaturedImitweIntambaraIntaraInyeshyambaKazuraKivu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Igiti Interahamwe Zacungiragamo Abaje Gusura Inkotanyi Muri CND Kiri Kuma
Next Article Siporo Ni Umuhuza Utarobanura
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?