Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Intambara Yongeye Gututumba Hagati Y’u Bushinwa N’u Buhinde
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Intambara Yongeye Gututumba Hagati Y’u Bushinwa N’u Buhinde

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 December 2022 12:43 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ingabo  z’u Buhinde zongerewe ku mupaka ubugabanya n’u Bushinwa. Ababonye ubwinshi bw’ingabo z’iki gihugu kuri uriya mupaka bavuga ko ari ubwa mbere hashyizwe abasirikare benshi kuri kiriya kigero.

Mu minsi mike ishize kuri uyu mupaka witwa Tawang haherutse kubera gukozanyaho hagati y’ibihugu byombi ariko binyuze mu ugufatana mu mirya.

N’ubwo uyu mwuka mubi utarazamuka ngo ugere ku rwego wagezeho mu mpera z’umwaka wa 2021, abazi amateka y’ibi bihugu n’ukuntu biri mu bifite intwaro za kirimbuzi, avuga ko ibyiza ari uko aya makimbirane yahoshwa hakiri kare.

Ku mupaka uhuza ibi bihugu cyane cyane ku gice cy’imisozi ya Himalaya hari ubukungu karemano buhaba butuma buri gihugu muri ibi cyumva cyahigarurira.

Muri Mata, 2021 u Bushinwa bwatangaje ko ku mugezi uca hagati mu misozi ya Himalaya bugiye kuhubaka urugomero runini cyane ruzabuha amashanyarazi aruta ayo bukura mu mugezi wa Yangtze.

Ubutegetsi bw’i New Delhi batangaje ko uyu mushinga ugamije guhungabanya urusobe rw’ibinyabuzima byo muri Himalaya.

Ni mu mushinga w’u Buhinde wo gukoma  u Bushinwa mu nkokora ngo butazubaka ruriya rugomero.

Imisozi ya Himalaya niyo ibamo amasoko(water sources) menshi izajya amazi mu Nyanja z’isi.

Umugezi uca mu misozi ya Himalaya witwa Ganga-Brahmaputra River, uca mu Ntara ya Tibet y’u Bushinwa.

Mu mezi menshi ashize, ingabo z’u Bushinwa zigeze guterana ibyuma n’iz’Abahinde buri ruhande rutakaza abantu.

Amahanga yarahagobotse ahosha ibintu bitarafata intera y’intambara yeruye

TAGGED:BuhindeBushinwafeaturedImipakaImisoziIntambara
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ukekwaho Kwica Shinzo Abe Agiye Kubiranishwa
Next Article Burkina Faso Yirukanye Uwari Uhagarariye UN
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Polisi Irashakisha Abantu Bahohoteye Umugore Bikomeye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Ebola Yagarutse Muri DRC

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

General Kabandana Yatabarutse

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbutabera

Kabila Arasomerwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbyamamareImyidagaduroMu Rwanda

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?