Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Inyungu Ya I&M Bank Rwanda Yazamutseho 46% Mu Mezi Icyenda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Inyungu Ya I&M Bank Rwanda Yazamutseho 46% Mu Mezi Icyenda

Last updated: 03 December 2021 10:34 am
Share
SHARE

I&M Bank Rwanda PLC yatangaje ko inyungu yayo nyuma yo kwishyura imisoro yageze kuri miliyari 5.4 Frw mu mezi icyenda abanza y’uyu mwaka, bingana n’izamuka rya 46% ugereranyije n’igihe nk’icyo mu mwaka ushize.

Mbere yo kwishyura imisoro urwunguko rwazamutseho 45%, kuko banki yungutse miliyari 8.3 Frw zivuye kuri miliyari 5.8 Frw zinjiye mu gihe nk’icyo mu mwaka ushize.

Imibare yatangajwe n’iyi banki igaragaza izamuka rifatika ry’urwunguko, bijyanye n’uko ibikorwa byinshi bigenda bizahuka uko icyorezo cya Covid-19 gicogora.

Umuyobozi mukuru wa I&M Bank Rwanda, Robin Bairstow, yavuze ko imibare yazamuwe cyane n’ikoreshwa ry’ikoranabuhanga muri banki.

Mu gihe cy’amezi icyenda kandi umutungo mbumbe wa I&M Bank Rwanda wazamutseho 4% ugera kuri miliyari 435 Frw.

Amafaranga yagurijwe abakiliya nayo yazamutseho 6% agera kuri miliyari 217 Frw kugeza muri Nzeri 2021, mu gihe kugeza muri Nzeri 2020 zari miliyari 205 Frw.

Kugeza ubu inguzanyo zishyurwa nabi ziri ku gipimo cya 3.6%.

Bairstow yagize ati “Igikomeje gushimangira uburyo twitwara ku isoko ni uburyo twiyemeje gufatanya n’abakiliya n’abaturage dukorera. Muri ibi bihe by’icyorezo twashyize imbaraga zose mu gusigasira ubuzima n’imibereho by’abakozi bacu binyuze mu gukora mu buryo bw’iyakure, no mu gushyiraho gahunda zijyanye n’imibereho myiza n’ubuzima bwo mu mutwe. ”

“Ku bakiliya bacu, twashyizeho uburyo bw’igihe kirekire mu guhangana na Covid-19 binyuze mu gushyiraho igihe cyo kutishyura inguzanyo, inguzanyo zatewe inkunga na Guverinoma n’izindi ngamba zo kubashyigikira. ”

Binyuze mu nkunga yatanzwe na Investing for Employment (IFE) – ikigega gishamikiye kuri Banki y’u Budage y’Iterambere, iyi banki ivuga ko yabashije gufasha ibigo 139 bito n’ibiciriritse kugumana abakozi basaga 1900.

I&M Bank Rwanda Plc kandi ivuga ko izakomeza gushora imari muri serivisi z’ikoranabuhanga, gushyigikira abakiliya no gucunga neza urwunguko.

Iyi banki yashinzwe mu 1963, ubu ni imwe mu bigo byo mu Rwanda biboneka ku isoko ry’ imari n’imigabane.

Inafite amashami mu bihugu bya Kenya, Tanzania, Uganda na Mauritius.

 

TAGGED:COVID-19I&M Bank Rwanda PlcInyungu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article UN Ntishyigikiye Uganda Mu Bitero Yagabye Muri DRC
Next Article Miss Rwanda Mu Irushanwa Rya Miss World Ati: “ Hari Ibyo Nshaka Ko Bihinduka Ku Isi”
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yahuje Ubuziranenge N’Iterambere Rirambye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Bugesera: PSF Yasinyanye N’Ubuyobozi Gufatanya Guteza Imbere Abaturage

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?