Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Inyungu Ya I&M Bank Rwanda Yazamutseho 46% Mu Mezi Icyenda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Inyungu Ya I&M Bank Rwanda Yazamutseho 46% Mu Mezi Icyenda

admin
Last updated: 03 December 2021 10:34 am
admin
Share
SHARE

I&M Bank Rwanda PLC yatangaje ko inyungu yayo nyuma yo kwishyura imisoro yageze kuri miliyari 5.4 Frw mu mezi icyenda abanza y’uyu mwaka, bingana n’izamuka rya 46% ugereranyije n’igihe nk’icyo mu mwaka ushize.

Mbere yo kwishyura imisoro urwunguko rwazamutseho 45%, kuko banki yungutse miliyari 8.3 Frw zivuye kuri miliyari 5.8 Frw zinjiye mu gihe nk’icyo mu mwaka ushize.

Imibare yatangajwe n’iyi banki igaragaza izamuka rifatika ry’urwunguko, bijyanye n’uko ibikorwa byinshi bigenda bizahuka uko icyorezo cya Covid-19 gicogora.

Umuyobozi mukuru wa I&M Bank Rwanda, Robin Bairstow, yavuze ko imibare yazamuwe cyane n’ikoreshwa ry’ikoranabuhanga muri banki.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mu gihe cy’amezi icyenda kandi umutungo mbumbe wa I&M Bank Rwanda wazamutseho 4% ugera kuri miliyari 435 Frw.

Amafaranga yagurijwe abakiliya nayo yazamutseho 6% agera kuri miliyari 217 Frw kugeza muri Nzeri 2021, mu gihe kugeza muri Nzeri 2020 zari miliyari 205 Frw.

Kugeza ubu inguzanyo zishyurwa nabi ziri ku gipimo cya 3.6%.

Bairstow yagize ati “Igikomeje gushimangira uburyo twitwara ku isoko ni uburyo twiyemeje gufatanya n’abakiliya n’abaturage dukorera. Muri ibi bihe by’icyorezo twashyize imbaraga zose mu gusigasira ubuzima n’imibereho by’abakozi bacu binyuze mu gukora mu buryo bw’iyakure, no mu gushyiraho gahunda zijyanye n’imibereho myiza n’ubuzima bwo mu mutwe. ”

“Ku bakiliya bacu, twashyizeho uburyo bw’igihe kirekire mu guhangana na Covid-19 binyuze mu gushyiraho igihe cyo kutishyura inguzanyo, inguzanyo zatewe inkunga na Guverinoma n’izindi ngamba zo kubashyigikira. ”

- Advertisement -

Binyuze mu nkunga yatanzwe na Investing for Employment (IFE) – ikigega gishamikiye kuri Banki y’u Budage y’Iterambere, iyi banki ivuga ko yabashije gufasha ibigo 139 bito n’ibiciriritse kugumana abakozi basaga 1900.

I&M Bank Rwanda Plc kandi ivuga ko izakomeza gushora imari muri serivisi z’ikoranabuhanga, gushyigikira abakiliya no gucunga neza urwunguko.

Iyi banki yashinzwe mu 1963, ubu ni imwe mu bigo byo mu Rwanda biboneka ku isoko ry’ imari n’imigabane.

Inafite amashami mu bihugu bya Kenya, Tanzania, Uganda na Mauritius.

 

TAGGED:COVID-19I&M Bank Rwanda PlcInyungu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article UN Ntishyigikiye Uganda Mu Bitero Yagabye Muri DRC
Next Article Miss Rwanda Mu Irushanwa Rya Miss World Ati: “ Hari Ibyo Nshaka Ko Bihinduka Ku Isi”
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Ubukungu

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?