Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Iraq Imaze Gusahurwa Miliyari $150 Kuva Yagabwaho Ibitero Na Amerika
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Iraq Imaze Gusahurwa Miliyari $150 Kuva Yagabwaho Ibitero Na Amerika

admin
Last updated: 25 May 2021 12:28 am
admin
Share
SHARE

Perezida wa Iraq Barham Salih yatangaje ko igihugu cye kimaze kwibwa miliyari $150 binyuze muri ruswa mu bucukuzi bwa peteroli, kandi ko ariya mafaranga yibwe guhera mu 2003 yajyanywe hanze y’igihugu.

Yabivuze mu ijambo ryatambutse kuri televiziyo, nyuma yo kugeza ku nteko ishinga amategeko Iteka rigamije kugaruza amafaranga anyerezwa mu buryo bwa ruswa.

Yagize ati “Muri miliyari hafi igihumbi z’amadolari zavuye mu bikomoka kuri peteroli guhera mu 2003, agera kuri miliyari $150 z’amafaranga yibwe yajyanywe hanze ya Iraq.”

Uriya mwaka nibwo ingabo ziyobowe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika zagabye ibitero muri Iraq, zinavanaho Perezida Saddam Hussein.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Perezida Salih yavuze ko ririya teka rigamije kongera imbaraga za Iraq mu kugaruza amafaranga yibwa binyuze mu bikorwa bya ruswa, bityo ababigiramo uruhare babashe kugezwa imbere y’ubutabera.

Yasabye abadepite kwemeza iryo tegeko, rigamije “guca imikorere yakomeje kubuza abaturage bacu kwishimira ubutunzi bw’igihugu cyabo mu myaka myinshi.”

Perezida Salih yavuze ko amafaranga amaze kwibwa yari kuba ahagije ngo imibereho y’abaturage ba Iraq ibashe kubaho neza.

Yavuze ko ririya tegeko ryatuma habaho imikoranire n’ibindi bihugu n’imiryango mpuzamahanga, mu kugaruza amafaranga aba yibwe.

Salih yavuze ko ibibazo birimo guterwa na ruswa, ntaho bitaniye n’ibirimo guterwa n’iterabwoba.

- Advertisement -

Yakomeje ati “Iterabwoba rshobora kurangira ari uko ufunze amayira yose aritera inkunga binyuze muri za ruswa.”

Kuva mu 2019, abantu amagana baguye mu myigaragambyo yamagana ibikorwa bya ruswa mu gihugu, ubushomeri n’ibura rya serivisi z’ibanze zirimo amashanyarazi n’amazi meza, nyuma y’uko iki gihugu cyananiwe kurenga ingaruka z’intambara.

Kugeza ubu Leta zunze ubumwe za Amerika ziri mu rugendo rwo gukura ingabo muri Iraq, mu gihe kiriya gihugu gukomeje kubaka ubushobozi bwo guhangana n’ibikorwa by’umutwe wa Islamic State.

Amerika ifite abasirikare 2500 muri Iraq, bari ku rugamba rwo guhangana na Islamic State. Ubu izi ngabo zifite inshingano ahanini z’ubujyanama.

TAGGED:AmerikaBarham SalihIraqRuswa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibintu 10 Wamenya Nyuma Y’Isozwa Rya Shampiyona Zikomeye I Burayi
Next Article Perezida Wa Mali Na Minisitiri W’Intebe Batawe Muri Yombi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbutabera

Kigali: Mu Minsi 10 Polisi Imaze Gufata Ibilo 50 By’Urumogi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

AI: Igikoresho Cy’Ingirakamaro Ku Munyamakuru Uzi Icyo Ashaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Twatanze Imbanzirizamushinga Y’amahoro Twifuza Muri DRC- Nduhungirehe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Uko Ibihugu Birutanwa Kunywa Byeri: Ubushinwa Burayoboye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?