Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Isabukuru Nziza Ku Mwamikazi W’u Bwongereza, Yujuje Imyaka 96 Y’Amavuko
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Isabukuru Nziza Ku Mwamikazi W’u Bwongereza, Yujuje Imyaka 96 Y’Amavuko

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 April 2022 3:51 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umwamikazi Elisabeth II kuri uyu wa Kane taliki 21, Mata, 2022 yujuje imyaka 96 y’amavuko. Ibirori byo kwizihiza umunsi yaboneyeho izuba witabiriwe n’abantu bacye, barimo abo mu muryango we, inshuti n’abavandimwe.

Byabereye ahitwa Sandringham.

Mu modoka y’umutamenwa ya Range Rover, Umwamikazi Elisabeth II yagiye kwizihiza isabukuru ye atwawe n’umushoferi kandi ngo inyuma yari atwaye mo imbwa ze.

Umwamikazi Elisabeth II

N’ubwo muri rusange ubuzima bw’Umwamikazi Elisabeth II buhagaze neza, ariko ngo asigaye agorwa no kugenda.

Mu rwego rwo kwishimira isabukuru ye y’imyaka 96 Umwamikazi Elisabeth II yifotoje kandi ari kumwe n’amafarasi abiri yera de.

Imwe yitwa Bybeck Nightingale indi yitwa Bybeck Katie.

Ku rundi ruhande, abazi neza uko umwamikazi w’u Bwongereza asanzwe yishimira umunsi we w’amavuko, bavuga ko muri iki gihe atishimye kubera ko umwuzukuru  we muto witwa Harry atakimwubaha ndetse yavuye no mu bafite inshingano z’ibwami.

Ubu asigaye aba muri Amerika muri Leta ya Calfornia.

Leta ya Calfornia niyo Leta ikize kurusha izindi zose zigiza Leta zunze ubumwe z’Amerika.

Umwamikazi Elisabeth II yababajwe kandi n’uko uriya muhungu we Harry ( ubu ni umugabo w’icyamamare Meghan Markle) asigaye yumvikana mu bihugu bitandukanye byo ku isi avuga  amagambo ibwami basanga atabahesha icyubahiro.

Ibi bibabaza umwamikazi kuko ngo yahoze umukunda kubi!

Yari ari kumwe n’umwuzukuru we Harry

Taliki 09, Mata, 2021 nibwo uwari umugabo w’Umwamikazi Elisabeth II yapfuye.

Yari afite imyaka 99 y’amavuko, akaba yari amaze imyaka 66 abana na Elisabeth II

Muri 1997 ubwo Elizabeth yizihizaga isabukuru y’imyaka 50 avutse, yavuze ko urukundo rwe [Philip] rwamubareye agakoni k’iminsi yicuma.

TAGGED:AmavukoElisabethfeaturedIsabukuruUmwamikazi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mu Gihe Kitageze Ku Mezi Abiri, Miliyoni 5 Z’Abanya Ukraine Babaye Impunzi Z’Intambara
Next Article Irindi Tsinda Ry’Abarimu Ryaje Kwigisha Abanyarwanda Igifaransa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?