Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Isi Nitabare Abo Mu Ihembe Ry’Afurika, Inzara Irabarembeje
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Isi Nitabare Abo Mu Ihembe Ry’Afurika, Inzara Irabarembeje

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 May 2022 10:30 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ibiribwa, WFP, witwa Micheal Dunford aratabaza amahanga ngo atabare abaturage  bo mu Ihembe ry’Afurika bugarijwe n’inzara. Kugeza ubu abaturage bagera kuri miliyoni 20 barashonje bikomeye.

Icyakora amahanga muri iki gihe ahanze amaso muri Ukraine kubera intambara u Burusiya bwahashoje kurusha uko hari ahandi ku isi amahanga ahangayikiye.

Avuga ko amapfa ari muri kiriya gice, amaze imyaka ikabakaba 40, kandi ngo ikibi kurushaho ni uko muri ibyo bice hakunze no kuba intambara za Politiki n’izishingiye ku butaka n’amazi, bigaterwa n’uko ubutaka bwera bufite amazi ari macye.

Leta ya Kenya n’iya Somalia nizo zugarijwe na kiriya kibazo kurusha izindi.

Hari umugore wo muri Somalia witwa Fatouma Ankule uvuga ko uruhinja rwe rw’amezi arindwi rumaze igihe rutonka ntirunywe n’amata kubera ko nta biribwa bihagije abona ndetse ngo nta n’amatungo ahari yo gukama.

Igiteye impungenge kurusha ibindi ni uko hari n’abana bagera kuri miliyoni 15 bashonje cyane.

Umusaruro w’amata muri Kenya wagabanutse ku kigero cya 80%.

Ku rundi ruhande ariko,ngo n’amazi yabaye macye k’uburyo ahari akoreshwa mu kuyanywa, guteka ariko ntibakarabe.

Ikindi ni uko mu bihe bitandukanye, muri kiriya gice habaye andi mapfa akomeye.

Ni ukuvuga hagati y’umwaka wa 2010-2011, hagati y’umwaka wa 2016-2017 ndetse n’umwaka wa 2020-2021.

Hejuru y’ibibazo byanditswe haruguru bitera ariya mapfa, hiyongeraho n’uko ikirere cyangiritse bigatuma ibihe by’imvura n’izuba bidasimburana uko byahoze.

Uku kudasimburana uko byahoze, bituma umusaruro urumba, amasoko y’amazi agakama, imigezi ikabura amazi bityo ubutayu bugakura.

Nk’uko byavuzwe haruguru, ibihugu bikize ku isi bisa n’aho nta handi bihanze amaso uretse muri Ukraine kubera intambara iri kurwana n’u Burusiya.

Ni intambara kandi ishobora kuzamara igihe kirekire kubera ko u Burusiya busa n’ubwiteguye gutangiza intambara ngari kurusha iyo bwatangije mu mezi abiri arenze ho iminsi micye ashize.

Iyi ntambara yatumye ibiciro ku isi bizamuka k’uburyo n’amafaranga ahari bamwe batakwemera kuyarekura batinya ko ibintu byazarushaho kuba bibi mu minsi iri imbere.

Akaga abo mu Ihembe ry’Afurika bafite kandi kaje cyangwa se, mu yandi magambo, kabanjirije icyorezo COVID-19.

Ingaruka iki cyorezo cyasigiye abantu nizo bari kurwana  nazo ngo barebe ko bakongera gusubira mu buzima bwakibanjirije.

N’ubwo kiriya kibazo gikomeye muri Somalia na Kenya, ariko hari n’ibindi bice by’Ihembe ry’Afurika bitamerewe neza harimo ibyo muri Ethiopia ndetse na Djibouti.

Abagore bahangayikishijwe no kubyara bagapfusha kubera inzara
Amatungo yishwe no kubura urwuri. Uyu mugore yafunze amazuru kubera umunuko
TAGGED:AmapfafeaturedInzaraKenyaSomalia
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Yabajije Abayobozi Impamvu Mu Rwanda Hadakorerwa Inkweto
Next Article Amafoto: Kigali Car Free Yitabiriwe Na Perezida Kagame Na Madamu We
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?