Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Isi Nitabare Abo Mu Ihembe Ry’Afurika, Inzara Irabarembeje
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Isi Nitabare Abo Mu Ihembe Ry’Afurika, Inzara Irabarembeje

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 May 2022 10:30 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ibiribwa, WFP, witwa Micheal Dunford aratabaza amahanga ngo atabare abaturage  bo mu Ihembe ry’Afurika bugarijwe n’inzara. Kugeza ubu abaturage bagera kuri miliyoni 20 barashonje bikomeye.

Icyakora amahanga muri iki gihe ahanze amaso muri Ukraine kubera intambara u Burusiya bwahashoje kurusha uko hari ahandi ku isi amahanga ahangayikiye.

Avuga ko amapfa ari muri kiriya gice, amaze imyaka ikabakaba 40, kandi ngo ikibi kurushaho ni uko muri ibyo bice hakunze no kuba intambara za Politiki n’izishingiye ku butaka n’amazi, bigaterwa n’uko ubutaka bwera bufite amazi ari macye.

Leta ya Kenya n’iya Somalia nizo zugarijwe na kiriya kibazo kurusha izindi.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Hari umugore wo muri Somalia witwa Fatouma Ankule uvuga ko uruhinja rwe rw’amezi arindwi rumaze igihe rutonka ntirunywe n’amata kubera ko nta biribwa bihagije abona ndetse ngo nta n’amatungo ahari yo gukama.

Igiteye impungenge kurusha ibindi ni uko hari n’abana bagera kuri miliyoni 15 bashonje cyane.

Umusaruro w’amata muri Kenya wagabanutse ku kigero cya 80%.

Ku rundi ruhande ariko,ngo n’amazi yabaye macye k’uburyo ahari akoreshwa mu kuyanywa, guteka ariko ntibakarabe.

Ikindi ni uko mu bihe bitandukanye, muri kiriya gice habaye andi mapfa akomeye.

- Advertisement -

Ni ukuvuga hagati y’umwaka wa 2010-2011, hagati y’umwaka wa 2016-2017 ndetse n’umwaka wa 2020-2021.

Hejuru y’ibibazo byanditswe haruguru bitera ariya mapfa, hiyongeraho n’uko ikirere cyangiritse bigatuma ibihe by’imvura n’izuba bidasimburana uko byahoze.

Uku kudasimburana uko byahoze, bituma umusaruro urumba, amasoko y’amazi agakama, imigezi ikabura amazi bityo ubutayu bugakura.

Nk’uko byavuzwe haruguru, ibihugu bikize ku isi bisa n’aho nta handi bihanze amaso uretse muri Ukraine kubera intambara iri kurwana n’u Burusiya.

Ni intambara kandi ishobora kuzamara igihe kirekire kubera ko u Burusiya busa n’ubwiteguye gutangiza intambara ngari kurusha iyo bwatangije mu mezi abiri arenze ho iminsi micye ashize.

Iyi ntambara yatumye ibiciro ku isi bizamuka k’uburyo n’amafaranga ahari bamwe batakwemera kuyarekura batinya ko ibintu byazarushaho kuba bibi mu minsi iri imbere.

Akaga abo mu Ihembe ry’Afurika bafite kandi kaje cyangwa se, mu yandi magambo, kabanjirije icyorezo COVID-19.

Ingaruka iki cyorezo cyasigiye abantu nizo bari kurwana  nazo ngo barebe ko bakongera gusubira mu buzima bwakibanjirije.

N’ubwo kiriya kibazo gikomeye muri Somalia na Kenya, ariko hari n’ibindi bice by’Ihembe ry’Afurika bitamerewe neza harimo ibyo muri Ethiopia ndetse na Djibouti.

Abagore bahangayikishijwe no kubyara bagapfusha kubera inzara
Amatungo yishwe no kubura urwuri. Uyu mugore yafunze amazuru kubera umunuko
TAGGED:AmapfafeaturedInzaraKenyaSomalia
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Yabajije Abayobozi Impamvu Mu Rwanda Hadakorerwa Inkweto
Next Article Amafoto: Kigali Car Free Yitabiriwe Na Perezida Kagame Na Madamu We
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?