Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 October 2025 3:13 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Einat Weiss
SHARE

Einat Weiss uhagarariye Israel mu Rwanda avuga ko ibihugu byombi byagize amateka mabi yaba aya Jenoside ndetse n’ibyabaye ku gihugu cye mu myaka ibiri ishize gusa ngo byanze guhera hasi, bireguka, birakora bitera imbere.

Mu itangazo yasohoye kuri uyu wa Kabiri tariki 07, Ukwakira umunsi igihugu cye n’isi muri rusange bibuka igitero Hamas yagabye kuri Israel, Ambasaderi Weiss yashimye umutima w’ubudaheranwa uranga abaturage b’iwabo n’abo mu Rwanda.

Ubwo Hamas yateraga Israel hari mu mpera z’Icyumweru abantu bagiye kuruhuka ku mucanga bishimana n’ababo.

Mu buryo butunguranye kandi buteye ubwoba, abarwanyi ba Hamas banyanyagije amasasu mu baturage yica abana, abagabo bakuru, abagore, abakecuru n’abandi.

Abantu 1,200 bahise bahasiga ubuzima abandi 250 batwarwa bunyago kandi muri bo hari abapfuye, imibiri yabo ikaba hari imwe muri yo itaragarurwa iwabo.

Ambasaderi Einat Weiss avuga ko uwo ari wo mubare munini w’abaturage ba Israel biciwe icyarimwe nyuma ya Jenoside yakorewe Abayahudi guhera mu mwaka wa 1940 kugeza mu wa 1945 ubwo mu Burayi habaga Intambara ya Kabiri y’Isi.

Nubwo ari uko bimeze kandi akababaro abaturage b’igihugu cye bagize kakaba ari kanini, ku rundi ruhande, uhagarariye Israel mu Rwanda avuga ko katabaheranye.

Ni ikintu avuga ko kiranga n’Abanyarwanda kuko nabo batemeye guheranwa n’agahinda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi ikica abantu miliyoni imwe mu minsi 100.

Jenoside yakorewe Abatutsi yatangiye tariki 07, Mata, ihagarikwa mu mpera za Nyakanga, uwo mwaka.

Einat yanditse ati: “ u Rwanda narwo ruzi uburemere bw’akababaro rwashyizwemo na Jenoside yakorewe Abatutsi. Yaba bo ndetse natwe abanya Israel twese dusangiye umurage w’ubudaheranwa.”

Avuga ko iyo wibutse amashusho y’ubugome bwakozwe na Hamas mu bice bya Israel birimo ahitwa Kibbutz Be’eri, Kfar Aza n’ahandi, uhita ukuka umutima.

Ibyabaye ku Rwanda n’ibyabaye kuri Israel nk’uko Ambasaderi Weiss abivuga byatumye ibihugu byombi bigira impamvu zikomeye zo gukorana muri ejo hazaza hafite inyungu zisangiwe.

Ku byerekeye intambara igihugu cye kiri kurwana na Hamas, yavuze ko kitigeze kiyihitamo, ahubwo ko ishingiye ku bushake budakuka bwo kubaho uyu munsi n’ejo hazaza.

Kuri we, ibyo ni ihame ry’ubutabera kandi ridakuka.

Inyandiko ye irangira ashimira Abanyarwanda ko bakomeje kuba incuti nziza za Israel mu mahoro no mu makuba.

Intero ya ‘Ntibizongere ukundi’ ngo ni indahiro idakuka kandi izahererekanywa mu bisekuru n’ibisekuru.

TAGGED:AmbasadefeaturedHamasIsrael
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Huye: Abagabo Bane Bakurikiranyweho Gutema Abaturage
Next Article Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Imikino Ya NBA Igiye Gusubukurwa Mu Bushinwa

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Umuhanga Wabwiye Isi Imibereho Y’Impundu Jane Goodall Yapfuye

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bagera Ahandi Bakisanga Mu Buretwa-Amb Kimonyo 

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Amerika Ntishaka Umusirikare Wayo Ubyibushye

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Huye: Abagabo Bane Bakurikiranyweho Gutema Abaturage

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Polisi Yafashe Abategeraga Abantu Muri Gare Ya Nyanza Bakabambura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Macron Mu Ihurizo Ryo Kubona Minisitiri W’Intebe Uhamye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Hari Icyo Sena Yifuza Ku Banyarwanda Baba Mu Mahanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?