Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Israel Yishe Umuyobozi Mukuru Wa Hezbollah
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

Israel Yishe Umuyobozi Mukuru Wa Hezbollah

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 September 2024 2:26 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Inkuru ikomeye iri mu itangazamakuru mpuzamahanga ni uko Israel yishe Hassan Nasrallah uyobora Hezbollah, imutsinda mu gitero yagabye i Beirut mu murwa mukuru wa Lebanon.

Yari amaze imyaka 32 ayobora uyu mutwe muri iyi minsi uhanganye na Israel bikomeye.

Minisiteri y’ingabo za Israel ivuga ko kuri uyu wa Gatanu ari bwo Sayyed Hassan Nasrallah yiciwe mu gitero cyagabwe n’indege ubwo zarasaga ku cyicaro cya Hezbollah kiri i Beirut.

Yicanwe na Ali Karaki wari ushinzwe abarwanyi ba Hezbollah bakorera mu Majyepfo ya Lebanon aho abarwanyi ba Hezbollah bakunze kurasira muri Israel.

Ingabo za Israel zigamba ko zishe Nasrallah zikoresheje missiles ziremereye cyane kuko yiciwe mu nzu iri munsi y’ubutaka aho Ibiro bye bikorera ahitwa Dahieh muri Beirut

Umugaba w’ingabo za Israel witwa Let Herzi Halevi yavuze ko bafite urutonde rw’abandi bantu bakomeye muri Hezbollah bazicwa byatinda byatebuka.

Halevi yagize ati: “ Abantu bose bateje Israel akaga tuzabamenya aho baba bari hose niyo baba bari kure kandi tuzabivuna”.

Lt Gen Halevi umugaba w’ingabo za Israel

Yavuze ko Israel yamaze igihe kirekire itegura ibyo muri Lebanon kandi ngo n’igitero cyahitanye Nasrallah cyari kimaze igihe kirekire gitegurwa.

Avuga ko cyakozwe neza kandi mu gihe nyacyo.

Umugaba mukuru w’ingabo za Israel avuga ko ingabo ze zikomeje gutegura ibindi bikorwa bya gisirikare bikomeye.

Yavuze ko inzego zose z’umutekano wa Israel zirimo n’izikora ubutasi ziri kandi zigomba gukomeza kuba maso, ziteguye gukora ibishoboka byose ngo zirinde Israel umwanzi uwo ari we wese.

Israel ivuga ko yagabye igitero kuri Nasrallah mu gihe nyacyo kuko yari ari mu nama yamuhuje n’umuyobozi wa Hezbollah mu Majyepfo ya Lebanon bari gutegura ikindi gitero kuri Israel.

Mu myaka 32 yari amaze ayobora Hezbollah,  Sayyed Hassan Nasrallah yari afitanye imikoranire na Hamas ndetse yakomeye guhera taliki 08, Ukwakira, 2023 ubwo Hamas yateraga Israel ikica abaturage 1200 abandi ikabajyana bunyago.

Undi waguye mu gitero cya Israel cyaraye gihitanye Nasrallah ni umukobwa we Zainab.

 

TAGGED:featuredHezbollahIgiteroIsrael IntambaraLebanon
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Itangazamakuru Risabwa Kurushaho Kumenyesha Abaturage Gahunda Z’Ubuhinzi
Next Article U Rwanda Rugiye Kubaka Ikigo Cyo Ku Rwego Rw’Isi Kigisha Umukino W’Igare
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

DRC: Abanyamahanga Ntibemerewe Gukora Ubucuruzi Buto Buto

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?