Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Isuku Y’Umutwe W’Abana Niyo Biyemeje Gushoramo Imari
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Isuku Y’Umutwe W’Abana Niyo Biyemeje Gushoramo Imari

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 January 2024 2:47 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Mujyi wa Kigali hari inzu ikorera abana bonyine isuku ku mutwe yitwa Nik Saloon. Yari isanzwe ikorera i Nyarutarama ariko abayiyobora bavuga ko muri Gashyantare, 2024 bazagurira imirimo mu Kagari ka Kabeza muri Kanombe ya Gasabo.

Aaron Mugabo ushinzwe ibikorwa mu kigo NK Holdings Ltd avuga ko muri Gashyantare, 2024 bazafungura ikindi cyumba cyo kwita ku bana muri Kabeza nk’uko icyo bari basanganywe muri Nyarutarama cyakoraga.

Bavuga ko bashinze iyo saloon kugira ngo bite ku bana babogoshe batabangamiye cyangwa ngo babangamirwe n’abantu bakuru.

Mugabo avuga ko no mu buryo busanzwe abana bagira umwihariko ugendanye ni uko ari abana.

Ati:“ Impamvu twahisemo kogosha abana gusa ni uko iyo abana bagiye ahantu hari abantu bakuru usanga barira, bari gukubagana,…mbese ntibisanzure. Kandi burya erega imashini zikora ku bana si kimwe n’imashini zogosha abantu bakuru. Kandi ikindi burya ibyo abana b’abakobwa bisukisha si ibyo bakuru babo cyangwa ba Nyina basuka.”

Abana b’abakobwa bagira ababitaho

Avuga ko muri Nik Saloon abana bogoshwa batuje kuko baba bicaye mu ntebe zibaha umutuzo,  abashaka gukina nabo bagahabwa ibyuma by’ikoranabuhanga birimo imikino ituma batarambirwa kuko ikinirwa kuri tablets.

Hari n’abiyogeshesha bicaye mu modoka z’ibikinisho.

Aaron avuga ko bahisemo kwagurira imikorere muri Kabeza mu rwego rwo kwegera abaturage bashobora kuva kure nka za Masaka, Kabuga n’ahandi.

Hagati aho, abo muri iyi salon  bavuga ko bagiye kwizihiza imyaka itatu bamaze bakora, muri ibyo bikorwa hakazabamo na tomboka izaha abantu amahirwe yo kogoshesha abana babo ku buntu, abandi bagatombora ibindi bitandukanye.

Igihembo nyamakuru ni imodoka y’igikinisho y’abana yo mu bwoko bwa Range Rover izatomborwa nyuma igahabwa umwana w’umunyamahirwe kurusha abandi.

Imodoka izatangwa taliki 12, Gashyantare, 2024, bikazabera Kabeza ahazamurikwa iyo salon nyirizina.

Iyi bazayitomborera Kabeza

Andi mafoto:

Abana bakorerwa imisatsi igasa neza
NIK Salon yari isanzwe ikorera i Nyarutarama
Baba bari mu byiciro by’imyaka itandukanye
Yashyize inyenyeri ya Dawidi mu musatsi we. Niyo iranga ibendera rya Israel
Bashyiriweho uburyo butuma bugoshwa batuje nta rwaserera
TAGGED:AbanaSaloon. Kabeza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gisagara: Huzuye Uruganda Rw’Amashanyarazi Akomoka Kuri Nyiramugengeri
Next Article Ubufaransa Bufite Minisitiri W’Intebe Mushya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rubavu: Minisitiri W’Intebe Yasuye Inganda Zikora Ku Kiyaga Cya Kivu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Ab’i Musanze Bibukijwe Akamaro Ingagi Zibafitiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rwanda: Ibiciro By’Ibikomoka Kuri Petelori Byazamutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?