Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Itangazamakuru Ryugarijwe N’Abashaka Views- Depite Dr. Habineza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Itangazamakuru Ryugarijwe N’Abashaka Views- Depite Dr. Habineza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 November 2023 7:28 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuyobozi w’Ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera Ibidukikije Depite Dr. Habineza Frank  avuga ko kimwe mu bituma abantu baha itangazamakuru isura ridafite ari abakoresha nabi imiyoboro ya YouTube bakayikoresha bitari kinyamwuga bishakira ibyo bita ‘views.’

Taliki 01, Ugushyingo, 2023, ubwo Umukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB), Dr Usta Kaitesi yagezaga ku Nteko rusange igizwe n’Imitwe yombi raporo y’ibikorwa bya Guverinoma y’umwaka 2022-2023 na gahunda y’ibikorwa by’umwaka wa 2023-2024 nibwo Depite Habineza yabitanzemo igitekerezo.

Nyuma yo kumva ibyagezweho mu rwego rw’itangazamakuru, Depite wa Green Party Dr. Frank Habineza yabaye nkutabariza itangazamakuru avuga ko ryinjiwemo na ‘nkongwa yitwa Views.’

Kuri we, itangazamakuru ryandika rifite agaciro kanini k’uburyo rikwiye gutabarwa rikarindwa kwinjirirwa na YouTube na views zayo za hato na hato.

Avuga ko kuba hari abakora itangazamakuru batararyize ndetse n’amashuri yabo muri rusange akbaba ari make, bituma barikoreramo amakosa y’umwuga abandi bakarikoreramo ibyo amategeko yita ibyaha.

Yagize ati “Mbona mwabigenzura kuko bamwe bavuga ko atari abanyamakuru…Ukabona ko mu nkuru batanga harimo izisebya abantu, zitukana, zimwe zirimo n’ibyaha. Sinzi icyo muzakubivugaho.”

Kuri iyi ngingo, Dr. Usta Kaitesi yagize ati “Ikibazo cy’itangazamakuru ritari iry’umwuga wise ‘Fake media’ kandi rero iyo ikintu cyabaye “fake” biragora kukigenzura. Kiba gikwiriye kwimurirwa mu nzego z’iyubahirizwa ry’amategeko kuko itangamakuru ritari iry’umwuga(Fake Media) ni iribeshya, kandi ntabwo nziko hashobora kubaho “fake media” itabeshya.”

Kaitesi avuga ko uko kubeshya kudakora kinyamwuga gufite inzira gukurikiranwamo.

Muri izo nzira, avuga ko hari n’Urwego rw’abanyamakuru bigenzura, bafite uko babikurikirana, ariko ko iyo birenze urwo rwego, ahasigaye haba ari ah’amategeko ahana ibyaha.

Dr Usta Kaitesi avuga ko hari gahunda yo kuvugurura politiki nshya y’itangazamakuru bityo bikazafasha gukemura bimwe mu bibazo rihura nabyo muri iki gihe.

Dr Usta Kaitesi uyobora RGB

Hagati aho ariko, RGB yabwiye Abadepite ko yateye inkunga abanyamakuru mu buryo butandukanye.

Urugero ngo ni urw’amafaranga y’inkunga angana na Frw 122,610,073 yahaye ishyirahamwe nyarwanda ry’abanyamakuru(Association Rwandaise des Journalistes, ARJ) mu gihe Urwego rw’Abanyamakuru bigenzura(Rwanda Media Commission, RMC) yaruhaye Frw 192,774,951.

Yahaye kandi abagore bakora umwuga w’itangazamakuru (AREFM) agana na Frw 23,689,932.

RGB yateye inkunga kandi ibitangazamakuru 22 , ibiha Frw 170,937,000.

TAGGED:featuredFrankHabinezaItangazamakuruKaitesiRGBViewsYouTube
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rwahisemo Kuba Igihugu Buri Wese Yakwifuza Gusura- Kagame
Next Article Umunyamakuru Manirakiza Yajuririye Icyemezo Kimufunga By’Agateganyo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Ingengabihe Y’Umwaka Utaha W’Amashuri Yatangajwe

Yanditse Igitabo Ku Gahinda Yatewe No Gupfusha Umugore We

Uganda: Umwe Mu Bakire Bakomeye Yiciwe Mu Biro Bye

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Gaza: Ingabo Za Israel Zishe Abanyamakuru

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Bafatanywe lbilo 30 By’urumogi Babitwaye Kuri Moto

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?