Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Itegeko Rishya Rishobora Gukora Kuri Moïse Katumbi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Itegeko Rishya Rishobora Gukora Kuri Moïse Katumbi

admin
Last updated: 14 July 2021 12:19 pm
admin
Share
SHARE

Inteko ishinga amategeko ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo igiye gutangira gusuzuma iremezo ry’umushinga w’itegeko rigenga ubwenegihugu, ushobora kwambura amahirwe abanyapolitiki batavuka ku babyeyi bombi b’abanye-Congo, nka Moïse Katumbi.

Impinduka mu bijyanye n’ubwenegihugu zatangijwe na Noël Tshiani wiyamamarije kuyobora RDC mu 2018, ariko agatsindwa. Haje gutegurwa umushinga w’itegeko, Depite Nsingi Pululu awushyikiriza inteko ishinga amategeko ku wa 8 Nyakanga.

Perezida w’umutwe w’abadepite, Christophe Mboso Nkodia, kuri uyu wa Kabiri yemeje ko uriya mushinga w’itegeko ugiye kuganirwaho.

Ubusanzwe Itegeko Nshinga rya RDC mu ngingo ya 10 riteganya ko ubwenegihugu bwa Congo bubonwa n’umuntu kubera inkomoko ku mubyeyi umwe cyangwa babiri b’abanye-Congo, cyangwa se akabubona abuhawe.

Nyamara mu mushinga w’itegeko wabyukijwe ku bwenegihugu, hateganywamo ko imyanya ikomeye muri politiki igomba guhabwa abenegihugu babukomora ku babyeyi bombi b’abanye-Congo. Bivuze ko umuntu ukomora ubwenegihugu ku mubyeyi umwe adashobora kuba umuyobozi ukomeye.

Ku bwa Tshiani, imyanya y’amabanga akomeye nka perezida wa repubulika ikwiye guhabwa umuntu uvuka kuri se na nyina bombi b’abanye-Congo.

Aheruka kuvuga ati “Dukeneye kwizezwa ko tutemerera imyanya yubashywe abantu tutizeye neza urukundo bafitiye igihugu cyacu.”

Ni ingingo yakomeje gufatwa nk’igamije gufungira amayira Moïse Katumbi wahoze ari Guverineri w’Intara ya Katanga, wifuzaga kwiyamamariza kuyobora RDC mu matora ategerejwe mu 2023.

Katumbi aheruka kuvuga ko igikwiye guhabwa agaciro ari Itegeko Nshinga, ku buryo nibitaba ibyo bazahaguruka bakabyamagana.

Noël Tshiani watangije uyu mushinga we avuga ko ntaho bihuriye n’amatora yo mu 2023.

Bamwe mu basesenguzi mu bya politiki muri RDC bafite ubwoba ko iri tegeko rishobora gusubiza irudubi umwuka wa politiki wari umaze kuba mwiza ku bwa Perezida Felix Tshisekedi. 

Moïse Katumbi yagize ubwenegihugu bwa RDC n’ubw’u Butaliyani. Se yavukiye ku kirwa cy’u Bugereki cya Rhodes cyari cyarigaruriwe n’u Butaliyani. Yavutse mu 1964  kuri nyina w’umunye-Congo, ari na we akomoraho ubwenegihugu bwa RDC.

 

 

 

TAGGED:Moïse KatumbiRDCTshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abasenyeri Gatolika Bo Mu Rwanda Bunamiye Cardinal Laurent Monsengwo
Next Article WASAC Igiye Kugabanywamo Ibigo Bibiri
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Israel Yongereye Ibitero Muri Gaza 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ukraine Yahejwe Mu Biganiro Byo Kurangiza Intambara Yayishegeshe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

DRC: Abanyamerika Barashaka Kubaka Uruganda Rw’Amashanyarazi Mu Kivu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?