Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Itegeko Rishya Rishobora Gukora Kuri Moïse Katumbi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Itegeko Rishya Rishobora Gukora Kuri Moïse Katumbi

admin
Last updated: 14 July 2021 12:19 pm
admin
Share
SHARE

Inteko ishinga amategeko ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo igiye gutangira gusuzuma iremezo ry’umushinga w’itegeko rigenga ubwenegihugu, ushobora kwambura amahirwe abanyapolitiki batavuka ku babyeyi bombi b’abanye-Congo, nka Moïse Katumbi.

Impinduka mu bijyanye n’ubwenegihugu zatangijwe na Noël Tshiani wiyamamarije kuyobora RDC mu 2018, ariko agatsindwa. Haje gutegurwa umushinga w’itegeko, Depite Nsingi Pululu awushyikiriza inteko ishinga amategeko ku wa 8 Nyakanga.

Perezida w’umutwe w’abadepite, Christophe Mboso Nkodia, kuri uyu wa Kabiri yemeje ko uriya mushinga w’itegeko ugiye kuganirwaho.

Ubusanzwe Itegeko Nshinga rya RDC mu ngingo ya 10 riteganya ko ubwenegihugu bwa Congo bubonwa n’umuntu kubera inkomoko ku mubyeyi umwe cyangwa babiri b’abanye-Congo, cyangwa se akabubona abuhawe.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Nyamara mu mushinga w’itegeko wabyukijwe ku bwenegihugu, hateganywamo ko imyanya ikomeye muri politiki igomba guhabwa abenegihugu babukomora ku babyeyi bombi b’abanye-Congo. Bivuze ko umuntu ukomora ubwenegihugu ku mubyeyi umwe adashobora kuba umuyobozi ukomeye.

Ku bwa Tshiani, imyanya y’amabanga akomeye nka perezida wa repubulika ikwiye guhabwa umuntu uvuka kuri se na nyina bombi b’abanye-Congo.

Aheruka kuvuga ati “Dukeneye kwizezwa ko tutemerera imyanya yubashywe abantu tutizeye neza urukundo bafitiye igihugu cyacu.”

Ni ingingo yakomeje gufatwa nk’igamije gufungira amayira Moïse Katumbi wahoze ari Guverineri w’Intara ya Katanga, wifuzaga kwiyamamariza kuyobora RDC mu matora ategerejwe mu 2023.

Katumbi aheruka kuvuga ko igikwiye guhabwa agaciro ari Itegeko Nshinga, ku buryo nibitaba ibyo bazahaguruka bakabyamagana.

- Advertisement -

Noël Tshiani watangije uyu mushinga we avuga ko ntaho bihuriye n’amatora yo mu 2023.

Bamwe mu basesenguzi mu bya politiki muri RDC bafite ubwoba ko iri tegeko rishobora gusubiza irudubi umwuka wa politiki wari umaze kuba mwiza ku bwa Perezida Felix Tshisekedi. 

Moïse Katumbi yagize ubwenegihugu bwa RDC n’ubw’u Butaliyani. Se yavukiye ku kirwa cy’u Bugereki cya Rhodes cyari cyarigaruriwe n’u Butaliyani. Yavutse mu 1964  kuri nyina w’umunye-Congo, ari na we akomoraho ubwenegihugu bwa RDC.

 

 

 

TAGGED:Moïse KatumbiRDCTshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abasenyeri Gatolika Bo Mu Rwanda Bunamiye Cardinal Laurent Monsengwo
Next Article WASAC Igiye Kugabanywamo Ibigo Bibiri
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyoboza Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?