Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Itsinda Wenge Musica Ryagarutse
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Itsinda Wenge Musica Ryagarutse

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 April 2022 2:20 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Cyera kabaye abagabo babiri bahoze ari inkingi zikomeye z’itsinda rya muzika ryavukiye mu cyahoze ari Zaïre( DRC y’ubu) ryitwaga Wenge Musica zigasenyuka kubera inoti, bongeye bihuje.

Umwuka mubi hagati y’abari bagize iri tsinda wazamutse nyuma y’ingendo zo kuzenguruka Afurika n’i Burayi bacuranga Ndombola ya Solo amafaranga bakuyemo akaba menshi  bakananirwa kuyumvikanaho.

Jean Bedel Mpi’ana ( JB Mpi’ana) na Werra Son  bongeye kwihuza kugira ngo bongere bakore itsinda rikomeye ry’umuziki ndetse ngo rizataramira taliki 30, Kamena, 2022.

Biteganyijwe ko kiriya gitaramo kizitabirwa n’abantu 80,000.

Hari hashize imyaka 25 badakorana, buri wese akora ibye.

Batandukanye taliki 05, Nzeri, 1997.

Werrason. Jean Bedel Mpi’ana, Didier Masela, Alain Makaba nibo bari abaririmbyi bakomeye b’iri tsinda.

Aba bagabo bahujwe n’umushoramari wo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo  ariko ufite n’ubwenegihugu bwa Guinée witwa Amadou Diaby.

Mu gihe cy’imyaka 25 bamaze badakorana, buri wese yakoraga k’uburyo arusha mugenzi we gukundwa haba mu ndirimbo yakoze cyangwa se mu gitaramo yakoresheje.

Akazi ko kubahuza kamaze amezi abiri, Diaby akura n’umwe agahura n’undi, akumva ibyifuzo bya buri wese.

Bahuriraga mu nzu iri mu gace k’abaherwe kitwa Gombé.

Ubu abafana bifuza kuzareba uko igitaramo cy’aba bagabo bakoreye hamwe indirimbo zirimo Kala Yi Boeing, Ndombolo ya Solo, Titanic, Pentagone,…

TAGGED:featuredUmuzikiWenge
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mu Minsi Irindwi U Rwanda Rwinjije U$ 1,711,935 Yaturutse Mu Ikawa N’icyayi
Next Article U Rwanda Na Congo Brazzaville Basinye Amasezerano Yo Gukorana Mu Nzego Zirimo N’Ubukorikori
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?