Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Iyo Abantu Bashonje Bararwana- Umuhanga Mu Kwihaza Mu Biribwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Iyo Abantu Bashonje Bararwana- Umuhanga Mu Kwihaza Mu Biribwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 August 2024 1:51 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umwe mu bahanga mu byo kwihaza mu biribwa witwa Amath Pathé Sene  uyobora Ikigo Africa Food Systems Forum avuga ko iyo abaturage bashonje baba bafite ibyago byo gusubiramo. Yabivugiye mu nama yahuje itangazamakuru n’ubuyobozi buri gutegura inama mpuzamahanga izigirwamo uko ubuhinzi muri Afurika bwahaza abayituye.

Iyo nama yateguwe na Africa Food Systems Forum izaba mu ntangiriro za Nzeri, 2024 ikabera mu Rwanda.

Avuga ko bimwe mu bizaganirirwa muri iriya nama ari ukurebera hamwe uko ubuhinzi bwaba isoko y’amajyambere, bukareka gukomeza kuba ubw’abantu bakuze gusa ahubwo n’urubyiruko rukabwitabira.

Yemeza ko abayobozi ba Afurika bakwiye gushyira imbaraga mu kongerera ubuhinzi imbaraga kugira ngo abaturage bihaze mu biribwa kuko iyo bitabaye ibyo bishobora gutuma basubiranamo.

Ni aka wa mugani w’Abanyarwanda uvuga ko ‘abasangira ubusa bitana ibisambo’.

Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’ubuhinzi Dr. Olivier Kamana avuga ko u Rwanda rwakoze uko rushoboye rukura benshi mu barutuye mu guhorana inzara.

Avuga ko mu mwaka wa 1994 Abanyarwanda benshi bapfuye, abasigaye barahunga bituma abantu bari buhinge bakazamura umusaruro mu buhinzi babura.

Kamana avuga ko mu nama zabereye mu Urugwiro Village ari zo zigiwemo gahunda zo kuzamura ubuhinzi bw’u Rwanda.

Muri zo havuyemo icyo Dr. Kamana yise Bibiliya y’ubuhinzi, kikaba uburyo bwo kuzazahura ubuhinzi bukava mu bwa gakondo bukaba ubw’umwuga.

Avuga ko uko igihe cyatambukaga, Guverinoma yarebaga uko yazamura umusaruro w’ibihingwa bitandukanye, atanga urugero rw’umuceri.

Kuba 80% by’Abanyarwanda batunzwe n’ubuhinzi, Dr. Kamana avuga ko uwo mwuga ari ngombwa ko utezwa imbere.

Kuba ubuhinzi bukorwa n’uwo mubare, kuri we bivuze ko abahinzi bagomba gushyirwa ku isonga.

Inama ya Africa Food Systems Forum iba buri mwaka ariko ikabera mu Rwanda buri myaka ibiri.

Izaba muri Nzeri uyu mwaka yateguwe ku bufatanye bwa AGRA, Guverinoma y’u Rwanda n’ibindi bigo mpuzamahanga.

Biteganyijwe ko mu banyacyubahiro bazayitabira harimo na Perezida Paul Kagame n’abandi.

Izigirwamo uko ubuhinzi bwo muri Afurika bwavugururwa, bukagendana n’igihe kandi bukareka kuba ubwa abakuze gusa ahubwo n’urubyiruko rukabwitabira.

Uru rwego rw’ubukungu rurugarijwe.

Impamvu yabyo ni uko imihindagurikire y’ikirere yatumye haduka indwara z’ibihingwa, amapfa arushaho kuba henshi hiyongeraho n’ibindi biza nk’imyuzure n’ibindi.

Muri iriya nama hazigirwamo uko ubuhinzi bwa Afurika bwahangana n’ibyo bibazo.

TAGGED:AbahinzifeaturedInamaKamanaUmuhanga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Karongi: Coaster Yakoze Impanuka Ikomeye
Next Article Muhanga: Uwashakaga Kuba Depite Arashinjwa Jenoside
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Ibanga Kepler Yakoresheje Ngo Ihagarare Neza Muri Basket Y’Abagore

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Kwitabira Gufata Irangamimerere Byitabirwe Na Buri Wese- MINALOC 

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?