Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Iyo Abantu Bashonje Bararwana- Umuhanga Mu Kwihaza Mu Biribwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Iyo Abantu Bashonje Bararwana- Umuhanga Mu Kwihaza Mu Biribwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 August 2024 1:51 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umwe mu bahanga mu byo kwihaza mu biribwa witwa Amath Pathé Sene  uyobora Ikigo Africa Food Systems Forum avuga ko iyo abaturage bashonje baba bafite ibyago byo gusubiramo. Yabivugiye mu nama yahuje itangazamakuru n’ubuyobozi buri gutegura inama mpuzamahanga izigirwamo uko ubuhinzi muri Afurika bwahaza abayituye.

Iyo nama yateguwe na Africa Food Systems Forum izaba mu ntangiriro za Nzeri, 2024 ikabera mu Rwanda.

Avuga ko bimwe mu bizaganirirwa muri iriya nama ari ukurebera hamwe uko ubuhinzi bwaba isoko y’amajyambere, bukareka gukomeza kuba ubw’abantu bakuze gusa ahubwo n’urubyiruko rukabwitabira.

Yemeza ko abayobozi ba Afurika bakwiye gushyira imbaraga mu kongerera ubuhinzi imbaraga kugira ngo abaturage bihaze mu biribwa kuko iyo bitabaye ibyo bishobora gutuma basubiranamo.

Ni aka wa mugani w’Abanyarwanda uvuga ko ‘abasangira ubusa bitana ibisambo’.

Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’ubuhinzi Dr. Olivier Kamana avuga ko u Rwanda rwakoze uko rushoboye rukura benshi mu barutuye mu guhorana inzara.

Avuga ko mu mwaka wa 1994 Abanyarwanda benshi bapfuye, abasigaye barahunga bituma abantu bari buhinge bakazamura umusaruro mu buhinzi babura.

Kamana avuga ko mu nama zabereye mu Urugwiro Village ari zo zigiwemo gahunda zo kuzamura ubuhinzi bw’u Rwanda.

Muri zo havuyemo icyo Dr. Kamana yise Bibiliya y’ubuhinzi, kikaba uburyo bwo kuzazahura ubuhinzi bukava mu bwa gakondo bukaba ubw’umwuga.

Avuga ko uko igihe cyatambukaga, Guverinoma yarebaga uko yazamura umusaruro w’ibihingwa bitandukanye, atanga urugero rw’umuceri.

Kuba 80% by’Abanyarwanda batunzwe n’ubuhinzi, Dr. Kamana avuga ko uwo mwuga ari ngombwa ko utezwa imbere.

Kuba ubuhinzi bukorwa n’uwo mubare, kuri we bivuze ko abahinzi bagomba gushyirwa ku isonga.

Inama ya Africa Food Systems Forum iba buri mwaka ariko ikabera mu Rwanda buri myaka ibiri.

Izaba muri Nzeri uyu mwaka yateguwe ku bufatanye bwa AGRA, Guverinoma y’u Rwanda n’ibindi bigo mpuzamahanga.

Biteganyijwe ko mu banyacyubahiro bazayitabira harimo na Perezida Paul Kagame n’abandi.

Izigirwamo uko ubuhinzi bwo muri Afurika bwavugururwa, bukagendana n’igihe kandi bukareka kuba ubwa abakuze gusa ahubwo n’urubyiruko rukabwitabira.

Uru rwego rw’ubukungu rurugarijwe.

Impamvu yabyo ni uko imihindagurikire y’ikirere yatumye haduka indwara z’ibihingwa, amapfa arushaho kuba henshi hiyongeraho n’ibindi biza nk’imyuzure n’ibindi.

Muri iriya nama hazigirwamo uko ubuhinzi bwa Afurika bwahangana n’ibyo bibazo.

TAGGED:AbahinzifeaturedInamaKamanaUmuhanga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Karongi: Coaster Yakoze Impanuka Ikomeye
Next Article Muhanga: Uwashakaga Kuba Depite Arashinjwa Jenoside
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?