Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Jason Derulo Yateye Ikofe Uwamwise Usher
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ibyamamare

Jason Derulo Yateye Ikofe Uwamwise Usher

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 January 2022 11:35 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Polisi ya Las Vegas yataye muri yombi umuhanzi uri mu bakomeye ku isi witwa Jason Deluro nyuma y’uko icyi cyamamare giteye igipfunsi umufana wacyo wakitaga Usher. Uyu Usher nawe ni umuhanzi wakunzwe mu myaka yashize ariko utagikunzwe muri iki gihe nk’uko bimeze kuri Deluro.

Ababibonye n’amaso bafashe video y’uko byagenze bayiha ikinyamakuru The Sun cyo mu Bwongereza.

Muri iriya video hagaragaramo Jason Deluro yicaye hanze ya Hotel  hakaza umugabo agatangira kumubwira mu ijwi riranguruye ko asa na Usher.

Ndetse ngo uriya mugabo yabivugaga cyane ari nako amutuka.

Bidatinze Deluro yahagurutse yirukankana uwo mugabo, undi amukwepa agana ahantu hari urukuta, Deluro aramufata ubundi igipfunsi kiravuga.

Deluro atera uwo mugabo igipfunsi

Hari n’abandi bantu benshi bari bari kumwe na Deluro basakiranye n’abandi bari hafi y’uwo mugabo wamutaga Usher hanyuma impando zombi ziterana igipfunsi biratinda!

Mu gihe ibintu byari bikomeye, undi mugabo yaturutse inyuma ya Deluro nawe amwita Usher, Deluro azibiranywa n’umujinya arahindukira amutera igipfunsi kiremereye agwa hasi.

Deluro wari uri kumwe n’umwe mu basore bamurinda, yamuciye mu rihumye arahindukira akubita umuntu igipfunsi aragwa.

Polisi nibwo yatabaraga ifata Deluro gusa nyuma aza kurekurwa.

Uyu Usher ni umuhanzi wo muri Amerika watangiye umuziki mu mwaka wa 1993 kugeza n’ubu akiwukora.

Usher ari kumwe n’umugore we Grace Miguel

Afite televiziyo yitwa The Voice akagira n’Ikigo cy’ubucuruzi yise Usher’s New Look.

Jason Joel Desrouleaux uzwi ku izina rya Jeson Deluro ni umuhanzi w’Umunyamerika watangiye umuziki mu mwaka wa 2006 kugeza n’ubu akiwukora.

TAGGED:AmerikaDelurofeaturedHoteliIkofeUmufana
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abunganira Béatrice Munyenyezi Babuze Mu Rukiko Urubanza Rurasubikwa
Next Article Biyemeje Gufasha Abafite Ubumuga Bwo Kutumva No Kutavuga Kumenya Iby’Imyororokere
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?