Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Jean-Claude Van Damme Yemeye Gushakira DRC Abashoramari
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Jean-Claude Van Damme Yemeye Gushakira DRC Abashoramari

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 April 2022 3:24 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Icyamamare muri filimi ku rwego rw’isi, Umubiligi akaba n’Umunyamerika Jean Claude Van Damme yemeye kuba Ambasaderi w’Icyubahiro wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo, uzayishakira abashoramari mu buhinzi no mu zindi nzego.

Repubulika ya Demukarasi ya Congo iri gushaka ibyamamare ngo biyifashe kurushaho kuzamura isura yayo mu ruhando mpuzamahanga.

Hashize igihe gito ihaye inshingano zo kuyibera Ambasaderi w’Icyubahiro ibindi byamamare birimo abahanzi nka Gims na Dadju bakorera mu Bufaransa.

Jean-Claude Van Damme we yageze i Kinshasa kuri uyu wa Gatatu taliki 06, Mata, 2022 yakirwa n’abayobozi mu nzego za Politiki n’izindi.

Nyuma y’ibiganiro yagiranye nabo, bamuhaye urupapuro rw’inzira( passport) rw’abadipolomate kugira ngo ajye abona uko avugira kiriya gihugu nka Ambasaderi wacyo w’icyubahiro.

Yahawe ubutumwa bwo gushakira Repubulika ya Demukarasi ya Congo abashoramari mu nzego z’ubuhinzi, abashoramari mu bikorwa byo kurinda ibidukikije ndetse n’ibyo guteza imbere umuco w’abatuye kiriya gihugu na siporo zigikinirwamo.

Icyamamare Jean Claude Van-Damme yabwiye RFI ko azakora uko ashoboye akagira uruhare rugaragara mu guteza imbere kurinda ibidukikije bya kiriya gihugu.

Ati: “ Mu nshingano zanjye harimo no kubwira isi ko hari ahantu kuri uyu mugabane bashobora guteza imbere mu nyungu z’Umubumbe w’isi wose aho kgira ngo bahore bahanze amaso mu yindi mibumbe iba mu isanzure. Congo-Kinshasa ni ibihaha by’isi, ikwiye gufashwa mu kurinda ibinyabuzima biyituye.”

Kurinda ibidukikije muri iki gihe byabaye kimwe mu bintu bikomeye Politiki mpuzamahanga ishingiyeho.

Ubuyozozi bwa DRC bwasanze gukorana n’ibyamamare bikomeye nka Van Damme byafasha mu gutuma abashoramari mu nzego zitandukanye bagana kiriya gihugu.

Van-Damme avuga ko akazi ke azagakora k’ubuntu, ko ‘atazaka amafaranga.’

TAGGED:DRCfeaturedPolitikiVan-Damme
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ntihazagire Uwibeshya Ku Gihugu Cyacu-Perezida Kagame
Next Article Nk’Umuyahudi, Numva Akababaro K’Abarokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi- Ambasaderi Wa Israel
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

BRD Yahawe Umuyobozi Mushya

Musanze: Polisi Yabatunguye Bari Gukora Inzoga Zitemewe

Ibitabo Umuntu Yandika Ni Umutungo We Bwite Ashobora No Gutanga- Prof Nzeyimana Wigisha Filozofiya

Minisitiri W’Umutekano Asaba Abaturage Kuzirikana Ko Umutekano Ugira Ikiguzi

Hashyizweho Itsinda Rizakurikirana Uko Kuhira Imyaka Bizakorwa Muri Kayonza

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ababitse Ibitabo By’Amateka Y’u Rwanda Barasabwa Kubishyira Inkoranyabitabo Y’Igihugu

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Ntizemerewe Gucumbikirwa Mu Miryango 

Kagame Yibukije Abanyamuryango Ba FPR-Inkotanyi Ko Ruswa Ikiri Ikibazo

Ikawa Niyo Yinjirije u Rwanda Menshi Mu Bihingwa Rwagurishije Mu Mahanga

Rwanda:Abagore Bakina Shampiyona Y’Umupira W’Amaguru Banenga Imisifurire

You Might Also Like

Mu Rwanda

Guverineri W’Intara y’Amajyaruguru Asaba Abaturage Kwitabira Gutera Ibiti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

M23 Ivuga Ko Yakuye Abarwanyi Bayo Muri Uvira, Leta Ya Kinshasa Iti: ‘Murabeshya!’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abanyarwandakazi Bafite Ubumuga Bwo Kutabona Barataka Kubera Ihohoterwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

RDB Yongereye Amasaha Yo Gufungura Utubari 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?