Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Jean Paul Samputu Arashaka Gushinga ‘Umutwe Wa Politiki’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Jean Paul Samputu Arashaka Gushinga ‘Umutwe Wa Politiki’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 April 2021 12:36 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Iby’uko Jean Paul  Samputu ashaka gushinga umutwe wa Politiki byatangajwe na kimwe mu binyamakuru byo mu Rwanda, kivuga ko uriya muhanzi yabigiriwe mo inama n’abategetsi bo muri Uganda barimo na Perezida Museveni.

Bwana Jean Paul Samputu asanzwe ari umwe mu bahanzi bakomeye b’Abanyarwanda bamenyekanye nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994.

Igihe yanditse ko hari amakuru ifite y’uko ishyaka Samputu ashaka gushinga rizaba rigamije kuvuganira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi. Muri iki gihe atuye muri Canada.

 Ishyaka ridashyigikiye ubumwe bw’Abanyarwanda ntiryemewe…

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Niba Jean Paul Samputu ashaka gushinga umutwe wa Politiki uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, azahura n’imbogamizi z’uko Itegeko nshinga ry’u Rwanda ritazabimwemera.

Itegeko nshinga rya Repubulika y’u Rwanda mu ngingo zayo za 52 n’iya 53 zivuga ko amashyaka ya politiki yemewe mu Rwanda agomba gukora mu buryo bwimakaza ubumwe bw’Abanyarwanda.

Ribuza ko umuntu wese gushinga umutwe wa politiki ushingiye ku cyenewabo, akarere, cyangwa icyo ryise ‘isano-muzi.’

Mu ngingo ya 16 y’Itegeko nshinga rya Repubulika y’u Rwanda hagira hati: ‘

Ivangura iryo ari ryo ryose cyangwa kurikwirakwiza byaba bishingiye ku bwoko, ku muryango cyangwa ku gisekuru, ku nzu, ku ibara ry‟umubiri, ku gitsina, ku karere, ku byiciro by‟ubukungu, ku idini cyangwa ukwemera, ku bitekerezo, ku mutungo, ku itandukaniro ry‟umuco, ku rurimi, ku bukungu, ku bumuga bw’umubiri cyangwa ubwo mu mutwe no ku rindi vangura iryo ari ryo ryose, birabujijwe kandi bihanwa n’amategeko.

- Advertisement -

Ingingo ya 56 igira iti: ” IImitwe ya politiki igomba buri gihe kugaragaramo ubumwe bw’Abanyarwanda hamwe n’uburinganire n’ubwuzuzanye bw’abagore n’abagabo haba mu gushaka abayoboke, gushyiraho inzego z’ubuyobozi, mu mikorere no mu bikorwa byayo. Imitwe ya politiki igomba kubahiriza Itegeko Nshinga n‟andi mategeko. Igomba gukurikiza amahame ya demokarasi, kandi ntihungabanye ubumwe bw‟Abanyarwanda.”

Umwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi witwa Robert Nkubiri yabwiye Taarifa ko niba Jean Paul Samputu yumva ashaka kuvuganira inyungu zabo[abarokotse Jenoside], byaba byiza aje mu Rwanda kuko utavugira umuntu uba mu gihugu udaherukamo, ngo umenye uko abayeho.

Ati: “ Byaba byiza wenda yivugiye we n’umuryango we kuko nta Munyarwanda warokotse Jenoside wamutumye kubavugira.”

Nkubiri avuga ko abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi basanganywe imiryango iharanira inyungu zabo, uri ku isonga ukaba ari IBUKA.

TAGGED:AbatutsifeaturedJeanJenosidePaulPolitikiSamputuUmutwe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibihugu Perezida Kagame Yatunze Agatoki Ku Nyito Ya Jenoside Byongeye Kwigaragaza
Next Article Adeline Rwigara Ntiyitabye RIB, Niyinangira Bizagenda Gute?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?