Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Jean Paul Samputu Arashaka Gushinga ‘Umutwe Wa Politiki’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Jean Paul Samputu Arashaka Gushinga ‘Umutwe Wa Politiki’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 April 2021 12:36 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Iby’uko Jean Paul  Samputu ashaka gushinga umutwe wa Politiki byatangajwe na kimwe mu binyamakuru byo mu Rwanda, kivuga ko uriya muhanzi yabigiriwe mo inama n’abategetsi bo muri Uganda barimo na Perezida Museveni.

Bwana Jean Paul Samputu asanzwe ari umwe mu bahanzi bakomeye b’Abanyarwanda bamenyekanye nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994.

Igihe yanditse ko hari amakuru ifite y’uko ishyaka Samputu ashaka gushinga rizaba rigamije kuvuganira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi. Muri iki gihe atuye muri Canada.

 Ishyaka ridashyigikiye ubumwe bw’Abanyarwanda ntiryemewe…

Niba Jean Paul Samputu ashaka gushinga umutwe wa Politiki uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, azahura n’imbogamizi z’uko Itegeko nshinga ry’u Rwanda ritazabimwemera.

Itegeko nshinga rya Repubulika y’u Rwanda mu ngingo zayo za 52 n’iya 53 zivuga ko amashyaka ya politiki yemewe mu Rwanda agomba gukora mu buryo bwimakaza ubumwe bw’Abanyarwanda.

Ribuza ko umuntu wese gushinga umutwe wa politiki ushingiye ku cyenewabo, akarere, cyangwa icyo ryise ‘isano-muzi.’

Mu ngingo ya 16 y’Itegeko nshinga rya Repubulika y’u Rwanda hagira hati: ‘

Ivangura iryo ari ryo ryose cyangwa kurikwirakwiza byaba bishingiye ku bwoko, ku muryango cyangwa ku gisekuru, ku nzu, ku ibara ry‟umubiri, ku gitsina, ku karere, ku byiciro by‟ubukungu, ku idini cyangwa ukwemera, ku bitekerezo, ku mutungo, ku itandukaniro ry‟umuco, ku rurimi, ku bukungu, ku bumuga bw’umubiri cyangwa ubwo mu mutwe no ku rindi vangura iryo ari ryo ryose, birabujijwe kandi bihanwa n’amategeko.

Ingingo ya 56 igira iti: ” IImitwe ya politiki igomba buri gihe kugaragaramo ubumwe bw’Abanyarwanda hamwe n’uburinganire n’ubwuzuzanye bw’abagore n’abagabo haba mu gushaka abayoboke, gushyiraho inzego z’ubuyobozi, mu mikorere no mu bikorwa byayo. Imitwe ya politiki igomba kubahiriza Itegeko Nshinga n‟andi mategeko. Igomba gukurikiza amahame ya demokarasi, kandi ntihungabanye ubumwe bw‟Abanyarwanda.”

Umwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi witwa Robert Nkubiri yabwiye Taarifa ko niba Jean Paul Samputu yumva ashaka kuvuganira inyungu zabo[abarokotse Jenoside], byaba byiza aje mu Rwanda kuko utavugira umuntu uba mu gihugu udaherukamo, ngo umenye uko abayeho.

Ati: “ Byaba byiza wenda yivugiye we n’umuryango we kuko nta Munyarwanda warokotse Jenoside wamutumye kubavugira.”

Nkubiri avuga ko abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi basanganywe imiryango iharanira inyungu zabo, uri ku isonga ukaba ari IBUKA.

TAGGED:AbatutsifeaturedJeanJenosidePaulPolitikiSamputuUmutwe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibihugu Perezida Kagame Yatunze Agatoki Ku Nyito Ya Jenoside Byongeye Kwigaragaza
Next Article Adeline Rwigara Ntiyitabye RIB, Niyinangira Bizagenda Gute?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?