Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Jeff Bezos Yahise Ava Ku Mwanya Wa Mbere W’Umukire Ku Isi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Jeff Bezos Yahise Ava Ku Mwanya Wa Mbere W’Umukire Ku Isi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 March 2024 10:35 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Taliki 04, Werurwe, 2024 The Bloomberg yari yatangaje ko Jeff Bezos uyobora Ikigo Amazon ari we mukire wa mbere ku isi. Icyakora nyuma y’iminsi itatu, yahise avanwa kuri uyu mwanya n’Umufaransa Bernard Arnauld wari uwumazeho igihe nyuma y’uko awukuyeho Elon Musk.

Kuri uyu wa Kane taliki 07, Werurwe, 2024 Arnauld arabarirwa miliyari $197 n’aho Bezzos we akaba afite miliyari $196, ni ukuvuga ko mu minsi itatu ishize Umufaransa yarushije Umunyamerika miliyari $1.

Bernard Arnauld asanzwe akora imibavu n’imirimbo mu gihe Bezos na Musk bo bakora ikoranabuhanga.

Bernard Arnauld

Amakuru atangwa na The Bloomberg ndetse na Forbes Magazine( byombi ni ibinyamakuru by’Abanyamerika) agaragaza ko mu baherwe 10 ba mbere ku isi, umunani(8) muri bo bakijijwe no gushora mu ikoranabuhanga.

Abo ni Jeff Bezos, Elon Musk, Mark Zuckerberg, Bill Gates, Steve Ballmer, Larry Ellison, Larry Page na Sergey Brin.

Abo bose kandi ni Abanyamerika ukongeramo na Warren Buffet washoye mu bindi birimo n’ubuhinzi.

Bezzos yavuye ku mwanya wa mbere mu gihe cy’iminsi ‘hafi’ itatu

Uko bigaragara Abanyamerika nibo bihariye ubukire bw’isi kurusha abandi bose.

Ibi kandi si iby’ubu kuko bamaze igihe ari bo bafite amadolari menshi($) kurusha abandi ku isi.

Isi yamaze igihe kirekire umukire wayo wa mbere ari Bill Gates nyiri uruganda rw’ikoranabuhanga rwa Microsoft.

Abasesengura ibibera ku isi cyane cyane mu rwego rw’ubukungu bavuga ko ubu busumbane bukabije mu bukire buri mu by’ingenzi biteza amakimbirane mu bayituye.

Mu mwaka wa 2019 hari raporo yigeze gusohoka yashimangiraga iki kibazo.

Kimwe mu bika byayo cyagiraga kiti: “ […] Abantu umunani bakize cyane kurusha abandi ku isi, bikubiye umutungo ungana n’uw’abantu bangana na miliyari 3 na miliyoni 600 bakennye ku isi.”

Ivuga kandi ko abenshi mu bakennye ku isi ari abagore kandi bikaba ikintu kibabaje kubera ko muri abo bagore harimo benshi batunze imiryango.

Hari abahangayikishijwe n’uko ibintu biramutse bikomeje bityo byazakurura imvururu mu baturage kandi henshi ku isi.

TAGGED:AbakireBezzosImariUbufaransa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kuba Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Yaka NABI Byabaye Ikibazo
Next Article Impunzi 7,826 Zabaga Mu Rwanda Mu Mwaka Wa 2023 Zabonye Ibihugu Bizakira
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nick Ngendahayo Ari Gutegura Igitaramo Kirangiza Umwaka Kizabera I Kigali 

Perezida Wa Madagascar Yuhunze Igihugu 

Netanyahu Ati: ‘Abanzi Bacu Bamenye Ko Tutujya Twibagirwa’

U Rwanda Rugiye Kubaka Icyanya Cy’Inganda Kizatunganya Impu

Inzitizi Abo Muri DRC Babona Mu Kwambura FDLR Intwaro

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Macron Mu Ihurizo Ryo Kubona Minisitiri W’Intebe Uhamye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?