Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Jiang Zemin Wigeze Kuyobora u Bushinwa Yapfuye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Jiang Zemin Wigeze Kuyobora u Bushinwa Yapfuye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 November 2022 3:19 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Jiang Zemin yategetse u Bushinwa mu bihe bwari butangiye urugendo rw’iterambere rukomeye mu by’ubukungu, yapfuye afite imyaka 96 y’amavuko.

Apfuye mu gihe igihugu cye kigeze ku rwego rukomeye mu by’ubukungu kubera ko ubu ari icya kabiri gikize ku isi nyuma ya Leta zunze ubumwe z’Amerika.

Jiang Zemin yasuye Bush

Nyuma y’uko bitangajwe ko Zemin yapfuye, ibinyamakuru bya Leta y’u Bushinwa birimo Xinhua news na Global Times byahinduye amabara bikoresha biyagira umukara n’umweru mu rwego kwifatanya n’abatuye u Bushinwa n’inshuti zabwo mu kwibuka akamaro Jiang Zemin yagiriye igihugu.

Azibukirwa ku ruhare yagize mu ugutuma igihugu cye kigira ijambo rikomeye mu ruhando mpuzamahanga binyuze mu iterambere ryihuse cyagize.

Mu mwaka wa 2001 yagize uruhare rwatumye u Bushinwa bujya mu Muryango w’ubucuruzi mpuzamahanga, World Economic Organization, ndetse agira n’uruhare rwatumye Hong Kong igira ubwigenge bucagase.

Hari mu mwaka wa 1997.

Yashyize ku ruhande abo u Bushinwa bwitaga udutsiko twashakaga kuvangira umurongo ishyaka ry’abaturage rya Gikomunisiti ryari rimaze gushyira ho, barimo n’idini bitaga Falun Gong ryo mu mwaka wa 1999.

Yakoranye kandi na Leta zunze ubumwe z’Amerika mu ngeri zitandukanye kandi bituma Abashinwa babona uburyo bwo kujya kwiga muri Amerika bahakura ubumenyi buri mu byabafashije kugera ku ikoranabuhanga ritangaza benshi.

Ku butegetsi yasimbuwe na Hu Jintao , uyu nawe asimburwa na Xi Jinping ari nawe uyiyoboye kugeza n’ubu.

Italiki Jiang Zemin arashyingurirwaho ntiratangazwa ku mugaragaro.

TAGGED:AmerikaBushinwafeaturedUbukunguUbutaberaZemin
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Dukoresha Neza Amadolari Baduteramo Inkunga Kurusha Undi Wese – Perezida Kagame
Next Article Nairobi: Inyeshyamba Zirasaba DRC Kuziha Imbabazi Amahoro Agahinda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?