Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Joe Biden Yaguye Ingabo Ze Zimureba
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Joe Biden Yaguye Ingabo Ze Zimureba

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 June 2023 9:10 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuri uyu wa Kane taliki 01, Kamena, 2023 nibwo amashusho ya Perezida Joe Biden agwa yasakaye ku isi. Yari amaze kuvuga ijambo rishimira ingabo zo mu kirere igihe zimaze ziga.

Umuhango wabereye mu kigo cyazo kiri Colorado.

Arangije kuvuga ijambo rye, yahindukiye ngo ajye mu kiciro ariko aza gutsikira aratembagara.

Abamurinda ntibashoboye kumubuza kugera ku butaka, ariko yahise yeguka arongera ahagarara neza.

Yahindukiye yereka abamurinda ati: ” Ntimureba ko ntsitaye kuri uriya mufuka!?”. Yahatungaga urutoki, ubona ko bimuteye ipfunwe.

Ababirebaga bakutse umutima, ariko bahumurizwa no kubona yongeye ahagaze.

Umuvugizi w’Ibiro bya Perezida w’Amerika witwa En LaBolt yanditse ko Biden ‘ameze neza.’

Abatumva ibintu kimwe nawe muri Politiki y’Amerika bavuga ko Joe Biden ashaje cyane k’uburyo ibyo aherutse gutangaza by’uko azongera kwiyamamariza kuyobora Amerika akwiye kubireka.

Joe Biden niwe Perezida wa Amerika wayiyoboye akuze kurusha abandi bose bamubanjirije.

Afite imyaka 80 y’amavuko kandi arashaka gukomeza kuyiyobora indi manda.

Icyakora si we Perezida w’Amerika wenyine uguye kuko na Gerald Ford yigeze kugwa ubwo yahushaga idarajya( escalier) ari kumanuka ava mu ndege.

Hari ikindi gihe Biden yigeze gutsikira ku madarajya ari kujya mu ndege ye

Ku ruhande rwa Biden, hari n’ikindi gihe yigeze gutsikira ari kurira ingazi imujyana mu ndege ya Perezida wa Amerika.

TAGGED:AmerikaBidenIngaboPerezida
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rubavu: Mu Mibiri 12 Imaze ‘Igihe’ Ku Murenge Ibiri Yaburiwe Inkomoko
Next Article Rwanda: Gusana Ibyangijwe N’Ibiza Mu Buryo Burambye Bizatwara Miliyari Frw 296
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Israel Yoherereje Abatuye Gaza Inyandiko Zibasaba Guhunga Inzira Zikigendwa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

General Kabandana Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?