Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Johnson & Johnson Igiye Kuzana Umwihariko Mu Gukingira COVID-19
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19Ubuzima

Johnson & Johnson Igiye Kuzana Umwihariko Mu Gukingira COVID-19

taarifa@media
Last updated: 25 February 2021 12:12 pm
taarifa@media
Share
SHARE

Inzego zishinzwe kugenzura imiti muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, zemeje ko nyuma y’isuzuma zakoze, zasanze urukingo rwa Covid-19 rwa Johnson & Johnson rushobora gutanga umusaruro ufatika, kandi rugaterwa umuntu inshuro imwe gusa.

Ni igikorwa cyatanze icyizere ko rushobora kuba urukingo rwa gatatu rwemejwe, rugatangira guhabwa abantu muri Amerika, nyuma y’inkingo za Pfizer/ BioNTech na Moderna.

Urwo rukingo kurukoresha byaba bihendutse kurushaho, rukabikwa muri firigo zisanzwe z’inkingo, bitandukanye n’iza za Pfizer na Moderna zisaba ibyuma bikonjesha ku rwego rwo hejuru. Nk’urukingo rwa Pfizer rubikwa mu bukonje buhera kuri dogere celcius -70.

Byongeye, urukingo rwa Johnson & Johnson rwakozwe ku bufatanye n’ikigo Janssen Pharmaceuticals, ruzaba ruterwa umuntu inshuro imwe gusa bikaba birangiye.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ni mu gihe inkingo za Moderna na Pfizer/BioNTech zisaba ko umuntu aziterwa inshuro ebyiri, hagati hakajyamo intera y’ibyumweru bibiri cyangwa bitatu.

Imibare y’igerageza yerekanye ko nibura urukingo rwa Johnson & Johnson rushobora kurinda umuntu kuremba hejuru ya 85%, rukanamurinda ku gipimo cya 66% ubaze n’ibibazo bito bishobora kubaho. Rutangira gukora neza nyuma y’iminsi 28 rutanzwe.

Biteganyijwe ko itsinda ryigenga ry’abahanga rizakorana kuri uyu wa Gatanu, ari naryo rizemeza niba Ikigo Gishinzwe Ibiribwa n’Imiti muri Amerika, US FDA, cyatanga uburenganzira urwo rukingo rugatangira guhabwa abantu ku mugaragaro.

Biteganywa ko nirwemezwa, hari inkingo za Johnson & Johnson nibura miliyoni eshatu zizahita zitangira guhabwa abaturage mu cyumweru gitaha.

Na mbere y’uko uru rukongo rwemezwa, u Bwongereza bwamaze gutumizaho inkingo miliyoni 30, Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatumijeho miliyoni 100, naho Canada yatumije miliyoni 38.

- Advertisement -

Leta Zunze Ubumwe za Amerika iza imbere ku isi mu kwibasirwa na COVID-19, kuko hamaze kwandura ari abaturage miliyoni 28.9, mu gihe abamaze gupfa basaga ibihumbi 518.

Urukingo rwa Johnson & Johnson rukozwe mu buryo busanzwe, hifashishijwe virus ifite intege nke cyangwa yapfuye (adenovirus), idashobora gutera umuntu uburwayi.

Iyo umuntu atewe urwo rukingo, ubwirinzi bw’umubiri bubona amakuru ahagije kuri virus ya SARS-CoV-2, ari nayo itera COVID-19, ku buryo iyo umuntu ayanduye, umubiri uba warubatse uburyo bwo kuyirwanya.

Ni mu gihe inkingo za Pfizer/BioNTech na Moderna zakoranywe ikoranabuhanga rishya, rishingiye ku karemangingo kazwi nka Messenger RNA cyangwa mRNA.

Ziha umubiri ubushobozi bwo gutahura ya virusi ndetse ukubaka ubushobozi bwo kuyirwanya.

TAGGED:COVID-19Johnson & JohnsonModerna
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abaturage B’I Karongi Bagize Ingwate Ibikoresho Bya Rwiyemezamirimo Wabambuye
Next Article Urubyiruko Rwa DRC Rurambiwe Intambara
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzima

Abanyarwanda 800,000 Barwaye Malaria Mu Mwaka 2024-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbuzima

Iraq: Umuyaga Urimo Ibihumanya Washyize Mu Kaga Ubuzima Bw’Abantu 1000

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubumenyi N'UbuhangaUbuzima

Harigwa Uko Imibu Yajya Irogwa Hakoreshejwe Amaraso Y’Umuntu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

‘Icyo Kagame Yatwifuzagaho Ni Ugutanga Serivisi Nziza-Umuyobozi Wa Operation Smile

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?