Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 August 2025 11:48 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Izi nzu zizatuma Kacyiru na Kigali bihindura isura muri rusange.
SHARE

Hafi y’ibitaro bya Faysal mu Murenge wa Kacyiru muri Gasabo hagiye kubakwa inzu ndende bigaragara zigize umushinga w’imiturire wiswe Ramba Hills Project.

Izo nzu  ebyiri muri zo zizaba zifite izindi zizigaragiye zifite uburebure buringaniye, zifite ubusitani bugari butanga amahumbezi, aho kogera, parikingi nini, imihanda myinshi n’ibindi.

Zizubakwa mu nkengero za Vision City n’ikibuga cya Golf cya Kigali kandi zizaba ari inyubako 10 zose zigeretse kandi zituranye.

Muri zo harimo ebyiri, imwe izaba igeretse inshuro 26, indi igeretse inshuro 24, zituranye n’izindi enye zirimo izaba igeretse inshuro 16, indi inshuro 12 n’indi igeretse inshuro 10.

Kacyiru ni umwe mu Mirenge mito ya Gasabo ariko ufite ibikorwa bihambaye.

Ebyeri ndende kurusha izindi imwe izaba igenewe gukorerwamo indi igenewe guturwamo.

Hagati aho kandi mu rwego rwo gutunganya imiturire, hafi aho hazubaka ahantu ho guparika imodoka hashobora kwikira imodoka 1,400.

Hazaba hari n’amaguriro agezweho, hoteli n’ibindi bikenewe ahantu nk’aho.

Amakuru avuga ko uwo mushinga uzashyirwa mu bikorwa n’ikigo Investment Africa Holdings Ltd gisanzwe gikorera i Kigali, ariko ishami ryacyo ryitwa Ramba Real Estate rikazaba rishinzwe gutunganya no kugenzura inyubako zo guturamo, ibiro n’inyubako zo guteza imbere imijyi ziri ku rwego rwo hejuru.

Ni umushinga ufite agaciro ka Miliyoni $80 ni ukuvuga arenga Miliyari Frw 115.7, ukazashyirwa mu bikorwa mu myaka ine.

Dusengiyumva Samuel uyobora Umujyi wa Kigali yigeze kubwira abandi bafatanyije izo nshingano ko uriya mushinga niwuzura uzatuma Kigali igira indi sura.

Dusengiyumva Samuel uyobora Umujyi wa Kigali

Icyo gihe yagize ati: “Ubigereranyije na Vision City hakurya n’izindi Apartments zihari, Kacyiru hagiye kuba ahantu hatandukanye n’uko hari hameze…Kwimura abaturage abantu babivuzeho byinshi ariko iki ni cyo cyerekezo cya Perezida wa Repubulika”.

Kugeza ubu, inzu ndende mu Rwanda ni umuturirwa witwa Kigali City Tower ugeretse inshuro 20.

Kigali City Tower igeretse inshuro 20.

Iyi nzu iri mu Karere ka Nyarugenge yuzuye mu mwaka wa 2011, ubu ikorerwamo byinshi birimo ibiro n’izindi serivisi.

Hagati aho hari indi nzu iri kubakwa n’ubundi muri Nyarugenge yitwa Kigali Green Complex izaba igeretse inshuro 29 ikazaba ari yo ya mbere ndende mu zindi zose ziri mu Rwanda.

Kigali Green Complex izaba igeretse inshuro 29.
TAGGED:DusengimanafeaturedInyubakoInzuKacyiru
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka
Next Article Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Imikino Ya NBA Igiye Gusubukurwa Mu Bushinwa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bagera Ahandi Bakisanga Mu Buretwa-Amb Kimonyo 

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Amerika Ntishaka Umusirikare Wayo Ubyibushye

Hafi Kimwe Cya Kabiri Cy’Ibyo u Rwanda Rwohereza Mu Muhanga Gikomoka Ku Buhinzi- PM Nsengiyumva

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Huye: Abagabo Bane Bakurikiranyweho Gutema Abaturage

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Polisi Yafashe Abategeraga Abantu Muri Gare Ya Nyanza Bakabambura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Macron Mu Ihurizo Ryo Kubona Minisitiri W’Intebe Uhamye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?