Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Asaba Ingabire Victoire Kuzirikana Akamaro K’Imbabazi Yamuhaye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kagame Asaba Ingabire Victoire Kuzirikana Akamaro K’Imbabazi Yamuhaye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 March 2024 5:21 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu kiganiro cye na Jeune Afrique Perezida Kagame yabajijwe icyo avuga kuri za raporo za Human Rights Watch zivuga ko atihanganira atavuga rumwe n’ubutegetsi, asubiza ko ibyo atari ukuri.

Abanditsi ba Jeune Afrique bavuga ko hari raporo zijora u Rwanda ko rutajya rwihanganira abarujora bavuga  ibitagenda neza.

Umukuru w’u Rwanda yavuzeko iby’uko ntawe ujora u Rwanda atari byo.

Yavuze ko abarujora ari benshi ndetse banagaragara ku mbuga nkoranyambaga.

Avuga ko abo bantu bamwe bahitamo no kumwibasira, baba bavuga ukuri cyangwa batakuvuga.

Kagame yasubije ko ibyo kumujora nta kibazo kirimo ariko akavuga ko abo bamujora nabo baba bagomba gusuzuma ibyo avuga bakarebe niba hari ikibazo kirimo, bakibonamo bakamujora kandi ngo nta kibazo abibonamo.

Ati: “ Ibyo banjora hari ubwo mbisuzuma ngasanga koko hari ibikwiye kugororwa. Nigira kuri byinshi mbona cyangwa numva bamvugaho nabona birimo ikosa nkaryemera kandi nkarikosora ubutaha”.

Ku rundi ruhande, Perezida Kagame yibaza impamvu abo muri Human Rights Watch bibanda ku kujora ibibera mu Rwanda nk’aho mu bihugu abakozi bayo bakomokamo ibintu ari shyashya.

Avuga ko niyo bashobora kuba babona ibibera iwabo bibi, babyirengagiza bakabiha uburemere buke kandi mu by’ukuri ntaho bitaniye ahanini n’ibibera ahandi.

Anenga ko abakozi ba Human Rights Watch batanabona ko hari iterambere u Rwanda rwagezeho mu myaka 30 ishize, bakibanda ku bibera mu Rwanda nk’aho ari rwo rwonyine babonyeho uburyo bwo kwandikaho.

Ku byerekeye Ingabire Victoire Umuhoza uherutse gusaba Urukiko rukuru ngo rumuhanagureho ubusembwa ariko rugasanga nta shingiro, kandi akaba yarashakaga kuziyamamariza kuba Perezida, Kagame yavuze ko iby’ibyaha yakoze byemejwe n’abagenzacyaha batandukanye.

Avuga ko abo bose batanze ingingo zifatika zashingiweho urukiko rumukatira arafungwa.

Ku bw’imbabazi za Perezida wa Repubulika, ni ukuvuga Paul Kagame ubwe, yaje kurekurwa.

Icyakora Perezida Kagame yavuze ko ibi Ingabire Victoire Umuhoza atahaye uburemere izo mbabazi yahawe.

Yamugiriye inama yo guha agaciro izo mbabazi yahawe ubundi akicecekera.

Kagame kandi yagiriye Ingabire Victoire inama yo kwibuka ko atari hejuru y’amategeko kandi ko nta kintu kimugira igitangaza mu bandi Banyarwanda[kazi].

TAGGED:featuredImbabaziIngabireKagamePerezida
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abahinzi Bo Muri Afurika Bari Kwiga Uko Ubuhinzi Bwarushaho Kubyazwa Amafaranga
Next Article Guverinoma Yashyizeho Uburyo Bwo Kurinda Ubuhinzi Kwibasirwa N’Ibiza- PM Ngirente
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?