Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Yabwiye UN Ko Iterabwoba Atari Ikintu Cyo Kujenjekera
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kagame Yabwiye UN Ko Iterabwoba Atari Ikintu Cyo Kujenjekera

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 September 2021 5:13 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu ijambo Perezida Paul Kagame yabwiye Inteko rusange y’Umuryango w’Abibumbye iri guterana ku nshuro ya 76 yavuze ko kugira ngo iterambere abantu bagezeho risagambe, bisaba ko iterabwoba n’ibitekerezo biganisha kuri Jenoside bibonwa hakiri kare bikarandurwa bitarashinga imizi.

Muri Video yari yarafashwe mbere(pre-recorded) ikerekwa abari bateraniye mu Ngoro y’uriya Muryango, Perezida Kagame yavuze ko n’ubwo icyorezo COVID-19 cyashegeshe Isi, ariko cyanerekanye ko ‘abishyize hamwe nta kibananira.’

Yavuze ko ubu bufatanye bwagaragarijwe mu gushyiraho ubwisungane mu gusaranganya inkingo bwiswe COVAX.

Ku rundi ruhande ariko, Perezida Kagame yavuze ko bikwiye ko Afurika igira inganda zikora inkingo kugira ngo mu bihe biri imbere ibibazo byagaragaye muri Afurika ntibizongere kubaho.

Mu Nteko Rusange ya UN yateranye ku nshuro ya 76

Perezida Kagame avuga ko ikindi Isi igomba gushyiramo imbaraga muri iki gihe ari ukureba uko intego z’iterambere rirambye zagerwaho vuba kuko COVID-19 yazidindije.

Ati: “ Mu by’ukuri twari tukiri inyuma kuri iyi ngingo na mbere y’uko COVID-19 yaduka.”

Avuga ko muri iki gihe hari amahirwe yo gukora cyane kugira ngo abantu barebe ko hari ibyagerwaho mu gihe gishoboka.

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda Dr Vincent Biruta na Amb w’u Rwanda murir UN, Valentine Rugwabiza

Kugira ngo ibi bishoboke, asanga ari ngombwa ko abakora Politiki bashyiramo imbaraga bakiyemeza.

Ikindi abona kizafasha muri iyo nzira, ni uko abantu bagomba gushyira imbaraga mu kugabanya ibituma ikirere gihindagurika kuko byagaragaye ko guhungabana kwacyo ari imwe mu mpamvu z’ingenzi zidindiza iterambere muri rusange.

Umukuru w’u Rwanda kandi yavuze ko kugira ngo abaturage batere imbere, bagomba no kugira ubuyobozi bushyira inyungu z’umuturage imbere.

Mu kurangiza ijambo rye, Perezida Kagame yavuze ko kugira ngo Inteko rusange y’Umuryango w’Abibumbye ya 77 izashobore guteranira i New York abemerewe kuyijyamo bose bahari, bizaterwa n’ibyemezo bihamye kandi bishyize mu gaciro mu kurwanya COVID-19 muri iki gihe.

Tega amatwi ijambo rya Nyakubahwa Perezida Paul KAGAME:

TAGGED:COVID-19featuredKagamePolitikiUmuryango
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article FARG, CNLG, Komisiyo y’Itorero Na NURC Byakuweho
Next Article Hari Ibigomba Kunozwa Hagamijwe Iterambere Ry’Umupolisikazi- Min Bayisenge
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

‎Gasabo: Bafatanywe Ibilo 31 By’Urumogi Byavaga i Kirehe Bijya i Muhanga

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbuzima

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?