Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Yafashe Mu Mugongo Umwami Wa Maroc Wapfushije Nyina
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yafashe Mu Mugongo Umwami Wa Maroc Wapfushije Nyina

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 July 2024 2:03 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kagame yoherereje umwami wa Maroc ubutumwa bwo kumufata mu mugongo nyuma y’urupfu rwa Nyina, umugabekazi Lalla Latifa.

Ubwo butumwa mu Kinyarwanda buragira buti: “ Mu izina ry’Abanyarwanda no mu izina ryanjye ku giti cyanjye, mboherereje ubu butumwa bwo kubafata mu mugongo kubera urupfu rw’umubyeyi wanyu umugabekazi Lala Latifa. U Rwanda rwifatanyije n’ubwami bwa Maroc n’abaturage bayo muri ibi bihe bitaboroheye”.

Ubutumwa bwa Perezida Kagame burerekana ko u Rwanda rufite kandi rwifuza gukomeza kugirana umubano mwiza n’ubwami bwa Maroc.

Umugabekazi Lalla Latifa yari umubyeyi wubashywe cyane mu bwami bwa Maroc, kandi urupfu rwe rwashegeshe abaturage b’ubu bwami.

Umugabekazi Lalla Latifa

Umwami wa Maroc Mohammed VI yigeze gusura u Rwanda na Perezida Kagame nawe mu mwaka wa 2016 yasuye ubwami bwa Maroc yambikwa umudali n’umwami Muhammed VI.

Abashoramari bo muri Maroc nabo bafite ibikorwa byinshi mu Rwanda birimo n’ibijyanye n’ubuhinzi.

Ubwami bwa Maroc bufite Ambasade mu Mujyi wa Kigali n’u Rwanda rukayigira i Rabbat mu Murwa mukuru.

Uwo ni Amb Shakilla Kazimbaya Umutoni.

TAGGED:AmbasaderifeaturedKagameKazimbayaMarocUbwami
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bufaransa: Imiyaga Muri Politiki Iraganisha He?
Next Article Stade Amahoro Izazamura Impano- Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Polisi Ivuga Ko Mu Mwaka Wa 2025 ibyaha Byagabanutse Kuri 15.7%

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

U Rwanda Rwafashije Guinea Conakry Gukora Ikoranabuhanga Ryita Ku Masoko Ya Leta 

Imyigire Y’Abana Bagororerwa Mu Igororero Rya Nyagatare

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

Polisi Ivuga Ko Mu Mwaka Wa 2025 ibyaha Byagabanutse Kuri 15.7%

You Might Also Like

Ububanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Yoherereje Ubutumwa Mugenzi We Wa Angola 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwaganiriye Na Maroc K’Ubufatanye Mu Bya Gisirikare 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza Mu Ihurizo Ryo Kureba Uko Atakweguzwa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Kagame Aritabira Inama Transform Africa Summit Muri Guinea Conakry 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?