Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Yaganiriye N’Umuyobozi Wa Banki Y’Isi Mu Karere u Rwanda Ruherereyemo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kagame Yaganiriye N’Umuyobozi Wa Banki Y’Isi Mu Karere u Rwanda Ruherereyemo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 March 2025 10:01 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ibiro bya Perezida w’u Rwanda byatangaje ko kuri uyu wa Mbere yaraye yakiriye Qimiao Fan, Umuyobozi wa Banki y’Isi mu bihugu birimo u Rwanda, Kenya, Somalia na Uganda.

Kuri X handitse ko baganiriye k’ubufatanye busanzwe hagati y’uru rwego n’u Rwanda ubu no mu gihe kizaza.

Perezida Kagame yaherukaga kwakira uyu muyobozi tariki 13 Gashyantare 2025, bakaba baraganiriye ku mishinga ihuriweho hagati ya Banki y’Isi n’u Rwanda.

Mu mwaka wa 1963 nibwo u Rwanda rwatangiye kuba umunyamuryango wa Banki y’isi, ubu imyaka irenga 60.

U Rwanda muri iki gihe rushimirwa kuba umufatanyabikorwa mwiza wa Banki y’Isi bitewe n’uko rukoresha neza inguzanyo ruhabwa.

Ruri mu bihugu byakoresheje neza inguzanyo rwahawe, bikagaragarira mu kuzamura urwego rw’imibereho y’abaturage.

Muri Gicurasi 2019, u Rwanda na Banki y’Isi basinyanye amasezerano y’inguzanyo ya miliyoni $ 60 agamije kongera serivisi z’ibanze n’amahirwe y’ubukungu agenewe impunzi.

Muri uwo mushinga harimo kubaka ibikorwaremezo by’amashuri, ibigo nderabuzima, imihanda no gutanga amahugurwa ku myuga no kongera amahirwe yo kubona inguzanyo, hagamijwe guteza imbere imirimo n’imibereho myiza y’ abaturage.

Hagati aho, mu rwego rwo kongera umusaruro w’ubuhinzi no kurwanya ikibazo cy’ibiribwa bike , Guverinoma y’u Rwanda na Banki y’Isi basinyanye amasezerano y’inkunga ya miliyoni $26.3.

Ni umushinga ushyirwa mu bikorwa mu turere umunani hagamijwe kongera umusaruro w’imyaka ku kigero cya 15% no guteza imbere isoko ry’umusaruro ku kigero cya 25%, bikazagirira akamaro ingo z’abahinzi 38,000.

Muri Nzeri, 2022, Guverinoma y’u Rwanda binyuze muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI), yafatanyije na Banki y’Isi mu gutangiza umushinga CDAT.

Ni umushinga wagombaga kuzamara imyaka itanu, ugamije kunoza ubuhinzi no kugabanya igihombo kijyana nabyo binyuze mu kwagura ibikorwa byo kuhira no kongera isoko ku bahinzi n’abacuruzi b’ibituruka ku buhinzi.

Muri wo hari handitse mo ko wagombaga kuzafasha abahinzi kubona inguzanyo n’ubwishingizi mu buhinzi, ukazagera ku ngo zigera ku 235,977, aho by’umwihariko abagore n’urubyiruko bagombaga kwitabwaho kurusha ibindi byiciro.

TAGGED:BankifeaturedKagameUbukungu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abagore Mu Itangazamakuru Baracyari Mbarwa Kandi Barahohoterwa
Next Article Nduhungirehe Yabwiye Abanyaburayi Ko u Rwanda Rutatangije Ibibazo Bya DRC 
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Rubavu: Minisitiri W’Intebe Yasuye Inganda Zikora Ku Kiyaga Cya Kivu

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Ebola Yagarutse Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Musanze: Polisi Yafunze Ahengerwaga Inzoga Yitwa Karigazoke

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Ab’i Musanze Bibukijwe Akamaro Ingagi Zibafitiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rwanda: Ibiciro By’Ibikomoka Kuri Petelori Byazamutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?