Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Yaganiriye N’Umuyobozi Wa Banki Y’Isi Mu Karere u Rwanda Ruherereyemo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kagame Yaganiriye N’Umuyobozi Wa Banki Y’Isi Mu Karere u Rwanda Ruherereyemo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 March 2025 10:01 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ibiro bya Perezida w’u Rwanda byatangaje ko kuri uyu wa Mbere yaraye yakiriye Qimiao Fan, Umuyobozi wa Banki y’Isi mu bihugu birimo u Rwanda, Kenya, Somalia na Uganda.

Kuri X handitse ko baganiriye k’ubufatanye busanzwe hagati y’uru rwego n’u Rwanda ubu no mu gihe kizaza.

Perezida Kagame yaherukaga kwakira uyu muyobozi tariki 13 Gashyantare 2025, bakaba baraganiriye ku mishinga ihuriweho hagati ya Banki y’Isi n’u Rwanda.

Mu mwaka wa 1963 nibwo u Rwanda rwatangiye kuba umunyamuryango wa Banki y’isi, ubu imyaka irenga 60.

U Rwanda muri iki gihe rushimirwa kuba umufatanyabikorwa mwiza wa Banki y’Isi bitewe n’uko rukoresha neza inguzanyo ruhabwa.

Ruri mu bihugu byakoresheje neza inguzanyo rwahawe, bikagaragarira mu kuzamura urwego rw’imibereho y’abaturage.

Muri Gicurasi 2019, u Rwanda na Banki y’Isi basinyanye amasezerano y’inguzanyo ya miliyoni $ 60 agamije kongera serivisi z’ibanze n’amahirwe y’ubukungu agenewe impunzi.

Muri uwo mushinga harimo kubaka ibikorwaremezo by’amashuri, ibigo nderabuzima, imihanda no gutanga amahugurwa ku myuga no kongera amahirwe yo kubona inguzanyo, hagamijwe guteza imbere imirimo n’imibereho myiza y’ abaturage.

Hagati aho, mu rwego rwo kongera umusaruro w’ubuhinzi no kurwanya ikibazo cy’ibiribwa bike , Guverinoma y’u Rwanda na Banki y’Isi basinyanye amasezerano y’inkunga ya miliyoni $26.3.

Ni umushinga ushyirwa mu bikorwa mu turere umunani hagamijwe kongera umusaruro w’imyaka ku kigero cya 15% no guteza imbere isoko ry’umusaruro ku kigero cya 25%, bikazagirira akamaro ingo z’abahinzi 38,000.

Muri Nzeri, 2022, Guverinoma y’u Rwanda binyuze muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI), yafatanyije na Banki y’Isi mu gutangiza umushinga CDAT.

Ni umushinga wagombaga kuzamara imyaka itanu, ugamije kunoza ubuhinzi no kugabanya igihombo kijyana nabyo binyuze mu kwagura ibikorwa byo kuhira no kongera isoko ku bahinzi n’abacuruzi b’ibituruka ku buhinzi.

Muri wo hari handitse mo ko wagombaga kuzafasha abahinzi kubona inguzanyo n’ubwishingizi mu buhinzi, ukazagera ku ngo zigera ku 235,977, aho by’umwihariko abagore n’urubyiruko bagombaga kwitabwaho kurusha ibindi byiciro.

TAGGED:BankifeaturedKagameUbukungu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abagore Mu Itangazamakuru Baracyari Mbarwa Kandi Barahohoterwa
Next Article Nduhungirehe Yabwiye Abanyaburayi Ko u Rwanda Rutatangije Ibibazo Bya DRC 
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

DRC: Abanyamerika Barashaka Kubaka Uruganda Rw’Amashanyarazi Mu Kivu

Elwelu Mu Bajenerali Barindwi Museveni Yahaye Ikiruhuko Cy’Izabukuru

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?