Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Yakomoje Ku Kibazo Cy’Imanza Zitinda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbutabera

Kagame Yakomoje Ku Kibazo Cy’Imanza Zitinda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 September 2024 3:14 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yabwiye abacamanza ko bidakwiye ko ruswa ikomeza kugaragara muri uru rwego rw’ubutabera kandi abacamanza n’abandi barukoramo bagakora uko bashoboye imanza zagejejwe mu nkiko zigakatwa.

Umukuru w’u Rwanda yabivugiye mu nama mpuzamahanga iri guhuza abacamanza bo mu Muryango w’ibihugu bivuga Icyongereza iri kubera i Kigali.

Kagame yabasabye gushyira hamwe imbaraga bakungurana ibitekerezo by’uburyo imanza zajya ziburanwa zikava mu nzira kandi abibutsa ko n’ubutabera bugamije kurengera ibidukikije bukenewe mu isi ya none.

Yasabye abacamanza kwibuka ko iyo imanza zitinze bidindiza ubutabera, bityo uwari ukwiye kurenganurwa akabihomberamo.

Ati: “Ndabasaba gukoresha uru rubuga mukaganira ku kibazo cya ruswa gikomeje gukura mu butabera n’imanza zitinda. Ubunyamwuga bw’urwego rw’ubutabera bushingira ku cyizere abaturage barufitiye.”

Kuri we, imikorere myiza y’ubutabera niyo ituma urwo rwego gucyemurira abarugana ibibazo.

Avuga ko ubutabera bukora neza bubera abantu uburyo bwo kwizera ko bari mu gihugu giha buri wese amahirwe angana n’ay’undi.

Ushingiye kuri raporo ngarukamwaka itangwa n’Umuryango Mpuzamahanga urwanya ruswa Transparency International Ishami ry’u Rwanda, mu Rwanda urwego rw’ubugenzacyaha nirwo rufite abakozi bafatiwe muri ruswa kurusha izindi nzego zikora mu butabera.

Nyuma ya RIB hakurikiraho Ubushinjacyaha bufite abakozi bakiriye ruswa iri ku mpuzandengo ya Frw 200,000 naho ubucamanza bukagira abakozi bakiriye iri ku mpuzandengo ya Frw  153,000.

Raporo ivugwamo iyo mibare ni iyitwa Rwanda Bribery Index.

Mu mafaranga y’u Rwanda  4,527,000 yatanzwe n’abantu 16  nka ruswa agera kuri  Frw 3,860,000 ni iy’abasabaga ko ababo bari bafungiwe muri za kasho bafungurwa.

Iyo raporo kandi igaragaza ko ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda naryo riri imbere mu kugaragaramo ruswa kuko ryihariye 16.4%.

Inama iri kubera i Kigali yahurije hamwe ba Perezida b’Inkiko z’Ikirenga barenga 20 n’abacamanza bo kuva ku Rukiko rw’Ikirenga kugeza ku Nkiko z’Ibanze.

Abayitabiriye bose hamwe barenga 300 baturutse mu bihugu 45.

Bazigira hamwe uko ubucamanza burengera ibidukikije bwarushaho gutezwa imbere, baganire no ku bindi bibazo byugarije urwego rw’ubutabera.

TAGGED:AbacamanzafeaturedKagameRIBRwandaUbutabera
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kigali: Abibiraga Abantu Kuri MoMo Bafashwe
Next Article Vietnam: Ikiraro Cyasenywe N’Inkubi Abantu 60 Barapfa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbuzima

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?