Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Yakomoje Ku Kibazo Cy’Imanza Zitinda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbutabera

Kagame Yakomoje Ku Kibazo Cy’Imanza Zitinda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 September 2024 3:14 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yabwiye abacamanza ko bidakwiye ko ruswa ikomeza kugaragara muri uru rwego rw’ubutabera kandi abacamanza n’abandi barukoramo bagakora uko bashoboye imanza zagejejwe mu nkiko zigakatwa.

Umukuru w’u Rwanda yabivugiye mu nama mpuzamahanga iri guhuza abacamanza bo mu Muryango w’ibihugu bivuga Icyongereza iri kubera i Kigali.

Kagame yabasabye gushyira hamwe imbaraga bakungurana ibitekerezo by’uburyo imanza zajya ziburanwa zikava mu nzira kandi abibutsa ko n’ubutabera bugamije kurengera ibidukikije bukenewe mu isi ya none.

Yasabye abacamanza kwibuka ko iyo imanza zitinze bidindiza ubutabera, bityo uwari ukwiye kurenganurwa akabihomberamo.

Ati: “Ndabasaba gukoresha uru rubuga mukaganira ku kibazo cya ruswa gikomeje gukura mu butabera n’imanza zitinda. Ubunyamwuga bw’urwego rw’ubutabera bushingira ku cyizere abaturage barufitiye.”

Kuri we, imikorere myiza y’ubutabera niyo ituma urwo rwego gucyemurira abarugana ibibazo.

Avuga ko ubutabera bukora neza bubera abantu uburyo bwo kwizera ko bari mu gihugu giha buri wese amahirwe angana n’ay’undi.

Ushingiye kuri raporo ngarukamwaka itangwa n’Umuryango Mpuzamahanga urwanya ruswa Transparency International Ishami ry’u Rwanda, mu Rwanda urwego rw’ubugenzacyaha nirwo rufite abakozi bafatiwe muri ruswa kurusha izindi nzego zikora mu butabera.

Nyuma ya RIB hakurikiraho Ubushinjacyaha bufite abakozi bakiriye ruswa iri ku mpuzandengo ya Frw 200,000 naho ubucamanza bukagira abakozi bakiriye iri ku mpuzandengo ya Frw  153,000.

Raporo ivugwamo iyo mibare ni iyitwa Rwanda Bribery Index.

Mu mafaranga y’u Rwanda  4,527,000 yatanzwe n’abantu 16  nka ruswa agera kuri  Frw 3,860,000 ni iy’abasabaga ko ababo bari bafungiwe muri za kasho bafungurwa.

Iyo raporo kandi igaragaza ko ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda naryo riri imbere mu kugaragaramo ruswa kuko ryihariye 16.4%.

Inama iri kubera i Kigali yahurije hamwe ba Perezida b’Inkiko z’Ikirenga barenga 20 n’abacamanza bo kuva ku Rukiko rw’Ikirenga kugeza ku Nkiko z’Ibanze.

Abayitabiriye bose hamwe barenga 300 baturutse mu bihugu 45.

Bazigira hamwe uko ubucamanza burengera ibidukikije bwarushaho gutezwa imbere, baganire no ku bindi bibazo byugarije urwego rw’ubutabera.

TAGGED:AbacamanzafeaturedKagameRIBRwandaUbutabera
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kigali: Abibiraga Abantu Kuri MoMo Bafashwe
Next Article Vietnam: Ikiraro Cyasenywe N’Inkubi Abantu 60 Barapfa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?