Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Yakomoje Ku Kibazo Cy’Imanza Zitinda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbutabera

Kagame Yakomoje Ku Kibazo Cy’Imanza Zitinda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 September 2024 3:14 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yabwiye abacamanza ko bidakwiye ko ruswa ikomeza kugaragara muri uru rwego rw’ubutabera kandi abacamanza n’abandi barukoramo bagakora uko bashoboye imanza zagejejwe mu nkiko zigakatwa.

Umukuru w’u Rwanda yabivugiye mu nama mpuzamahanga iri guhuza abacamanza bo mu Muryango w’ibihugu bivuga Icyongereza iri kubera i Kigali.

Kagame yabasabye gushyira hamwe imbaraga bakungurana ibitekerezo by’uburyo imanza zajya ziburanwa zikava mu nzira kandi abibutsa ko n’ubutabera bugamije kurengera ibidukikije bukenewe mu isi ya none.

Yasabye abacamanza kwibuka ko iyo imanza zitinze bidindiza ubutabera, bityo uwari ukwiye kurenganurwa akabihomberamo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ati: “Ndabasaba gukoresha uru rubuga mukaganira ku kibazo cya ruswa gikomeje gukura mu butabera n’imanza zitinda. Ubunyamwuga bw’urwego rw’ubutabera bushingira ku cyizere abaturage barufitiye.”

Kuri we, imikorere myiza y’ubutabera niyo ituma urwo rwego gucyemurira abarugana ibibazo.

Avuga ko ubutabera bukora neza bubera abantu uburyo bwo kwizera ko bari mu gihugu giha buri wese amahirwe angana n’ay’undi.

Ushingiye kuri raporo ngarukamwaka itangwa n’Umuryango Mpuzamahanga urwanya ruswa Transparency International Ishami ry’u Rwanda, mu Rwanda urwego rw’ubugenzacyaha nirwo rufite abakozi bafatiwe muri ruswa kurusha izindi nzego zikora mu butabera.

Nyuma ya RIB hakurikiraho Ubushinjacyaha bufite abakozi bakiriye ruswa iri ku mpuzandengo ya Frw 200,000 naho ubucamanza bukagira abakozi bakiriye iri ku mpuzandengo ya Frw  153,000.

- Advertisement -

Raporo ivugwamo iyo mibare ni iyitwa Rwanda Bribery Index.

Mu mafaranga y’u Rwanda  4,527,000 yatanzwe n’abantu 16  nka ruswa agera kuri  Frw 3,860,000 ni iy’abasabaga ko ababo bari bafungiwe muri za kasho bafungurwa.

Iyo raporo kandi igaragaza ko ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda naryo riri imbere mu kugaragaramo ruswa kuko ryihariye 16.4%.

Inama iri kubera i Kigali yahurije hamwe ba Perezida b’Inkiko z’Ikirenga barenga 20 n’abacamanza bo kuva ku Rukiko rw’Ikirenga kugeza ku Nkiko z’Ibanze.

Abayitabiriye bose hamwe barenga 300 baturutse mu bihugu 45.

Bazigira hamwe uko ubucamanza burengera ibidukikije bwarushaho gutezwa imbere, baganire no ku bindi bibazo byugarije urwego rw’ubutabera.

TAGGED:AbacamanzafeaturedKagameRIBRwandaUbutabera
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kigali: Abibiraga Abantu Kuri MoMo Bafashwe
Next Article Vietnam: Ikiraro Cyasenywe N’Inkubi Abantu 60 Barapfa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?