Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Yakomoje Ku Mayeri Y’Abarenga Ku Mabwiriza Yo Kwirinda COVID-19
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kagame Yakomoje Ku Mayeri Y’Abarenga Ku Mabwiriza Yo Kwirinda COVID-19

admin
Last updated: 01 May 2021 1:11 am
admin
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yavuze ko uburyo u Rwanda rwitwara mu gukumira ikwirakwira rya COVID-19 butanga umusaruro, akebura abakirenga ku mabwiriza yo kwirinda iki cyorezo, bamwe bikaba byaranabagizeho ingaruka.

Ni mu ijambo yavugiye mu nama ya Komite nyobozi yaguye y’Umuryango FPR Inkotanyi, kuri uyu wa Gatanu. Ni iya mbere ibaye muri uyu mwaka, ndetse yakoranye mu gihe u Rwanda ruhanganye n’icyorezo cya COVID-19 n’ingaruka zacyo.

Yavuze ko mu guhangana n’iki kibazo bisaba imyitwarire ikwiye, ndetse ko iyo anenga aba ari ukugira ngo harebwe niba intambwe ziterwa zihagije, ngo hato utaba ufite ikibazo wakemura mu kwezi kumwe ariko kigatwara umwaka wese.

Ubwo buryo ngo nibwo u Rwanda rwifashisha mu guhangana n’icyorezo cya COVID-19, kandi byaruhaye izina ryiza bitari mu karere gusa, ahubwo no ku rwego rw’isi.

Yavuze ko akeneye kwibohora ku bahuye n’ingaruka z’ibyemezo byagiye bifatwa mu kurwanya COVID-19, barimo abarajwe muri za stade, abaraye muri za kasho cyangwa n’ubu barimo, cyangwa abarusimbutse.

Ati “Hari n’aho abakoraga ibitaribyo, bamenya ko babamenye abantu baje kubafata bakambara ibizibaho by’ubukwe bakavuga ngo bari mu …byarangiza bikajya kuri za mbuga ngo ehh, ibintu byacitse mu Rwanda, ngo mutinyuka no gufata n’abageni?”

“Ahubwo ngira ngo ikibazo cyabazwa ni ukuvuga ngo ariko n’abageni burya batinyuka kwica amategeko?”

Yavuze ko abageni baheruka gufatwa bakarazwa muri stade bambaye imyenda y’ubukwe, bikanze abapolisi bakajya kuyambara kandi ntaho ihuriye n’imihango barimo.

Ati “Muzitegereze neza amafoto, iyo myenda nta nubwo iteye ipasi kuko ntabwo babonye umwanya. Bayihubujeho gusa bagira ngo … abandi bajya kubafata bakagira batya bagahamagaza imbangukiragutabara ngo ni abarwayi cyangwa ababuze uko bava hamwe bajya ahandi.”

“Ubwo ugasanga abashoferi b’imbangukiragutabara n’abandi bose bagiye muri ibyo, n’ibindi byinshi.”

Yavuze ko hari abantu benshi bakomeje kuguma muri ibyo, harimo n’abayobozi bagiye babifatirwamo, bagatatira inshingano zabo.

Yakomeje ati “Ibyo ntabwo bijyanye n’ibyo duhora tuvuga, n’ibyo duhora dukora kugira ngo igihugu cyacu gitere imbere.  Kandi dukwiye kubikora mu buryo budasanzwe, kuko imiterere yacu n’ibibazo duhangana nabyo ntabwo bisanzwe.”

Minisiteri y’Ingabo iheruka kwemeza ko Gen Fred Ibingira na Lt Gen (Rtd) Charles Muhire bafunzwe bakurikiranyweho ibibazo by’imyitwarire, nyuma yo gufatwa mu bihe bitandukanye barenze ku mabwiriza yo kwirinda icyorezo cya COVID-19.

Mu biganiro byatanzwe, Umuyobozi w’urugaga rw’abikorera Robert Bapfakurera, yavuze ko nubwo bahuye n’ingaruka nyinshi kubera COVID-19, bifuza kubyaza umusaruro amahirwe bashobora kuzabona ashingiye ku nama y’abakuru b’ibihugu na guverinoma bahurira muri Commonwealth, CHOGM.

Ni inama izabera mu Rwanda muri Kamena 2021, mu gihe ibigo byinshi biri mu rugendo rwo gukomeza kuzahura ibikorwa.

Umuyobozi w’Urwego rw’Iterambere, RDB, Clare Akamanzi, yavuze ko iki cyorezo cyagize ingaruka nyinshi, ryageze no ku ishoramari rishya ryanditswe mu mwaka ushize.

Mu cyorezo cya COVID-19 kandi hari inzego zahungabanye kurusha izindi, zirimo inzego z’uburezi no kwakira abantu, mu gihe izungutse zirimo urwego rw’ikoranabuhanga, cyane cyane urwego rwo kwishyurana.

TAGGED:featuredKagameRPF
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abamaze Kwandura COVID-19 Mu Rwanda Barenze 25.000
Next Article Gutunganya ‘Imbuga City Walk’ Bigeze Kure
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?