Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Yarahiriye Gukomeza Gusigasira Ubumwe Bw’Abanyarwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Kagame Yarahiriye Gukomeza Gusigasira Ubumwe Bw’Abanyarwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 August 2024 5:29 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Paul Kagame uherutse gutorerwa gukomeza kuyobora u Rwanda yatanze indahiro ye ko azakomeza kurinda u Rwanda no gusigasira ubumwe bw’Abanyarwanda.

Ni bimwe mu bigize indahiro ye nka Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, indahiro akoreshwa na Perezida w’Urukiko rw’ikirenga, kuri iyi nshuro akaba ari Dr. Faustin Ntezilyayo.

Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda rivuga ko imwe mu nkingi rubakiyeho ari ubumwe bw’Abanyarwanda kandi Umukuru warwo akaba ari we ugomba kuburinda.

Indahiro ye yayikoreye imbere y’Abanyarwanda barenga 45,000 bari bahagarariye abandi baje kumva no kwakira indahiro ye.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Paul Kagame yatorewe ku manota 99.18% mu matora y’Umukuru w’igihugu aherutse.

Umuhango wo kurahira kwe wamaze iminota 20 nk’uko byari biteganyijwe.

Mu kiganiro Kagame yahaye itangazamakuru nyuma y’uko arangije kwiyamamariza mu Karere ka Kicukiro ahitwa Gahanga yavuze ko muri Manda ye azakomeza guteza imbere u Rwanda mu gutekana mu mutungo no mu bundi buryo.

Yavuze ko iterambere ari ryo rizaza imbere mubyo azakora muri Manda y’imyaka itanu ari burahirire kuri iki Cyumweru.

Indahiro ya Perezida wa Repubulika iba ikubiyemo ko azarinda Repubulika, agasigasira ubumwe bw’Abanyarwanda, akarinda ubusugire bw’u Rwanda no guharanira inyungu z’Abanyarwanda bose.

- Advertisement -

Afata ku ibandera ry’igihugu akazamura akaboko k’iburyo akarahira.

Nyuma ahabwa ibendera ry’igihugu, ikirango cyacyo, ingabo n’inkota.

Umukuru w’u Rwanda ntarahira afashe ku gitabo gitagatifu icyo ari cyo cyose kuko u Rwanda atari igihugu kigendera ku mahame y’idini runaka.

Iyo arangiza indahiro ye avuga ko naramuka atatiriye iyo ndahiro aba agomba kuzabibazwa n’amategeko.

Mu mwaka wa 2017 ubwo Kagame aheruka kurahirira kuyobora u Rwanda hari muri Nyakanga.

TAGGED:featuredIndahiroKagamePerezida
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Yageze Ku Amahoro Aho Agiye Kurahirira
Next Article Rwanda: Hatanzwe Ikiruhuko Rusange
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?