Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Yarahiriye Gukomeza Gusigasira Ubumwe Bw’Abanyarwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Kagame Yarahiriye Gukomeza Gusigasira Ubumwe Bw’Abanyarwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 August 2024 5:29 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Paul Kagame uherutse gutorerwa gukomeza kuyobora u Rwanda yatanze indahiro ye ko azakomeza kurinda u Rwanda no gusigasira ubumwe bw’Abanyarwanda.

Ni bimwe mu bigize indahiro ye nka Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, indahiro akoreshwa na Perezida w’Urukiko rw’ikirenga, kuri iyi nshuro akaba ari Dr. Faustin Ntezilyayo.

Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda rivuga ko imwe mu nkingi rubakiyeho ari ubumwe bw’Abanyarwanda kandi Umukuru warwo akaba ari we ugomba kuburinda.

Indahiro ye yayikoreye imbere y’Abanyarwanda barenga 45,000 bari bahagarariye abandi baje kumva no kwakira indahiro ye.

Paul Kagame yatorewe ku manota 99.18% mu matora y’Umukuru w’igihugu aherutse.

Umuhango wo kurahira kwe wamaze iminota 20 nk’uko byari biteganyijwe.

Mu kiganiro Kagame yahaye itangazamakuru nyuma y’uko arangije kwiyamamariza mu Karere ka Kicukiro ahitwa Gahanga yavuze ko muri Manda ye azakomeza guteza imbere u Rwanda mu gutekana mu mutungo no mu bundi buryo.

Yavuze ko iterambere ari ryo rizaza imbere mubyo azakora muri Manda y’imyaka itanu ari burahirire kuri iki Cyumweru.

Indahiro ya Perezida wa Repubulika iba ikubiyemo ko azarinda Repubulika, agasigasira ubumwe bw’Abanyarwanda, akarinda ubusugire bw’u Rwanda no guharanira inyungu z’Abanyarwanda bose.

Afata ku ibandera ry’igihugu akazamura akaboko k’iburyo akarahira.

Nyuma ahabwa ibendera ry’igihugu, ikirango cyacyo, ingabo n’inkota.

Umukuru w’u Rwanda ntarahira afashe ku gitabo gitagatifu icyo ari cyo cyose kuko u Rwanda atari igihugu kigendera ku mahame y’idini runaka.

Iyo arangiza indahiro ye avuga ko naramuka atatiriye iyo ndahiro aba agomba kuzabibazwa n’amategeko.

Mu mwaka wa 2017 ubwo Kagame aheruka kurahirira kuyobora u Rwanda hari muri Nyakanga.

TAGGED:featuredIndahiroKagamePerezida
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Yageze Ku Amahoro Aho Agiye Kurahirira
Next Article Rwanda: Hatanzwe Ikiruhuko Rusange
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

RIB Yafunze ‘Umunyamakuru’ Ukurikiranyweho Urugomo

AFC/M23 Ishinja Leta Ya Kinshasa Kutubahiriza Ibyo Guhana Imfungwa

Rulindo: Yari Amaze Igihe Acurururiza Urumogi Iwe

Gisagara: Haturikijwe Grenade Abaturage Bacikamo Igikuba 

Ubusuwisi: Abantu 40 Bahiriye Mu Kabari 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Bunyoni Ararembye

Ndayishimiye Ati: “ Twe Turaterwa Ntidutera!”

Kigali: Yadukiriye Imodoka Ziparitse Mu Mujyi Azimena Ibirahure Atarobanura

Rwanda: Undi Mupolisi Yishwe N’Umuntu Wamugonze

Icyongereza Gike, Imiyoborere Idahwitse…Bimwe Mu Byatumye Abayobora Amashuri Birukanwa

You Might Also Like

Mu Rwanda

Karongi: Bwa Mbere Mu Mateka Harasiwe Umwaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubumenyi N'Ubuhanga

Ingwe: Inyamaswa Ibayeho Icunganwa N’Intare

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Guinée: Bidasubirwaho Mamadi Doumbouya Yatsinze Amatora

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Asanga Hakwiye Kujyaho Itorero ‘Ryihariye’ Ry’Abagabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?