Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kamonyi: Abagabo Bahaye Umwana Inzoga Bose Irabica
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kamonyi: Abagabo Bahaye Umwana Inzoga Bose Irabica

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 December 2025 4:01 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abagabo batatu basangiye inzoga bayisomyaho umwana w’imyaka itatu wari kwa Nyirakuru bose baza gupfa baguye mu Mudugudu wa Gahungeri, Akagari ka Gishyeshye, Umurenge wa Rukoma, Akarere ka Kamonyi.

Uko ari bane bapfuye mu minsi ibiri kuko kuva Tariki 29, Ukuboza, 2025 saa sita za ku manywa ubwo uwitwa Kagaba Eric wari wenze iyo nzoga yapfaga.

Uwa kabiri bari basangiye inzoga na Kagaba nawe yapfuye saa kumi n’imwe z’umugoroba uwo munsi.

Uwa gatatu yapfuye bucyeye bw’aho mu gihe uwa kane ni ukuvuga umwana muto wari waje gusura Nyirakuru yapfuye azize ko abo bagabo bamusomeje ku nzoga.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rukoma, Mandera Innocent yemeje inkuru y’urupfu rw’aba bantu, abwira UMUSEKE ko Kagaba Eric wapfuye bwa mbere yari afite akabari ‘katazwi’ kenga inzoga zitujuje ubuziranenge,

Avuga ko yashakishwaga kugira ngo asobanure iby’izo nzoga.

Ati: “Amakuru y’urupfu rw’aba bantu twayamenye mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri tujyayo.”

Mandera avuga ko kugeza ubu nta myirondoro y’abapfuye bandi barabona usibye uwa Kagaba Eric.

N’ubwo havugwa ko iyo nzoga itari yujuje ubuziranenge, hari abaturage bavuze ko ‘bishokoka ko’ iyo nzoga yahumanyijwe n’abantu babikoze nkana.

Bavuga ko Kagaba Eric akimara gupfa, umuryango we wabanje kubiceceka wanga ko inzego zikurikirana ikibazo.

Hagati aho hari undi muntu bajyanye mu bitaro bya Remera Rukoma wasogongeye kuri iyo nzoga.

Amakuru yaje kumenyekana ni ay’amazina yabo bantu.

Ayo ni Hagenimana Terance yapfuye kuri uyu wa Kabiri, Ishimwe Cedrick w’Imyaka 22 y’amavuko na we wapfuye uwo munsi n’umwana w’imyaka itatu witwa Cyizere Aimé Bruno.

Hari gushakishwa abandi baba barasangiye iyo nzoga y’amayobera.

TAGGED:InzogaKamonyiUmwana
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Guinée: Doumbouya Yatsinze Amatora 
Next Article Abanyeshuri Barasubira Ku Ishuri Guhera Kuri Uyu Wa Gatandatu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hari Kwigwa Uko Amakipe Yajya Akinira Mu Amahoro Stadium ‘Ku Giciro Kimwe’

Putin Yasabwe Kujya Mu Nama Y’Amahoro Yashyizweho Na Trump

FERWAFA Yamaganye Abafana Ba APR FC 

Abasenateri Barashaka Kumenya Uko Ubworozi Bw’u Rwanda Bubungabunzwe

Gari Ya Moshi Zagonganye Hapfa Abantu 21

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

Kwamamaza Mushikiwabo, Uburundi, DRC… Uko Nduhungirehe Asobanura Ibyo Mu Karere

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Yajyanywe Kuri RIB Nyuma Yo Gushaka Kwiyahura Bikanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Abana Bato Bafite Ba Nyina Bacukura Amabuye Y’Agaciro Babaho Bate?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

ICPAR Yishimira Aho Igeze Iteza Imbere Umwuga W’Ibaruramari

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kagame Yaganiriye N’Uyobora Banki Nyafurika Y’Iterambere Bibanda Ku Mikoranire

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?