Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kamonyi: Abagabo Bitazwi Aho Bakomoka Baheze Mu Kirombe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

Kamonyi: Abagabo Bitazwi Aho Bakomoka Baheze Mu Kirombe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 April 2024 5:26 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Imashini ziri gukora uko zishoboye ngo zikure abantu mu myobo ariko byagoranye
SHARE

Abagabo batatu bacukuraga amabuye y’agaciro mu Mudugudu wa Murambi, Umurenge wa Rukoma, baheze mu Kirombe, hiyambazwa imashini zibavanamo.

Abagabo batatu baheze mu kirombe kuri uyu wa mbere ubwo bari bagiye kugishakamo amabuye y’agaciro.

Mu gitondo cyo kuri uyu Mbere taliki 22, Mata, 2014 nibwo iki kibazo cyamenyekanye.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rukoma Mandera Innocent avuga ko abagwiriwe n’ikirombe ari Bucyanayandi Evariste w’Imyaka 27 y’amavuko, Niyitegeka Etienne w’Imyaka 43, na Twizeyimana Emmanuel w’Imyaka 24 .

Ubuyobozi buvuga ko abo bose nta yindi myirondoro y’aho bakomoka bari babona.

Ati: “Twitabaje amaboko y’abaturage kugira ngo babavanemo birananirana, biyambaza imashini ya za Kampani ariko abazikoresha bakaba batarabageraho kugeza ubu.”

Mandera avuga ko inzego z’umurenge zose zahageze zikaba zitegereje ko imashini ibageraho bakavamo.

Mu mpera z’icyumweru gishize Inzego zitandukanye mu Ntara y’Amajyepfo, ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Mine, Gaz na Peteroli hamwe n’abakora Umwuga w’Ubucukuzi bateraniye mu Karere ka Kamonyi biga ku ngamba zafatwa kugira ngo bahashye abahebyi ndetse n’abakora uyu mwuga mu buryo bwemewe bawukore neza.

Gusa Gitifu Mandera avuga ko aba bagabo baheze mu Kirombe bacukuraga mu buryo bwemewe n’amategeko kuko bafite uruhushya.

Mu nama iherutse guhuza abayobozi bo mu Ntara y’Amajyepfo bemeje ko ibirombe byacukurwaga n’abahebyi byegurirwa abafite ibyangombwa.

Bagenzi bacu ba UMUSEKE baherutse kwindika ko hari imibare y’abahitanwa no kugwa mu birombe idatangazwa.

Ni amakuru bavuga ko bumvanye abaturage bahwihwisa ubwo Inama yiga ku byo kwegurira abikorera ibirombe byo muri iyi Ntara yateranaga.

TAGGED:AbagabofeaturedIbirombeKamonyi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article JIBU Yahinduye Ibiciro
Next Article Umugaba W’Ingabo Z’u Rwanda Yagiye Gutsura Umubano N’Iza Jordan
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?