Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kamonyi: Abagabo Bitazwi Aho Bakomoka Baheze Mu Kirombe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

Kamonyi: Abagabo Bitazwi Aho Bakomoka Baheze Mu Kirombe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 April 2024 5:26 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Imashini ziri gukora uko zishoboye ngo zikure abantu mu myobo ariko byagoranye
SHARE

Abagabo batatu bacukuraga amabuye y’agaciro mu Mudugudu wa Murambi, Umurenge wa Rukoma, baheze mu Kirombe, hiyambazwa imashini zibavanamo.

Abagabo batatu baheze mu kirombe kuri uyu wa mbere ubwo bari bagiye kugishakamo amabuye y’agaciro.

Mu gitondo cyo kuri uyu Mbere taliki 22, Mata, 2014 nibwo iki kibazo cyamenyekanye.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rukoma Mandera Innocent avuga ko abagwiriwe n’ikirombe ari Bucyanayandi Evariste w’Imyaka 27 y’amavuko, Niyitegeka Etienne w’Imyaka 43, na Twizeyimana Emmanuel w’Imyaka 24 .

Ubuyobozi buvuga ko abo bose nta yindi myirondoro y’aho bakomoka bari babona.

Ati: “Twitabaje amaboko y’abaturage kugira ngo babavanemo birananirana, biyambaza imashini ya za Kampani ariko abazikoresha bakaba batarabageraho kugeza ubu.”

Mandera avuga ko inzego z’umurenge zose zahageze zikaba zitegereje ko imashini ibageraho bakavamo.

Mu mpera z’icyumweru gishize Inzego zitandukanye mu Ntara y’Amajyepfo, ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Mine, Gaz na Peteroli hamwe n’abakora Umwuga w’Ubucukuzi bateraniye mu Karere ka Kamonyi biga ku ngamba zafatwa kugira ngo bahashye abahebyi ndetse n’abakora uyu mwuga mu buryo bwemewe bawukore neza.

Gusa Gitifu Mandera avuga ko aba bagabo baheze mu Kirombe bacukuraga mu buryo bwemewe n’amategeko kuko bafite uruhushya.

Mu nama iherutse guhuza abayobozi bo mu Ntara y’Amajyepfo bemeje ko ibirombe byacukurwaga n’abahebyi byegurirwa abafite ibyangombwa.

Bagenzi bacu ba UMUSEKE baherutse kwindika ko hari imibare y’abahitanwa no kugwa mu birombe idatangazwa.

Ni amakuru bavuga ko bumvanye abaturage bahwihwisa ubwo Inama yiga ku byo kwegurira abikorera ibirombe byo muri iyi Ntara yateranaga.

TAGGED:AbagabofeaturedIbirombeKamonyi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article JIBU Yahinduye Ibiciro
Next Article Umugaba W’Ingabo Z’u Rwanda Yagiye Gutsura Umubano N’Iza Jordan
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?