Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kamonyi: Abanyeshuri 13 Bakomerekeye Mu Mpanuka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

Kamonyi: Abanyeshuri 13 Bakomerekeye Mu Mpanuka

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 February 2025 3:21 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Imodoka itwara abanyeshuri yakoreye impanuka mu Karere ka Kamonyi mu Murenge wa Rugarika ikomerekeramo abana 13.

Abo banyeshuri biga mu kigo Elite Parents School.

Umuyobozi w’iri shuri witwa Oswald Tuyisenge avuga ko bariya bana bakomeretse ubwo buriraga imodoka ibajyana ku ishuri maze haza ikamyo ikabagonga.

Ati: “Ikamyo yasanze abana bari kwijira muri bisi irabagonga ku bw’amahirwe nta wacitse ukuguru, nta wacitse ukuboko, ku buryo hari n’abatangiye gusezererwa kwa muganga”.

Avuga ko byabaye mu gitondo ubwo abana berekezaga ku ishuri kandi ababyeyi babo babimenyeshejwe bikiba.

Abajyanywe kwa muganga bakomeje kwitabwaho n’abaganga n’ababyeyi babo kandi amakuru atangwa na Kigali Today avuga ko batangiye koroherwa.

Mu bana bahuye na kiriya kibazo, batatu nibo bamerewe nabi.

Abandi bajyanywe kuvurirwa ku bitaro bya CHUK i Kigali, abandi bajyanwa kuvurirwa ku bitaro bya Remera-Rukoma mu Karere ka Kamonyi.

Dr. Nahayo Sylvere uyobora Akarere ka Kamonyi, avuga ko bamenye ayo makuru bahita bakorana n’inzego z’umutekano zikuhutira gutabara.

Yasabye abakoresha umuhanda kujya bitwararika cyane cyane mu gihe mu muhanda hari umubyigano w’ibinyabiziga.

Umuhanda Kigali-Kamonyi-Muhanga uri mu mihanda ikoreshwa cyane, ikunze kubamo umubyigano.

Amakamyo nayo awucamo ku bwinshi ava cyangwa ajya kuzana umucanga, amabuye n’itaka byo kubakisha inzu zo muri Kigali cyangwa muri Kamonyi.

TAGGED:AbanaimodokaImpanukaKamonyi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hamas Yahaye Israel Umurambo Utari Uw’Umuturage Wayo
Next Article Abagaba B’Ingabo Muri EAC Baganiriye Ku Kibazo Cya DRC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Basaza Babo-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Ibanga Kepler Yakoresheje Ngo Ihagarare Neza Muri Basket Y’Abagore

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Kwitabira Gufata Irangamimerere Byitabirwe Na Buri Wese- MINALOC 

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Andi makuruMu Rwanda

Twiyumva Muri Siyanse Kurusha Mbere-Umunyeshuri Wa KIST

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?