Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kamonyi: Imibiri Irenga 900 Y’Abazize Jenoside Ntirashyingurwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kamonyi: Imibiri Irenga 900 Y’Abazize Jenoside Ntirashyingurwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 March 2023 3:04 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi, na IBUKA buvuga ko hari imibiri irenga 900 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu  mwaka wa 1994  itarashyingurwa.

Mu nama yabahuje bemeje ko iriya mibiri ishyingurwa mu nzibutso eshatu(3) iri muri kariya Karere.

Perezida wa IBUKA muri Kamonyi  witwa Benedata Zacharie avuga ko hari imibiri 882 ishyinguye mu mva rusange ziri mu Murenge wa Kayumbu, uwa  Kayenzi, uwa Nyamiyaga n’indi iri mu Murenge wa Musambira.

Benedata avuga ko bifuza ko ijyanwa mu nzibutso z’Akarere.

Avuga ko hari indi mibiri 30 yabonetse muri iyi minsi, harimo n’indi ishyinguye ku masambu y’abaturage.

Ati: “Twaganirije abafite ababo bashyinguye muri izo mva rusange, tubasaba ko batwemerera igashyingurwa mu nzibutso z’Akarere.”

Perezida wa IBUKA muri Kamonyi avuga ko hari bamwe batarabyakira ngo bemere ko iriya mibiri ishyingurwa ku rwibutso.

Kuri bo, ngo  kwimura iyo mibiri ni ugusibanganya amateka  ya Jenoside yahabereye mu gihe abandi bagifite ihungabana.

Ku rundi ruhande, hari bamwe bumvise akamaro ko gushyingura mu rwibutso n’ubwo hari abandi batarabyumva.

Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’inshingano mboneragihugu isaba ko ahantu hose bahereye Jenoside hagomba gushyirwa ibimenyetso bibigaragaza.

Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu Karere ka Kamonyi witwa Uwiringira Marie Josée avuga ko kwimurira iyo mibiri mu nzibutso bitagombye gutera impungenge abarokotse Jenoside.

Abayobozi mu Karere ka Kamonyi baganira n’aba IBUKA kuri iki kibazo.

Avuga ko inzibutso eshatu ziri mu Karere ka Kamonyi zujuje ibisabwa biteganywa n’amabwiriza ya MINUBUMWE.

Uwiringira ati: “ Ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi yahagarikwaga, hari bamwe mu baturage bahise bashyingura ababo mu  mva rusange, abandi bakabashyingura iwabo mu ngo.”

Avuga ko hari gukorwa ubukangurambaga kugira ngo imiryango igifite ababo bashyinguye mu mva, bemere ko iyo mibiri yimurwa.

Inzibutso ziba muri Kamonyi ni urw’ahitwa mu Kibuza,  urwo mu Murenge wa Gacurabwenge, urwibutso rwa Mugina n’urwibutso rwa Jenoside ruherereye i Bunyonga mu Murenge wa Karama.

TAGGED:featuredIBUKAInamaJenosideKamonyiUrwibutso
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuyaga Ugiye Kubyazwa Imbaraga Zitwara Ubwato Bwo Mu Nyanja
Next Article Musanze: Inzu 228 Zasenywe N’Imvura
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?