Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kamonyi: Impanuka Ikomeye Yishe Abantu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kamonyi: Impanuka Ikomeye Yishe Abantu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 March 2024 2:38 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Murenge wa Gacurabwenge mu Karere ka Kamonyi hafi y’urwibutso rw’Akarere habereye impanuka ikomeye yaguyemo abantu bataramenyekana umubare.

Umuvugizi w’ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano mu muhanda Superindentent of Police ( SP) Emmanuel Kayigi yabwiye Taarifa ko amakuru yabonye ku ikubitiro yavugaga ko umuntu umwe ari we wahise ahagwa.

SP Emmanuel Kayigi, Umuvugizi w’ishami rya Polisi rishinzwe umutekano mu muhanda

Icyakora avuga ko imibare ishobora kuzamuka kuko imodoka yakoze impanuka yari minibisi yamanukaga aho Gacurabwenge ibura feri igenda igonga iziyiri imbere, nayo irenga umuhanda igwa mu manga kandi yari irimo abantu barenga 10.

Avuga ko abantu bakomeretse bikomeye ari benshi, imbangukiragutabara n’abandi bafite ibinyabiziga bari gufasha kugeza inkomere kwa muganga.

SP Kayigi avuga ko bagikusanya amakuru kuri iyi mpanuka bikaza kumenyekana mu buryo burambuye mu masaha ari imbere.

Umwe mu baturage babonye biba yabwiye itangazamakuru ko tagisi minibisi yaturukaga ku Kamonyi igeze mu ikoni riri hafi aho ibura feri.

Ati: “ Shoferi na komvuwayeri babonye bibaye barayisimbuka, ariko shoferi aravunika”.

Iyo tagisi minibisi ngo yakubise utuvatiri tubiri yasanze hafi aho irenga ibisima bikikije umuhanda igwa hirya.

Kuri X hari ijwi ry’umuturage wumvikana avuga ko abantu 14 ari bo bapfiriyemo.

Uyu mubare ariko Polisi ntirawemeza, icyakora nayo yemeza ko hari abantu benshi hakomeretse bikomeye.

Iyi mpanuka yabereye hafi y’ahubatse urwibutso rwa Jenoside rw’Akarere ka Kamonyi
TAGGED:featuredImpanukaKamonyiKayigi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gasabo: Jali Haturikiye Grenade
Next Article Inteko Rusange Ya FPR-Inkotanyi Igiye Guterana
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Polisi Irashakisha Abantu Bahohoteye Umugore Bikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?