Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kamonyi: Umukecuru Wari Uherutse Kugurisha Ikimasa Yishwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kamonyi: Umukecuru Wari Uherutse Kugurisha Ikimasa Yishwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 October 2023 2:32 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

N’ubwo bitaremezwa ko ari cyo yazize, ariko umukecuru witwa Rosalia Mukarosi wari uherutse kugurisha ikimasa yishwe n’abantu bikekwa ko bari baje kumusahura amafaranga y’ikimasa yari amaze iminsi agurishije.

Yari atuye mu Mudugudu wa Rukoma, Akagari ka Remera, Umurenge wa Rukoma mu Karere ka Kamonyi.

Bagenzi bacu ba UMUSEKE bavuga ko amakuru bahawe n’Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rukoma witwa Mandela Innocent yababwiye ko uriya mukecuru yibanaga kandi ngo nta mwana yigeze abyara.

Iby’urupfu rw’uyu mukecuru w’imyaka 69 byamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane taliki 19, Ukwakira, 2023.

Gitifu Mandela avuga ko bakimara kumenya ayo makuru  bihutiye kujyayo, bahageze busanga abo bagizi ba nabi bamwishe bahita banduruka.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane ubuyobozi bw’ibanze bwakoranye inama n’abaturage bo mu Mudugudu uriya mukecuru yari atuye mo barabahumuriza.

Amakuru avuga ko muri uyu Murenge kandi hari abagizi ba nabi bitemye umu DASSO witwa François Ndayizeye bamukomeretsa ikiganza bashaka kumwambura Telefoni.

Mu byumweru 2 bishize Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Musabyimana Jean Claude ari kumwe  n’inzego z’umutekano basuye abatuye uyu murenge, bababwira ko bagiye guhangana n’abiyita Abahebyi bitwaza intwaro gakondo n’amabuye bagatera Inzego zishinzwe Umutekano amabuye.

Umuyobozi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo ACP Twizere yaburiye abo Bahebyi ko bazahura n’akaga niba bataretse iyo myitwarire y’ubwicamategeko.

TAGGED:featuredGitifuKamonyiUmukecuruUmurenge
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubushinwa Buhise Butera Taiwan Amerika Yafasha Nde Ikareka Nde?
Next Article U Rwanda Rugiye Kubaka Ikigo Nyafurika Kita Ku Mboga N’Imbuto
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

BRD Yahawe Umuyobozi Mushya

Musanze: Polisi Yabatunguye Bari Gukora Inzoga Zitemewe

Ibitabo Umuntu Yandika Ni Umutungo We Bwite Ashobora No Gutanga- Prof Nzeyimana Wigisha Filozofiya

Minisitiri W’Umutekano Asaba Abaturage Kuzirikana Ko Umutekano Ugira Ikiguzi

Hashyizweho Itsinda Rizakurikirana Uko Kuhira Imyaka Bizakorwa Muri Kayonza

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ababitse Ibitabo By’Amateka Y’u Rwanda Barasabwa Kubishyira Inkoranyabitabo Y’Igihugu

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Ntizemerewe Gucumbikirwa Mu Miryango 

Kagame Yibukije Abanyamuryango Ba FPR-Inkotanyi Ko Ruswa Ikiri Ikibazo

Ikawa Niyo Yinjirije u Rwanda Menshi Mu Bihingwa Rwagurishije Mu Mahanga

Rwanda:Abagore Bakina Shampiyona Y’Umupira W’Amaguru Banenga Imisifurire

You Might Also Like

Mu Rwanda

Guverineri W’Intara y’Amajyaruguru Asaba Abaturage Kwitabira Gutera Ibiti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

M23 Ivuga Ko Yakuye Abarwanyi Bayo Muri Uvira, Leta Ya Kinshasa Iti: ‘Murabeshya!’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abanyarwandakazi Bafite Ubumuga Bwo Kutabona Barataka Kubera Ihohoterwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Umukobwa Wo Mu Ruhango Bamusanze Mu Cyumba Cy’Umusore Yapfuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?