Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kanye Yategetswe Guha Kim Kardashian Indezo Ya $200,000 Buri Kwezi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Kanye Yategetswe Guha Kim Kardashian Indezo Ya $200,000 Buri Kwezi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 November 2022 9:09 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Urukiko rwanzuye ko umuraperi Kanye West azajya aha uwahoze ari umugore we bafitanye abana bane indezo ya $200,000 buri kwezi. Ni  Miliyoni Frw 200 buri kwezi!

Kim Kardashian yatanze ikirego cy’ubusabe bwo gutandukana n’uwahoze ari umugabo we mu mwaka wa 2021.

Bari bamaze imyaka umunani bashakanye ariko baza gushwana ndetse baka gatanya mu nkiko.

Kim yarababaye k’uburyo yasabye urukiko ko n’izina West yari yarongeye muye naryo rivanwaho.

Icyemezo gitegeka Kanye kujya yishyura ariya mafaranga kije kumusonga kubera ko n’ubundi muri iki gihe ubukungu bwe butifashe neza.

Byatewe n’amagambo yavugiye kuri Twitter arakaza abahoze ari abafatanyabikorwa be bahagarika imikoranire y’ubucuruzi.

Uw’ingenzi muri bo ni ikigo Adidas cy’Abadage cyahagaritse imikoranire yatumye Kanye West ahita ava ku rutonde rw’abatuye isi batunze Miliyari $.

Kuri Twitter, Kanye West yanditseho ko Abayahudi ari bo bigaruriye urwego rw’umuziki na Siporo muri Amerika n’ahandi bituma ubukungu bwinshi babwikubira.

Byarakaje benshi bituma bahagarika imikoranire yabo na Kanye.

Ku byerekeye umwanzuro w’uko Kanye azajya aha Kim indezo y’ariya $  200, urukiko rwanzuye ko hatarimo ay’ibibazo byihariye bireba abana babo bane kuko ngo ibi byo bashobora kuzajya babyanzura ‘nyuma yo kubyemeranyaho bombi.’

Ibyo bibazo birabana n’umutekano w’abana, amashuri n’ibindi.

Urukiko rwanzuye ko kuba Kim azajya ahabwa ariya mafaranga bishingiye ahanini ku ngingo y’uko ari we uzajya umarana igihe kinini n’abana, akabitaho.

Ibi byamamare byatandukanye bifitanye abana bane ari bo: North w’imyaka icyenda, Saint w’imyaka  itandatu, Chicago w’imyaka ine na  Psalm w’imyaka itatu.

Tubibutse ko mu mwaka wa 2020 Kanye West yiyamamarije kuba Perezida w’Amerika ariko ntibyamuhira kuko yatowe n’abantu 70,000 GUSA.

Arateganya kuzongera kwiyamamariza uriya mwanya mu mwaka wa 2024.

TAGGED:AbanafeaturedIndezoKanyeKardashianUrukikoWest
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Abadakoresha EBM Batangiye Gufungirwa Business
Next Article Ndabasaba Kuva Hano Mwahinduye Imitekerereze- IGP Munyuza Abwira Ba Ofisiye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Imyidagaduro

Nigeria: Umuhanzi Ifunanya Yishwe N’Inzoka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Grammy Awards: Kendrik Lamar Yahize Abandi Baraperi Mu Bihembo Byinshi Abitse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abantu Babiri Bananirwa Bate Kubana?-Kagame Abaza Abashakanye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?