Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kayonza: Hari Imibiri 500 Y’Abatutsi Bitazwi Aho Yajugunywe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kayonza: Hari Imibiri 500 Y’Abatutsi Bitazwi Aho Yajugunywe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 April 2023 10:26 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Meya w’Akarere ka Kayonza Jean Bosco Nyemazi yabwiye Taarifa ko hari imibiri y’Abatutsi bazize Jenoside iri hagati ya 250 na 500 biciwe ahitwa Midiho muri Mukarange bitazwi aho yajugunywe.

Avuga ko ababishe bahari, harimo n’uwari Pasiteri wa Eglise Protestante ufunzwe ariko utaravuga aho iyo mibiri yajugunywe.

Si we gusa kuko n’abandi bishi ndetse n’abasahuye nabo bafunzwe ariko bataratobora ngo bavuge aho bajugunye imibiri y’Abatutsi biciwe i Midiho.

Jean Bosco Nyemazi avuga ko mu Karere ayoboye n’aho hajya havugwa ingengabitekerezo ya Jenoside ndetse ngo mu Cyumweru cyo kwibuka hari ibikorwa bibiri byayo byayigaragaje.

Ku byerekeye ibyabereye i Midiho, Jean Bosco Nyamazi yagize ati: “ Kuva iyo myaka 29 ishize, nta muntu uravuga aho imibiri y’abo bantu yajugunywe ngo ishyingurwe mu cyubahiro.”

Avuga ko ibyo nabyo ari ibimenyetso by’ingengabitekerezo.

Abajijwe niba nta muntu mu bagize uruhare mu bwicanyi bwakorewe abo Batutsi b’i Midiho waba uhari ngo avuge aho imibiri ya bariya bantu yatawe, Meya Nyemazi yavuze ko hari bamwe bafunzwe ariko binangiye banga kuvuga aho bataye imibiri y’Abatutsi.

Meya Jean Bosco Nyemazi

Ati: “ Iyo dukurikirana dusanga hari bamwe mu bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi bafunzwe. Biciwe ahahoze Eglise Protestante kandi yaba ari uwayoboraga iryo torero arahari, yaba umwe mu bagize uruhare mu bwicanyi aho ngaho arafunzwe akurikiranywe n’ubutabera, hari n’abahasahuye nabo bakurikiranywe n’ubutabera ariko icyo tubona ni uko iyo umuntu atari yashobora kuvugisha ukuri ku kintu nka kiriya biba bigaragaza ingengabitekerezo”.

Nyemazi avuga ko kuvuga aho imibiri y’Abatutsi yajugunywe bifasha ba nyiri ababo bayizize kuyishyingura bakaruhuka kandi nawe akumva atuje mu mutima we.

Asaba abazi aho imibiri y’Abatutsi bazize Jenoside yajugunywe, kuhavuga kugira ngo ishyingurwe kandi basabe imbabazi abo bahemukiye bazihabwe bumve babohotse.

IBUKA isaba kenshi abafite amakuru y’aho imibiri y’Abatutsi bishwe muri Jenoside yajugunywe bahatangaza kugira ngo ishyingurwe mu cyubahiro.

Ni kimwe mu bintu abayirokotse bifuza kurusha ibindi.

TAGGED:AbatutsifeaturedIngengabitekerezoJenosideKayonzaMidiho
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Igice Cya Mbere Cy’Amafaranga Yo Gushyira Ikoranabuhanga Mu Nzibutso Cyatanzwe
Next Article Munsi Y’Ubutayu Bwa Sahara Hihariye 2/3 Cy’Abanduye SIDA Ku Isi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?