Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kayonza: Hari Imibiri 500 Y’Abatutsi Bitazwi Aho Yajugunywe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kayonza: Hari Imibiri 500 Y’Abatutsi Bitazwi Aho Yajugunywe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 April 2023 10:26 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Meya w’Akarere ka Kayonza Jean Bosco Nyemazi yabwiye Taarifa ko hari imibiri y’Abatutsi bazize Jenoside iri hagati ya 250 na 500 biciwe ahitwa Midiho muri Mukarange bitazwi aho yajugunywe.

Avuga ko ababishe bahari, harimo n’uwari Pasiteri wa Eglise Protestante ufunzwe ariko utaravuga aho iyo mibiri yajugunywe.

Si we gusa kuko n’abandi bishi ndetse n’abasahuye nabo bafunzwe ariko bataratobora ngo bavuge aho bajugunye imibiri y’Abatutsi biciwe i Midiho.

Jean Bosco Nyemazi avuga ko mu Karere ayoboye n’aho hajya havugwa ingengabitekerezo ya Jenoside ndetse ngo mu Cyumweru cyo kwibuka hari ibikorwa bibiri byayo byayigaragaje.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ku byerekeye ibyabereye i Midiho, Jean Bosco Nyamazi yagize ati: “ Kuva iyo myaka 29 ishize, nta muntu uravuga aho imibiri y’abo bantu yajugunywe ngo ishyingurwe mu cyubahiro.”

Avuga ko ibyo nabyo ari ibimenyetso by’ingengabitekerezo.

Abajijwe niba nta muntu mu bagize uruhare mu bwicanyi bwakorewe abo Batutsi b’i Midiho waba uhari ngo avuge aho imibiri ya bariya bantu yatawe, Meya Nyemazi yavuze ko hari bamwe bafunzwe ariko binangiye banga kuvuga aho bataye imibiri y’Abatutsi.

Meya Jean Bosco Nyemazi

Ati: “ Iyo dukurikirana dusanga hari bamwe mu bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi bafunzwe. Biciwe ahahoze Eglise Protestante kandi yaba ari uwayoboraga iryo torero arahari, yaba umwe mu bagize uruhare mu bwicanyi aho ngaho arafunzwe akurikiranywe n’ubutabera, hari n’abahasahuye nabo bakurikiranywe n’ubutabera ariko icyo tubona ni uko iyo umuntu atari yashobora kuvugisha ukuri ku kintu nka kiriya biba bigaragaza ingengabitekerezo”.

Nyemazi avuga ko kuvuga aho imibiri y’Abatutsi yajugunywe bifasha ba nyiri ababo bayizize kuyishyingura bakaruhuka kandi nawe akumva atuje mu mutima we.

- Advertisement -

Asaba abazi aho imibiri y’Abatutsi bazize Jenoside yajugunywe, kuhavuga kugira ngo ishyingurwe kandi basabe imbabazi abo bahemukiye bazihabwe bumve babohotse.

IBUKA isaba kenshi abafite amakuru y’aho imibiri y’Abatutsi bishwe muri Jenoside yajugunywe bahatangaza kugira ngo ishyingurwe mu cyubahiro.

Ni kimwe mu bintu abayirokotse bifuza kurusha ibindi.

TAGGED:AbatutsifeaturedIngengabitekerezoJenosideKayonzaMidiho
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Igice Cya Mbere Cy’Amafaranga Yo Gushyira Ikoranabuhanga Mu Nzibutso Cyatanzwe
Next Article Munsi Y’Ubutayu Bwa Sahara Hihariye 2/3 Cy’Abanduye SIDA Ku Isi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?