Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: KCB Group Yegukanye BPR, Iyihindurira Izina
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

KCB Group Yegukanye BPR, Iyihindurira Izina

admin
Last updated: 26 August 2021 12:08 pm
admin
Share
SHARE

KCB Group PLC yo muri Kenya yatangaje ko yegukanye Banki y’Abaturage y’u Rwanda (BPR), ikazahuzwa na KCB Bank Rwanda bikabyara banki imwe izitwa BPR Bank. Ubu ni yo banki ya kabiri nini mu Rwanda, inyuma ya Banki ya Kigali.

Ni intambwe yatewe nyuma y’uko KCB Group PLC yari imaze kwishyura imigabane 62.06 % yari ifitwe na Atlas Mara Mauritius Limited na 14.61% yari ifitwe na Arise B.V.

KCB Group yatangaje ko yamaze gushyiraho itsinda ry’abayobozi bakuru rizakurikirana ihuzwa ry’izi banki zombi, bikazaba byamaze kubyara ikigo kimwe mu Rwanda mu mezi make ari imbere.

Yakomeje iti “Ibi bibaye nyuma y’uburenganzira bwatanzwe n’inzego z’ubugenzuzi muri Kenya no Rwanda, bikagira KCB Group umunyamigabane munini muri BPR, banki ya kabiri nini mu Rwanda, guhera ku wa 25 Kanama 2021.”

KCB Group iheruka gutangaza ko yamaze kwandika isaba kugura imigabane 23.3% abanyamigabane bato bato bafite muri BPR, bigakorwa ku giciro kimwe nk’icyabariwe Atlas Mara kugira ngo ikunde yegukanye iriya banki 100%.

Ni igurisha ryose hamwe ryabarirwaga agaciro ka miliyoni $49.

Umuyobozi Mukuru wa KCB Group, Joshua Oigara, yavuze ko bigiye kubaha uburyo bwo gushyira mu bikorwa gahunda yo kwagurira ibikorwa hirya no hino mu karere.

Ati “Amateka ya BPR na KCB ahurijwe hamwe azafasha ikigo kugera ku rundi rwego, kirusheho kugira uruhare runini mu kwegereza abaturage serivisi z’imari no kubongerera  ubushobozi mu bijyanye n’imari mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba.”

Byitezweho kandi kuzamura serivisi zihabwa abakiliya mu Rwanda, banki ikabasha no kubona inyungu mu buryo bw’igihe kirekire.

KCB Group yatangaje ko “Uku guhuzwa kuzatuma abakiliya basanzwe ba KCB Rwanda babonera serivisi ku mashami menshi no ku bacuruzi ba serivisi za banki hirya ni hino mu gihugu, mu gihe aba BPR bazungukira ku buryo bw’ikoranabuhanga, guhererekanya amafaranga, ubunararibonye na serivisi mpuzamahanga bya KCB.”

Ni igikorwa cyabyaye banki imwe mu Rwanda ifite amashami 193, ibyuma 105 bitanga amafaranga (ATM), ku buryo izaba yegereye abaturage kurushaho.

Imibare ya vuba igaragaza ko BPR ariyo banki yari ifite amashami menshi mu gihugu (137), abacuruza serivisi zayo 350 n’ibyuma 51 bitanga amafaranga bizwi nka ATM.

KCB Group inakomeje gahunda yo kugura 100% bya African Banking Corporation Tanzania Limited (BancABC) muri ABC Holdings Limited (96.6%) na Tanzania Development Finance Company Limited (3.4%), bikazarushaho guhamya izina ryayo mu karere.

 

Uko Byagenze BPR Plc Ikisanga Mu Maboko Ya KCB Group

 

 

TAGGED:BPR BankBPR PlcfeaturedKCB Group
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuyobozi Wa Polisi Ya Lesotho Yanyuzwe n’Imyitozo y’Abapolisi B’u Rwanda
Next Article Abaganga b’Amatungo Bigenga Boroherejwe Guhangana n’Indwara Zihangayikishije Aborozi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?