Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: KCB Group Yegukanye BPR, Iyihindurira Izina
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

KCB Group Yegukanye BPR, Iyihindurira Izina

admin
Last updated: 26 August 2021 12:08 pm
admin
Share
SHARE

KCB Group PLC yo muri Kenya yatangaje ko yegukanye Banki y’Abaturage y’u Rwanda (BPR), ikazahuzwa na KCB Bank Rwanda bikabyara banki imwe izitwa BPR Bank. Ubu ni yo banki ya kabiri nini mu Rwanda, inyuma ya Banki ya Kigali.

Ni intambwe yatewe nyuma y’uko KCB Group PLC yari imaze kwishyura imigabane 62.06 % yari ifitwe na Atlas Mara Mauritius Limited na 14.61% yari ifitwe na Arise B.V.

KCB Group yatangaje ko yamaze gushyiraho itsinda ry’abayobozi bakuru rizakurikirana ihuzwa ry’izi banki zombi, bikazaba byamaze kubyara ikigo kimwe mu Rwanda mu mezi make ari imbere.

Yakomeje iti “Ibi bibaye nyuma y’uburenganzira bwatanzwe n’inzego z’ubugenzuzi muri Kenya no Rwanda, bikagira KCB Group umunyamigabane munini muri BPR, banki ya kabiri nini mu Rwanda, guhera ku wa 25 Kanama 2021.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

KCB Group iheruka gutangaza ko yamaze kwandika isaba kugura imigabane 23.3% abanyamigabane bato bato bafite muri BPR, bigakorwa ku giciro kimwe nk’icyabariwe Atlas Mara kugira ngo ikunde yegukanye iriya banki 100%.

Ni igurisha ryose hamwe ryabarirwaga agaciro ka miliyoni $49.

Umuyobozi Mukuru wa KCB Group, Joshua Oigara, yavuze ko bigiye kubaha uburyo bwo gushyira mu bikorwa gahunda yo kwagurira ibikorwa hirya no hino mu karere.

Ati “Amateka ya BPR na KCB ahurijwe hamwe azafasha ikigo kugera ku rundi rwego, kirusheho kugira uruhare runini mu kwegereza abaturage serivisi z’imari no kubongerera  ubushobozi mu bijyanye n’imari mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba.”

Byitezweho kandi kuzamura serivisi zihabwa abakiliya mu Rwanda, banki ikabasha no kubona inyungu mu buryo bw’igihe kirekire.

- Advertisement -

KCB Group yatangaje ko “Uku guhuzwa kuzatuma abakiliya basanzwe ba KCB Rwanda babonera serivisi ku mashami menshi no ku bacuruzi ba serivisi za banki hirya ni hino mu gihugu, mu gihe aba BPR bazungukira ku buryo bw’ikoranabuhanga, guhererekanya amafaranga, ubunararibonye na serivisi mpuzamahanga bya KCB.”

Ni igikorwa cyabyaye banki imwe mu Rwanda ifite amashami 193, ibyuma 105 bitanga amafaranga (ATM), ku buryo izaba yegereye abaturage kurushaho.

Imibare ya vuba igaragaza ko BPR ariyo banki yari ifite amashami menshi mu gihugu (137), abacuruza serivisi zayo 350 n’ibyuma 51 bitanga amafaranga bizwi nka ATM.

KCB Group inakomeje gahunda yo kugura 100% bya African Banking Corporation Tanzania Limited (BancABC) muri ABC Holdings Limited (96.6%) na Tanzania Development Finance Company Limited (3.4%), bikazarushaho guhamya izina ryayo mu karere.

 

Uko Byagenze BPR Plc Ikisanga Mu Maboko Ya KCB Group

 

 

TAGGED:BPR BankBPR PlcfeaturedKCB Group
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuyobozi Wa Polisi Ya Lesotho Yanyuzwe n’Imyitozo y’Abapolisi B’u Rwanda
Next Article Abaganga b’Amatungo Bigenga Boroherejwe Guhangana n’Indwara Zihangayikishije Aborozi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?