Abantu 12 biganjemo ba mukerarugendo bapfiriye mu mpanuka y’indege yabereye ahitwa Tshimba Golinin mu Ntara ya Kwali muri Kenya.
The Citizen yanditse ko iyi mpanuka yabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 28, Ukwakira, 2025 nyuma y’uko iyo ndege yitwa 5Y-CCA yari ihagurutse ku kibuga cya Diani ikananirwa gukomeza ikirere ikiyesura ku butaka.
Urwego Rushizwe Indege za Gisivili muri Kenya rwemeza ko iyi ndege yakoze impanuka saa kumi n’imwe n’iminota 30 za mu gitondo, Leta ikaba ikomeje iperereza ngo hamenyekanye icyateye impanuka.
Umunyamakuru wa Citizen TV avuga ko ubwo iyo ndege yaturaga hasi yahise iturika, iragurumana.
Inzego z’umutekano n’iz’ubutabazi zahise zitabara ngo harebwe icyateye iyi mpanuka, gusa zakumiriwe n’uko ikirere cyo muri Kenya kitameze neza muri iki gihe.
Ikinyamakuru Kenya Times cyanditse ko ingabo za Kenya zirwanira mu kirere ziri mu zahurujwe ngo zige kucyaba cyateye iyi mpanuka ikomeye.


