Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kenya Igiye Kubaka Umuhanda Mugari Uyihuza Na Tanzania
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Kenya Igiye Kubaka Umuhanda Mugari Uyihuza Na Tanzania

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 November 2022 3:16 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

William Ruto uyobora Kenya yatangije umushinga wo kubaka umuhanda mugari uzahuza igihugu cye na Tanzania. Bawise Mtwapa-Kwa Kadzengo-Kilifi (A7).

Uyu muhanda ni igice cy’umuhanda mugari ufite agaciro ka Miliyari Sh 7.5 ni ukuvuga Miliyoni $ 61.4 wiswe Malindi-Lunga Lunga/Horohoro-Tanga-Bagamoyo .

Perezida wa Kenya yavuze ko afite umugambi mugari wo kubaka ibikorwa remezo byinshi  mu rwego rwo guteza imbere igihugu cye kandi kikaba ihuriro ry’ubucuruzi bukomeye muri Afurika y’i Burasirazuba.

Ati: “ Uyu muhanda twizeye ko uzaba ikiraro gihuza Kenya na Tanzania kandi kizagira uruhare mu gutuma ubucuruzi muri aka karere bukomeza gutera imbere.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yabivugiye ahitwa  Mtwapa, ahatangirijwe imirimo yo kubaka igice cy’uriya muhanda gifite uburebure bwa Kilometero 40 .

Biteganyijwe ko uyu muhanda uzuzura mu mezi 36.

Uri kubakwa k’ubufatanye bwa Kenya, Tanzania ndetse  na Banki nyafurika y’iterambere, African Development Bank (AfDB), Ikigega nyafurika cy’iterambere ndetse n’ikigega cy’Umuryango b’Ubumwe bw’u Burayi gishinzwe iterambere mpuzamahanga,  EU-African Infrastructure Trust Fund Grant.

Uwari uhagarariye Banki nyafurika y’iterambere witwa Hussein Iman nawe yavuze ko uriya muhanda uzafasha mu kuzamura ubucuruzi hagati ya Tanzania na Kenya ndetse n’ibindi bihugu byo mu Karere ibihugu byombi biherereyemo kuko n’ubundi nibyo bisanzwe bifite ubukungu bunini.

Si ubucuruzi gusa ahubwo ngo bizanafasha ba mukerarugendo b’igihugu kimwe muri ibi gusura ikindi kuko bizihutisha urugendo.

- Advertisement -

The East African ivuga ko impande zombi( Kenya na Tanzania) byiyemeje ko uyu muhanda uzuzurira igihe  wateganyirijwe, nta kabuza.

Ku rundi ruhande , hari abavuga ko uriya muhanda niwuzura uzatambamira ubucuruzi hagati ya Nairobi na Kampala kuko Uganda yari isanzwe yohereza ibintu byinshi muri Kenya.

Bisa n’aho Kenya ishaka gukorana na Tanzania mu bucuruzi cyane, ikaba yigijeyo Uganda.

Ibibazo by’ubucuruzi hagati ya Kampala na Nairobi nabyo si ibya vuba aha…

Nta myaka ibiri, itatu…ijya ishira nta kibazo cy’ubucuruzi hagati ya Kenya na Uganda kivutse! Akenshi Kenya ishinja Uganda gushaka kuzuza ku isoko ryayo ibicuruzwa bitujuje ubuziranenge cyangwa bihombya abacuruzi b’i Nairobi.

Mu mezi make ashize hari umusoro ku magi ava i Kampala ubutegetsi bw’i Nairobi bwashyizeho nawo uteza rwaserera.

Icyo gihe i Kampala barakajwe n’uko amagi aturuka yo agera muri Kenya agasoreshwa umusoro wiyongereyeho amashiringi ya Kenya 72(Ksh72, $0.6) ku gakarito kamwe k’amagi.

Aka gakarito ni ko bita aga tureyi( a tray).

Abacuruzi bo muri Uganda bavugaga ko ibyo ubutegetsi bw’i Nairobi bwakoze bihabanye n’amasezerano y’ubucuruzi ibihugu byombi biherutse gusinyana mu Ukuboza, 2021.

Godfrey Oundo Ogwabe uyobora Ikigo cya Uganda kita ku bucuruzi bwambukiranya imipaka, Uganda National Cross-Border Trade, icyo gihe yabwiye Daily Monitor ati: “ Kuba Kenya yaranzuye gushyira umusoro w’ikirenga ku magi ya Uganda bihabanye n’amasezerano agenga urujya n’uruza rw’abantu n’ibintu mu Karere k’Afurika y’i Burasirazuba ibihugu byacu byombi bibereye ibinyamuryango.”

Umuyobozi mu kigo cya Kenya ushinzwe ibikomoka ku matungo mu kigo kitwa Kenya’s Livestock  witwa Harry Kimtai asanga iby’uriya musoro ari ibintu bisanzwe ku bicuruzwa bitumizwa hanze, ibyo ari byo byose.

Kimtai ati: “ Sinzi neza uko icyo kibazo cy’amagi giteye, ariko numva ko uwo ari umusoro usanzwe Ikigo cya Kenya gishinzwe imisoro n’amahoro gishyira ku bicuruzwa bitumizwa hanze.”

Ikibazo cy’amagi hagati ya Kampala na Nairobi kije mu gihe hari hasanzwe ikindi kibazo cy’uko Kenya yahagaritse amata n’ibiyakomokaho byose bituruka muri Uganda.

Ni icyemezo cyafashwe mu mwaka wa 2019.

Mu Ugushyingo, 2021 Inteko ishinga amategeko ya Uganda yasabye Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi gukora urutonde rw’ibicuruzwa Uganda yagombaga gukumira ko byinjira ku isoko ryayo biturutse muri Kenya.

Ibicuruzwa bikomoka ku buhinzi biva muri Kenya bijya muri Uganda ni ubuto bufite agaciro ka Miliyari Ksh 7,2( mu mwaka wa 2020), amasaka afite  Miliyari  Ksh 1.4, imboga zinjije Miliyoni Ksh 311 n’ibirungo byinjije Miliyoni  Ksh 200.

Kenya yafashe imyanzuro yahombeje Uganda kuko mu mwaka wa 2020 yanze ko amakamyo menshi y’ibisheke byari biturutse muri Uganda yinjira muri Kenya.

Byatumye abacuruzi babyo bahomba miliyoni nyinshi z’amashilingi ya Uganda kubera ko biriya bisheke byaboreye mu makamyo.

TAGGED:featuredKenyaRutoTanzania
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Turashaka Ko Kaminuza Y’u Rwanda Iba Kaminuza Yigisha Abazakorera Leta Beza-PM Dr.Ngirente
Next Article Buri Kwezi Mu Rwanda Hazajya Haba Isiganwa Ry’Amagare- FERWACY
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?